Nyagatare: Abari munsi y’imyaka 25 nibo bishora cyane mu biyobyabwenge

Ubushinjacyaha bwo mu karere ka Nyagatare buravuga ko abagera kuri 236 biganjemo urubyiruko rw’abasore bari munsi y’imyaka 25, bamaze gukatirwa n’inkiko kubera ibyaha bijyanye n’icuruzwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge muri aka karere. Ibi byatangajwe ubwo bari mugikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa Kanyanga, warage n’Urumogi byose bifite agaciro gasaga miliyoni 5 z’amafranga y’u Rwanda. Bamwe […]

Facebook yari irikoze, umugabo yakubise umugore we amugira inoge bayipfa

Benjamin Chanyau ni umugabo wo mu gace ka Gweru mu gihugu cya Zimbabwe, yahamwe n’icyaha ndetse aranagihanirwa nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita umugore we akenda kumuhitana amuziza kwanga kumwigisha uko bafungura Facebook ndetse n’uburyo ikoreshwamo. Sithandekile Ncube, umushinjacyaha mukuru mu gace ka Gweru yahamije icyaha Benjamin cy’ihohotera rikorerwa mu ngo, yamusabiye igihano cyo gufungwa […]

Umuhanzi Bobi Wine ngo arashaka kujya kuririmbira Abadepite mu ngoro

Umuhanzi wo mu gihugu cya uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi wamenyekanye cyane ku mazina y’ubuhanzi ya Bobi Wine, yatangaje ko mu minsi ya vuba ashobora gutaramira mu ngoro y’Inteko ishinga Amategeko ya Uganda. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi yabitangarije Televiziyo ya NTV yo muri kiriya gihugu, ariko akaba yirinze gutangaza ishyaka rizaba ryamutumiye nubwo bizwi ko akorana bya […]

Indaya zize indi mitwe yo kunyarira abagabo zibabeshya ko ari amavangingo

Aho abagabo bicaye baganira, usanga baterura ikiganiro baganira ku bagore cyangwa abakobwa cyane cyane ku ngingo yo mu buriri, ugasanga umwe arihanikiriye ati uriya mukobwa/mugore afite amazi. Aha aba ashatse kuvuga ko anyara mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. Iyi ngingo yo kunyara mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina usanga abagabo benshi yarababayeho nka virus, ku buryo umugabo ufite […]

Kuva muri Mata 2015, Abarundi 1193 barishwe

Iyi ni imibare yashyizwe hanze n’ishyirahamwe riharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Burundi (Ligue ITEKA), rivuga ko kuva muri Mata 2015 kugeza 23 Mata 2017, Abarundi 1193 bishwe, abagera kuri 424 baburirwa irengero mu gihe abagera kuri 272 bahohotewe. Abarundi batavuga rumwe n’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi, ndetse n’imiryango itabogamiye kuri Leta, ku wa 26 Mata […]

Sudani y’Epfo: Banki y’isi yatanze imfashanyo y’asaga Miliyoni 50 z’Amadolari

Nyuma y’uko ikibazo cy’amapfa cyari kimaze gufata indi ntera mu gihugu cyazahajwe cyane n’imvururu cya Sudani y’Epfo, Banki y’isi yaje kugoboka abaturage bashegeshwe n’inzara muri kiriya gihugu itanga inkunga y’asaga Miliyoni 50 z’Amadolari y’Amerika. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Minsitiri w’ububanyi n’amahanga muri Sudani y’Epfo yatangaje ko Aka kayabo kahawe imiryango isanzwe ifasha abatishoboye muri kiriya gihugu ngo […]

Abahanuzi babwira abarwanyi ba FDLR ko bari hafi gutaha bagafata u Rwanda

Imyaka imaze kuba 23 inyeshyamba za FDLR ziba mu mashyamba ya Congo ndetse n’izindi mpunzi z’Abanyarwanda, umwe muri bo wabashije gutaha mu Rwanda yatangaje ko hari abahanuzi baza mu mashyamba bakababeshya ko bari hafi gutaha, bagategereza bagaheba. Aganira n’ikinyamakuru Rwanda Eye, Lt. David Habyarimana, Umunyarwanda ukomoka mu karere ka Nyabihu mu Burengerazuba bw’u Rwanda wari […]

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 26/04/2017

None kuwa Gatatu, tariki ya 26 Mata 2017, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 5 Mata 2017 imaze kuyikorera ubugororangingo. Inama y’Abaminisitiri yemeje: – Inyandiko ya Gahunda y’Ingengo y’Imari y’igihe giciriritse (Budget Framework Paper) 2017/2018-2019/2020; – Politiki y’Ishoramari; – […]

Ivanka Trump asanga Amerika yakiriye impunzi za Syria byaba intandaro y’ibiganiro

Umukobwa wa Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Ivanka Trump unaherutse guhabwa umwanya ukomeye mu biro bya se Donald Trump, avuga ko Amerika iramutse yemeye gufata impunzi z’abanyaSyiria ziganjemo abana bato, byaba intandaro y’ibiganiro hagati y’ibihugu byombi bityo hakaba haboneka agahenge. Mu kiganiro yagiranye na NBC News kuri uyu wa 26 Mata 2017, yagize ati […]

Ibyo Abajenosideri bakoze nta nyamaswa yatinyuka kubikora-Hon Mukabalisa

Perezida w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite, Donatile Mukabarisa asanga ibyo abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bakoze nta n’inyamaswa yatinyuka kubikora kuko birenze ubwenge. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi yabitangarije mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 23 Abatutsi bazize Jenoside, wabereye mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi, ahashyinguye abasaga ibihumbi 4 by’inzirakarengane. Muri […]

RDC: Abasaga 20 bamaze kugwa mu mirwano hagati y’amoko

Umuryango w’Abibumbye uratangaza ko abantu basaga 20 baguye mu mirwano yabereye mu ntara ya Kasai muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Nk’uko bitangazwa na jeunafrique, iyi mirwano ngo yatangiye guhera mu Kuboza umwaka ushize, aho ababarirwa mu bihumbi bamaze guta ingo za bo kubera ikibazo cy’umutekano mucye. Iyi mirwano yatangiye u itariki ya 19 Mata […]

Abasirikare 15 b’u Burundi birukanwe muri Somalia bazira kunywa inzoga

Amakuru agera mu gihugu cy’u Burundi, ni uko hari abasirikare 15 b’u Burundi bari kumwe na bagenzi babo mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia, birukanwe nyuma yo gufatwa basinze. Byari biteganyijwe ko aba basirikare bashyika mu gihugu cy’u Burundi, kuri uyu wa kabiri tariki ya 25 Mata, bakaza guhanirwa mu gihugu cyari cyarabohereje mu […]

Min Kaboneka yasabye abanyamakuru kutagirwa ibikoresho n’ababashukisha intica ntikize

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yasabye abanyamakuru bashoje itorero kurangwa n’umuco wo gukunda no kubaka igihugu kibabereye aho kugendera ku bitekerezo by’ababashukisha za ruswa n’utundi tuntu tw’intica ntikize mu kazi ka bo ka buri munsi bakora. Ibi yabitangarije mu muhango wo gusoza itorero ry’abanyamakuru ”Impamyabigwi” ku nshuro ya 2, aho yagarutse cyane ku bantu usanga […]

Amerika ikomeje kugaragaza ubwoba ifitiye Korea ya Ruguru yitegura urugamba

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Mata 2017, Amerika yatangiye gushinga inkingi izaