Rusizi: Abikorera barasabwa kongera ubwinshi n’ubwiza bw’ibyo bakora

Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasaba abikorera guhuza imbaraga kugira ngo ibyo bakora bibe byinshi kandi biri ku rwego rushimishije. Mu kiganiro na Bwiza.com,ubwo muri aka karere hasozwaga imurikagurisha ryari rihuje abikorera bagakoreramo n’abaturutse mu bice bitandukanye by’igihugu no hanze yacyo,umuyobozi wako Kayumba  Ephrem yavuze ko bigaragara ko ibikorerwa mu karere ayobora bitaragera ku rwego bifuza,haba […]

Abanyeshuri 60,000 bahawe inguzanyo na leta kuva mu 1980 banze kwishyura – BRD

Abanyeshuri basaga 60,000 banze kwishyura inguzanyo bahawe kugirango babashe kwiga kaminuza kuva mu 1980 bituma leta isigara mu gihirahiro, aho mu rwego rwo kugaruza izo nguzanyo guverinoma yitabaje Banki y’Igihugu y’Iterambere BRD mu 2015, ngo ifashe kugaruza amafaranga yatanzwe no mu gukomeza guha inguzanyo abanyeshuri babikwiriye. Kugeza ubu, biravugwa ko miliyari 17,1 z’amafaranga y’u Rwanda […]

Indonesia: Abaturage bihimuye igitero cy’ingona bica izikabakaba 300

Abaturage bo muri Indonesia bitwaje ibyuma, inyundo, n’imitarimba bishe ingona 292 mu rwego rwo guhora urupfu rw’umugabo wishwe n’ingona ubwo yajyaga mu ifamu yazo. Amafoto yashyizwe ahagaragara n’Ibiro Ntaramakuru Antara, yagaragaje ingona nyinshi zishwe mu karere ka Sorong mu burasirazuba bwa Indonesia mu Ntara ya West Papua. Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga umutungo kamere muri […]

U Burusiya: Sitade 2 mu zakiniweho igikombe cy’Isi zaridutse

Abantu benshi bakomeje kwibaza uko byari kugenda iyo ibiri kuba nyuma y’irushanwa ry’igikombe cy’isi mu Burusiya biramuka bibaye rikiri kuba, nyuma y’aho sitade 2 mu zakiniweho ririya rushanwa zamaze kwangirika bidasubirwaho. Izi sitade zangiritse kubera imvura idasanzwe yaguye nyuma y’umukino zirimo n’iyo u Bwongereza bwatsindiyeho ikipe ya Tuniziya mu byumweru bitambutse. Daily maily dukesha iyi […]

Malawi: Umurundi w’imyaka 28 yishwe atwitswe n’agatsiko k’abantu bariye karungu

Umurundi w’imyaka 28 wabaga mu gihugu cya Malawi mu mpera z’icyumweru gishize yishwe n’abaturage bariye karungu bamushinja gucuruza ibice by’abantu. Ibi byabereye kuwa Gatanu ushize mu gihugu cya Malawi mu gace kitwa Kambilondjo aho bivugwa ko uyu Murundi yishwe atwitswe n’agatsiko k’abantu bari barakaye bamushinja gucuruza ibice by’abantu. Ikinyamakuru Nyassa Times cyo muri iki gihugu, […]

Bwa mbere mu mateka perezida w’u Bushinwa agiye gusura u Rwanda

Ku nshuro ya mbere mu mateka perezida w’u Bushinwa agiye gusura u Rwanda nk’uko byemejwe na ambasaderi w’u Bushinwa, Rao Hongwei, wemeje ko perezida Xi Jinping azaba ari mu Rwanda kuva ku itariki 22 kugeza ku itariki 23 Nyakanga. Nk’uko ambasaderi Hongwei yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, ngo uruzinduko rwa perezida Xi […]

Umutwe wa NLF w’ishyaka rikuriwe na Rusesabagina wigambye ibitero biherutse muri Nyaruguru

Umutwe mushya w’inyeshyamba urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wigambye ibitero bimaze iminsi byibasiye Intara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyaruguru, mu Murenge wa Nyabimata. Uyu mutwe ukaba uvuga ko ugamije gukuraho ubutegetsi buriho mu Rwanda ukoresheje imbaraga. Uyu mutwe wiyita mu magambo y’Icyongereza;National Liberation Forces (NLF) uyoborwa na Gen Habimana Hamada, urashinja ubutegetsi buriho mu Rwanda amacakubiri, […]

Nyamasheke: Abaturage baranenga abiga muri EAV Ntendezi batabafasha kwivana mu bukene

Abatuye mu karere ka Nyamasheke cyane cyane mu mirenge yako ihana imbibi n’ishuri ry’ubuhinzi n’ubuvuzi bw’amatungo( EAV Ntendezi) bavuga ko iri shuri rihamaze imyaka 25 abaryigamo batarabasha kubegera uko bikwiye ngo babigishe kongera  umusaruro mu buryo bifuza ngo babe babasha kwivana mu bukene. Abarituriye baganiriye na Bwiza.com, bavuga ko bishimira ko hari abana babo baryigamo […]

Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yapfiriye mu kabari

Ofisiye mu gipolisi cya Uganda, Siraj Tibata wari umuyobozi wa sitasiyo ya polisi ya Molo muri Tororo, yikubise hasi ahita apfa nyuma yo kurasa umuturage aho barwaniraga mu kabari. Siraj Tibata yapfuye ku wa Mbere tariki ya 16 Nyakanga 2018, ahagana saa yine z’ijoro, ubwo mu kabari ‘Aqua’s drinking Joint’ haberaga imirwano nawe akarimo, akarasa […]

Muhanga: Gitifu w’akagari arashinjwa gukubita umugore wa mudugudu no gucana urutindo

Polisi mu karere ka Muhanga yataye muri yombi Uwamahoro Photide wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Kinini, umurenge wa Shyogwe. Arashinjwa kwangiza ibikorwaremezo n’urugomo. Uwamahoro Photide ashinjwa kuba ku wa 14 Nyakanga 2018, yarakuye ibiti ku iteme ajya kubicana, inkuru ibaye kimomo mu baturage ngo ashaka ibindi mu ishyamba rya Leta abisubizaho. Uwamahoro Photide anakurikiranweho icyaha […]

Impaka zagarukaga kuri Messi na Cristiano zatandukanyije burundu umugabo n’umugore

Umugore n’umugabo bari bamaranye imyaka igera kuri 14 babana mu buryo bwemewe n’amategeko, batandukanye bapfa kutavuga rumwe hagati y’abakinnyi babiri, Christiano Ronaldo ndetse na Lionnel Messi. Uyu mugabo Arsen w’imyaka 40 ndetse n’umugore we Ludmyla w’imyaka 37 bombi bakaba ari abo mu gihugu cy’u Burusiya, ntibabashije kuryoherwa n’intsinzi y’ikipe yo mu Bufaransa mu gikombe cy’isi […]

Paris: Michelle Obama yagaragaye abyina mu gitaramo cya Beyonce

Umugore wa Perezida Obama, Michelle Obama yatunguranye ubwo yagaragaraga abyina mu gitaramo cya Beyonce na Jay’z cyabereye mu mujyi wa Paris mu Bufaransa ku wa Gatandatu tariki ya 14 Nyakanga 2018, mu gihe umugabo we ari  ku ivuko muri Kenya. Michelle Obama yari yambaye ikabutura igera hejuru y’amavi, isengeri n’agashati k’umweru kadafunze amapesu. Ibitangazamakuru bitandukanye […]

RDC: Perezida Kabila yahinduye umugaba mukuru w’ingabo (FARDC)

Perezida Joseph Kabila wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagize Lt GĂ©n. CĂ©lestin Mbala Munsense, umugaba mukuru w’ingabo z’iki gihugu (FARDC) akaba asimbuye kuri uyu mwanya, GĂ©n.Didier Etumba Longela. Ku wa Gatandatu tariki ya 14 Nyakanga 2018, nibwo umugaba w’ikirenga w’ingabo za RDC, Perezida Kabila nk’uko itegeko ribimwemerera yakuye kuri uyu mwanya GĂ©n.Didier Etumba Longela […]

Nakoraga umuziki nta mafaranga mfite, Ubu ngiye kuwukora nyafite munyitege— Bruce Melodie

Bruce Melody izina ry’ubuhanzi, ubusanzwe witwa Itahiwacu Bruce amazina yiswe n’abyeyi, ni umuririmbyi w’umunyempano idasanzwe , afite ubuhanga bwihariye mu kuririmba ndetse no kwandika indirimbo cyane ko afite impamyabumenyi mu ishami ry’indimi n’ubuvanganzo. Kuri ubu ni umwe mu hanzi batsindiye igihembo gihatse ibindi hano mu Rwanda cya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya […]

Perezida Trump agiye guhura na Vladimir Putin afite impungenge

Kuri uyu wa mbere tariki ya 16 Nyakanga 2018,  Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika araza kugirana inama na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, inama ije isoza urugendo Trump yagiriye ku mugabane w’u Burayi. Bwana Trump yavuze ko afite “icyizere gicye” ku kiza kuva muri iyi nama ibera mu murwa mukuru wa […]

Nigeria: Abasirikare ba leta 23 baburiwe irengero nyuma yo kugwa mu mutego wa Boko Haram

Abasirikare 23 ba Nigeria baburiwe irengero nyuma yo kugwa mu mutego w’intagondwa za Boko Haram mu majyaguru y’uburasirazuba bw’igihugu nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu n’abegereye imitwe yitwara gisirikare ikorana na guverinoma. “ Kugeza ubu nta makuru dufite y’abantu 23. Muri bo harimo ba ofisiye batanu na ba soldats 18 ”, uyu ni umwe mu […]

RDC: Jean-Pierre Bemba yamaze guhabwa uruhushya rw’inzira izamusubiza mu gihugu cye

Umunyapolitiki Jean-Pierre Bemba utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, akaba aherutse kurekurwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, kuri uyu wa gatanu ushize yahawe passport y’abadipolomate izamufasha gusubira mu gihugu cye aho ateganya kuzahatana mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza 2018. Ni nyuma y’uko yari amaze imyaka 10 afunzwe na ICC ikaza kumurekura kuwa […]

Ruhango: Nyuma yo gusenyerwa n’imvura, umurenge wamusezeranyije kumwubakira amaso ahera mu kirere.

Umukecuru witwa Sebagirirwa FelicitĂ© utuye mu murenge wa Ruhango, akarere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo aratakambira inzego z’ubuyobozi ngo zimukure mu busembere nyuma y’uko inzu ye iguye akemererwa inkunga y’umurenge yo kumwubakira amaso akaba yaraheze mu kirere. Mu gihe cy’imvura yahitanye abatari bacye ikangiza byinshi hirya no hino mu gihugu mu minsi yashize, uyu Sebagirirwa […]

Gakenke: Abatishoboye badafite ubwiherero bagiye gufashwa kubwubaka

Abaturage batishoboye bagera ku 1000 mu Karere ka Gakenke ku ikubitiro nibo bagiye gufashwa kubaka ubwiherero bwujuje ibyangombwa muri gahunda yo kubungabunga isuku n’isukura hagamijwe kwirinda indwara ziterwa n’umwanda ndetse no kubungabunga ubuzima bw’umwana. Ni kimwe mu bikorwa by’ubukanguramba bigeye gutangizwa na SFH Rwanda (Society for Family health) iterwa inkunga na Unicef bizamara amezi 2 […]

Perezida Buhari yasobanuye impamvu igihugu cye kitarashyira umukono ku masezerano y’isoko rusange

Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 14 Nyakanga 2018, yasobanuye impamvu igihugu cye kitarashyira umukono ku masezerano y’isoko rimwe rusange rya Afurika (African Continental Free Trade Agreement) ryitezweho kuzazamura ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bukagera ku rugero rwa 52,3% bivuye ku rugero rwa 19% buriho kuri ubu. Inkuru dukesha urubuga rwo […]

Prezida Magufuli yategetse ko abanyururu bakoreshwa ijoro n'amanywa, abatabishoboye bagakubitwa

Prezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli yavuze ko abanyururu  bagomba gukoreshwa imirimo ifitiye igihugu akamaro ijoro n’amanywa hanyuma abatabishoboye  bagakubitwa ibiboko. Ibi ni bimwe mu byo prezida Magufuli yabivuze mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye umuhango wo kwimika umuyobozi mushya ushinzwe imfungwa n’abagororwa muri kiriya gihugu, aho yanamusabye yanavuze ko ari biteye isoni ku gihugu […]

Uganda: Bebe Cool yiswe umuntu utagira ubwenge

Umuhanzi Bebe Cool yandagajwe na mugenzi we, Alexander Bagonza wamamaye ku izina rya A Pass, aho yamwise umuntu ufite igihagararo ariko mu mutwe ari zero. Bebe Cool yandagajwe muri ubu buryo nyuma y’impaka abahanzi batandukanye bari bakomeje kugirana, bamwe banenga ishyirwaho ry’itegeko ryo gusoresha abakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda, bamwe banenga iki gikorwa mu gihe […]

Muhanga: Ak’abakozi bo mu karere bavugwaho kwiharira amasoko kagiye gushoboka

Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Uwamaliya Beatrice avuga ko akarere kagiye guhagurukira abayobozi n’abandi bakozi bo muri aka karere bavugwaho kwiharira amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi ni bimwe mu byo uyu muyobozi aherutse gutangariza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yanavuze ko Atari ubwa mbere kiriya kibazo kivuzwe mu bakozi batandukanye ba kariya karere ariko akaba […]

Nyagatare: Umugore yafatanywe abana b’abakobwa yari agiye gucuruza muri Uganda

Kuri uyu wa Gatanu ushize mu Murenge wa Matimba, mu Karere ka Nyagatare hafatiwe umugore wageragezaga kujya gucuruza abana b’abakobwa batatu muri Uganda. Uyu mugore witwa Dukundane Evelyne ngo yageragezaga kwambukana abakobwa bari hagati y’imyaka 15 na 16 banyuze mu nzira zitemewe mu Kagali ka Kagitumba nk’uko bitangazwa na CIP Theobald Kanamugire, umuvugizi wa polisi […]

Perezida wa Eritrea agendereye Ethiopia nyuma y’imyaka 20 badacana uwaka

Ku nshuro ya Mbere kuva mu 1998, Perezida wa Eritrea, Isaias Afwerki yagiriye uruzinduko muri Ethiopia, ni uruzinduko rugamije kuzura umubano w’ibi bihugu byombi wari umaze imyaka isaga 20 warazambye. Nk’uko VOA ibitangaza, bitegekanijwe ko muri urwo ruzinduko ruzamara imisi itatu, Isaias Afwerki azafungura  ambassade ya Eritrea muri Etiyopiya, yari imaze imyaka 20 ifunze. Mu […]

U Rwanda n’u Burundi bikwiye gufatira urugero kuri Ethiopia na Eritrea

Umuryango uharanira kurwanya ruswa n’ikoreshwa nabi ry’umutungo w’igihugu (OLUCOME/ Burundi) uvuga ko u Rwanda n’u Burundi bikwiye kwigira kuri Ethiopia na Eritrea , nabyo bikiyunga. Uyu muryango watangaje ibi ku wa 11 Nyakanga 2018, nyuma yaho ibihugu Ethiopia na Eritrea bisinyiye amasezerano y’amahoro nyuma y’imyaka 25 byari bimaze birebana ay’ingwe. Ukaba usaba na Leta y’u […]

Barack Obama agiye gukorera uruzinduko muri Afurika bwa mbere kuva avuye ku butegetsi

Barack Obama, wahoze ari perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Gatanu, abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook yatangaje ko ateganya kugirira uruzinduko muri Afurika, bwa mbere, kuva yava ku butegetsi ubu hashize umwaka urenga. Mu ruzinduko rwe muri Afurika, biteganyijwe ko azafata ijambo mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 100 ya […]

Abakinnyi ba USM Alger bagomba gukina na Rayon Sports bageze i Kigali- Amafoto

Mu gitondo cyo kuri uyu wagatandatu Tariki 14 Nyakanga 2018 nibwo ikipe igomba guhura na Rayon Sports  mu marushanwa ya Caf confederation cup USM Alger yasesekaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe. Ni mu mukino uteganyijwe kuri uyu wagatatu aho izi kipe zombi zigomba gukina dore ko imikino ikiri mu matsinda nyuma yuyu mukino […]

Radiyo Nshya ‘African Radio’ yatangiye kumvikana mu Rwanda

Kuva ku wa kane tariki ya 5 Nyakanga 2018, nibwo radiyo nshya ‘African Radio’ yatangiye kumvikana kuri internet, ikaba igiye gufasha Abanyarwanda gusobanukirwa byimbitse ku buzima bwa politiki mu Rwanda. Umuyobozi w’iyi radiyo, Kayiranga Merchiore, akaba asanzwe ari n’umuyobozi w’ikinyamakuru Bwiza.com, avuga ko ibiganiro by’iyi Radiyo byatangiye ku wa Mbere tariki ya 9 Nyakanga 2018, […]

Uganda: Abasirikare ba Sudani y’Epfo binjiye muri Uganda baranarasana

Abasirikare babiri ba Sudani y’Epfo bajyanywe mu bitaro bya Kitgum mu Karere ka Kitgum mu gihugu cya Uganda nyuma yo kurasana baninjiye mu kindi gihugu binyuranyije n’amategeko bagiye gushaka icyo kunywa. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa Gatatu ushize byabereye mu giturage cya Otwila, mu karere ka Lamwo. Inzego z’umutekano ziravuga ko aba basirikare babiri […]

Uburasirazuba: Ibyiciro by’ubudehe bikomeje guteza impaka hagati y’abayobozi n’abaturage

Kwitana ba mwana hagati y’abayobozi mu nzego z’ibanze ndetse n’abaturage ku makosa akorwa mu ishyirwa mu byiciro by’ubudehe birakomeje. Bamwe mu baturage bo mu Ntara y ’Uburasirazuba bavuga ko aya makosa atuma badahabwa serivisi z’ubuvuzi uko bikwiye cyangwa rimwe na rimwe ntibazihabwe kubera ibi byiciro aribyo byifashishwa mu gutanga mutuel. Inzego z’ubuyobozi zo zivuga ko […]

RDC: Ishyaka MLC ryagennye Jean-Pierre Bemba nk’umukandida waryo mu matora ya perezida

Umunyapolitiki, Jean-Pierre Bemba yamaze gutoronywa n’ishyaka rye, MLC, ngo azarihagararire mu matora y’umukuru w’igihugu ategerejwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’uyu mwaka nk’uko byemejwe kuri uyu wa Gatanu, itariki 13 Nyakanga I Kinshasa, ubwo hasozwaga kongere y’iri shyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi. Abarwanashyaka b’iri shyaka bakaba banafashe icyemezo cyo gusubiza Bemba ku buyobozi […]

Perezida Donald Trump yabonanye n’Umwamikazi Elisabeth II amukorera udushya

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa Gatanu yabonanye n’Umwamikazi w’u Bwongereza, Elisabeth II mu ngoro ye izwi nka Windsor Castle, aho bivugwa ko yaba yakoreye amahano. Mbere y’uko yakirwa n’Umwamikazi Elisabeth, perezida Trump yari yabanje kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Intebe, Theresa May. Ku ngoro y’Umwamikazi w’u Bwongereza perezida Donald […]

Reba amafoto 60 y’umuhango Perezida Kagame yambikiyemo amapeti abofisiye bato 180

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Nyakanga 2018, nibwo umugaba w’ikirenga, Perezida Kagame Paul yayoboye umuhango wo guha amapeti abofisiye bato 180 bo mu Ngabo z’u Rwanda bari basoje amasomo yabo i Gako, mu Karere Ka Bugesera. Perezida Kagame yabashimiye umuhate bagaragaje bakaba basoje amasomo yabo ndetse anabasaba kuzasoza neza inshingano zibategereje. Yashimiye kandi […]

Rwamagana: Abaturage bamaze amezi 8 batabona amazi

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rwamagana mu ntara y’Uburasirazuba baravuga ko bamaze amezi umunani badafite amazi, bakaba basaba leta ko yakora uko ishoboye ikayabaha kuko amazi y’ibishanga bavoma ashobora kubatera indwara. Aba baturage biganjemo abo mu murenge wa Munyiginya mu bavuga ko bamaze igihe batakira ubuyobozi kubasanira amavomo y’amazi kuko ngo ayo bari […]

Muri uku kwezi harikangwa ibitero bikomeye ku gihugu cya Uganda

Minisitiri w’umutekano wa Uganda, Gen. Elly Tumwiine arahamagarira abaturage ituze ahakana ibitero bigamije gukuraho ubutegetsi ngo byaba byitezwe muri uku kwezi kwa Nyakanga nk’uko byakomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga. Minisitiri Tumwiine akaba yasubizaga ikibazo cyari kizamuwe n’umudepite uhagarariye Gulu mu nteko ishinga amategeko, Lyandro Komaketch ubwo yavugaga ku mutekano w’igihugu mu nteko kuri uyu wa […]

Perezida Trump ngo agiye kurangiza ibibazo by’ubwicanyi n’urugomo biri ku mugabane w’Afurika

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yasezeranyije ko agiye gufasha mu kurangiza amakimbirane yo ku mugabane w’Afurika arangwa n’ubugome ndetse n’ubugizi bwa nabi. Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu nama ya OTAN yaberaga I Bruxelles mu gihugu cy’u Bubiligi, aho yavuze ko ibibazo bikirangwa ku mugabane w’Afurika agiye kubirangiza akoresheje ingabo ze. […]

 Johnson & Johnson yaciwe amande ya miliyari 4,7$ kubera poudres zarwo zivugwaho gutera cancer

Uruganda Johnson & Johnson rwategetswe kwishyura impozamarira y’akayabo ka miliyari 4,7 z’Amadolari abagore bagera kuri 22 bavuga ko batewe cancer, ifata agasabo k’intanga z’abagore (Ovarian cancer) na poudres zikorwa n’uru ruganda. Uruganda rwa Johnson & Johnson ntirwishimiye imikirize y’urubanza rutangaza ko ruteganya kujurira. Ni urubanza rwari rumaze ibyumweru bitandatu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]

Muhanga: Abakora irondo ntibabasha guhangana n’abajura bitwaje imihoro

Abakora irondo ry’umwuga mu murenge wa Shyogwe, akarere ka Muhanga  barasaba inzego z’umutekano  kubafasha no kubaba  hafi mu kazi kabo bakora , cyane cyane bagasaba ubufasha bw’ibikoresho byifashishwa muri ako kazi kuko ibisambo baba bahanganye nabyo biba byitwaje imihoro  mu gihe bo  baba  bafite inkoni gusa nk’igikoresho cy’akazi. Ibi babigaragarije izi nzego mu nama y’umutekano […]

Rwamagana: Abaturage bashinja abajyanama b’ubuzima kubima imiti bakayigurisha muri Farumasi

Abaturage bo mu kagari ka Mwurire, umurenge wa Mwurire mu karere ka Rwamagana, barashinja abajyanama b’ubuzima kubima imiti ahubwo ngo bakayigurisha mu bacuruza imiti no muri za Farumasi. Aba baturage bavuga ko bajya kwivuza mu bajyanama b’ubuzima bakababwira ko nta miti ihari gusa ngo bakaba bafite amakuru yemeza ko abajyanama b’ubuzima babima iyo miti nyuma […]

Akanama k’Umutekano ka Loni mu nzira zo gufatira Sudani y’Epfo ibindi bihano

Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, kuri uyu wa Gatanu karemeza umwanzuro ufatira ibihano bibuza kugura intwaro igihugu cya Sudani y’Epfo ndetse n’ibihano ku bategetsi babiri bakuru mu gisirikare nyuma y’aho inzira za dipolomasi zari zimaze iminsi zigeragezwa zo guhagarika amakimbirane yo muri iki gihugu zinaniranye. Kuri uyu wa Kane ushize, intumwa za Leta Zunze Ubumwe […]

Umugabo ufite abakobwa 12 yatwitse inzu ye ahima abagore be batabyara abahungu

Inzego z’umutekano zo mu gace ka Nyamira muri Kenya ziri guhiga bukware umugabo witwa Joshua Misati uri mu bwihisho nyuma yo gutwika inzu yabagamo umuryango we awuhima ko nta muhungu abagore be babyara. Uyu mugabo uherutse kunguka umwana wa 12 na we waje ari umukobwa akaba ari na we wabaye intandaro yo gutuma uyu mugabo […]

RSF ntikozwa kuba u Rwanda rwayobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa

Umuryango “Reporters sans FrontiĂšres”, RSF, uharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru watangaje ko ufite impungenge ku bushake bw’u Rwanda bwo kuyobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, Organisation Internationale de la Francophonie, OIF. Mu itangazo RSF yashyize ahagaragara, iravuga ko “u Rwanda ari kimwe mu bihugu bikomeye mu rwego rwo guhutaza ibinyamakuru n’abanyamakuru.” Ku rutonde rw’ibihugu byubahiriza ubwisanzure bw’itangazamakuru rw’uyu […]

Abantu 1,800 bahoze bakorera leta bamaze gushyirwa ku rutonde rw’umukara

Abantu bagera ku 1,800 bakoraga mu nzego za leta bashyizwe ku rutonde rw’umukara mu myaka 15 ishize rubakumira kuzongera gukora akazi ka leta nk’uko byemezwa na minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo (MIFOTRA). Abantu bagiye bashyirwa kuri uru rutonde rw’umukara (Blacklist) bagiye birukanwa mu kazi ka leta kubera impamvu zitandukanye zirimo ubujura, imyitwarire itari iya kinyamwuga, […]

Kenya: Abadepite 20 bakoresheje asaga $500,000 yo mu misoro bajya kureba umupira mu Burusiya

Abaturage bo muri Kenya bari mu bikorwa bisa n’imyigaragambyo ku mbuga za interineti nyuma yo kubona bamwe mu badepite bo muri kiriya gihugu bari kohereza amafoto ku mbuga nkoranyambaga bari kureba umupira mu irushanwa ry’igikombe cy’isi riri kubera mu gihugu cy’u Burusiya. Abadepite bagera kuri 20 ngo bakoresheje igice cya Miliyoni y’Amadolari mu myiteguro n’amatike […]

Inzego z’umutekano mu Rwanda zibana n’abaturage, dufatanya nabo muri byose- Min.Gen Kabarebe

Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe waganirije abapolisi ku ruhare rw’inzego z’umutekano mu iterambere ry’abaturage, yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zibana n’abaturage zikanafatanya nabo muri byose. Ibi yabitangaje mu kiganiro ngarukamwaka ku mahoro, umutekano n’ubutabera, bigenewe abapolisi bakuru 28 baturuka mu bihugu 8 bya Afurika, ibiganiro byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. […]

Uganda: Abadepite bagiye guhabwa imodoka z’imitamenwa banarindwe na bamudahusha(snipers)

Perezida wa Uganda, Joweli Kaguta Museveni yizeje Abadepite uburinzi budasanzwe, aho bagiye guhabwa imodoka zitamenwa n’amasasu hamwe n’abasirikare ba mudahusha (snipers) bo ku barinda. Perezida Museveni yitaye ku mutekano w’Abadepite, nyuma y’iyicwa rya hato na hato ryari rimaze iminsi ribakorerwa n’abandi bayobozi batandukanye bo muri iki gihugu. Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo mu […]

Ishyaka PL rirajwe ishinga no kuzagira abarihagararira mu Nteko bagera ku icumi

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri muntu (PL) ubwo ryagezaga kandidatire 80 z’abazarihagararira mu matora y’Abadepite kuri Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Amatora (NEC), ryanaboneyeho gutangaza ko rishishikajwe no kuzagira abarihagarariye bagera ku icumi mu Nteko Nshingamategeko. Kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Nyakanga 2018, nibwo Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka PL, Dr. Nyiramirimo Odette n’abari bamuherekeje babiri […]

Icyo CNLG ivuga ku kibazo cy’imibiri yabonetse i Kabuga y’Abatutsi bishwe muri jenoside

Mu itangazo Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya jenoside CNLG yageneye abanyamakuru, itangaza ko mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo muri Centre y’ubucuruzi ya Kabuga ahitwa mu Gahoromani hakomeje kuboneka imibiri myinshi y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Amakuru yatanzwe muri Gacaca n’atangwa n’abaturage ngo akagaragaza ko muri 1994 muri Centre ya Kabuga hiciwe Abatutsi benshi baturukaga […]

Dore ibice bibiri by’ingenzi umugabo agomba kwibandaho kugira ngo umugore we arangize mu gihe cy’imibonano

Iyo tuvuze imibonano mpuzabitsina mbere na mbere ni iyakozwe hagati y’abashakanye, bityo ikaba ikorwa ku buryo bwateguwe, igakoranwa ubuhanga n’ubushishozi kugira ngo abayikora basoze bageze ku munezero. Nk’uko bitangazwa n’urubuga topsante.fr, igitsina cy’umugore kigizwe n’ibice byinshi cyane bituma umubiri we wuzuza inshingano zawo zaba izijyanye no kwibaruka cyangwa se gusohora imyanda mu mubiri, by’umwihariko hakaba […]

Urukiko rwibanze rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abari abakozi ba Minisante 7 baherutse kwirukanwa

Kuri uyu wa 11 Nyakanga 2018, Urukiko rw’ibanze rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha ku ifunga n’ifungura abantu 7 bari abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima mu nzego zitandukanye,  bakaba baregwa ibyaha bitandukaye, aho ku munsi wa mbere baragaragaje imbogamizi ku iburanishwa ryabo bigatuma urubanza rusubikwa. Nk’uko byagaragajwe n’ubushinjacyaha muri uru rubanza, aba bantu 7 barimo Zimurinda Jean Claude, […]

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babwiwe ko bazakurwa amajigo

Muri kaminuza y’u Burundi iherereye ku Mutanga hatoraguwe impapuro zidasinyeho, ziriho amagambo atera ubwoba abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi. Abanyeshuri bo muri iyi kaminuza baganiriye n’ikinyamakuru Ubm News bagitangarije ko bakeka Imbonerakure za CNDD FDD, kuba arizo zanditse izo mpapuro z’iterabwoba. Amwe mu magambo agaragara kuri izi nyandiko, atera ubwoba abatavuga rumwe na leta, […]

Diamond Platnmuz yahaye abagore be umukoro

Umuhanzi ukomeye ukomoka muri Tanzania wamamaye nka Diamond Platnumz yasabye abagore be kwirinda  kubiba urwango mu bana be dore ko badahwema kugaragaza ko batishimirana. Ibi yabitangaje nyuma y’igihe kitari gito nyina wa Diamond  Sanura Kassim  akaba na nyirakuru wabana ba Diaomnd  yemeye kwakira umwana umuhungu we Diamond yabyaranye na Hamisa Mobetto nyuma yo kugaragaza ko […]

Ese koko mu Bwongereza niho iwabo wa ruhago?

Ubwo ikipe y’u Bwongereza yari imaze gusezerera iya swede, imbaga y’abafana b’iyi kipe hirya no hino ku isi, batangiye kwikoza mu kirere, biteguye kwakira iya Croatia, aho byari byitezwe ko nta kabuza bagomba gutahana  igikombe, bagira bati ‘Ruhago igarutse mu rugo’ ‘football is coming home’  bashaka kumvikanisha ko aribo bami b’umupira w’amaguru. Gusa ariko ijoro […]

Inteko Ishinga Amategeko iri gusuzuma itegeko rigenga amadini rikumira abatarize ku buyobozi

Komisiyo ya politiki mu Nteko ishinga Amategeko y’u Rwanda irimo gusuzuma itegeko rigenga imiryango ishingiye ku myemerere bivugwa ko rigamije kurushaho guca akajagari kagaragara mu matorero, aho iri tegeko rikumira abayobozi b’amatorero badafite impamyabumenyi ya kaminuza. Mu ngingo nsha zagarutsweho cyane harimo igaragaza ibisabwa kugirango umuntu ahagararire imbere y’amategeko, harimo ko agomba kuba afite impamyabumenyi […]

Icapiro rya Fountain Publishers ryo muri Uganda rishobora gufunga amasoko yaryo mu Rwanda

Imwe mu nzu zikora zikanacuruza ibitabo zamenyekanye cyane mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba, Fountain Publishers irateganya gufunga amasoko yari ifite mu Rwanda. Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga ko iri capiro ryari rifite isoko rinini muri Minisiteri y’uburezi mu Rwanda, muri iyi minsi rikaba ryarumvise ko yi Minisiteri yitangiriye iyayo nzu ikora ibitabo bityo ibyabo bikaba byahita […]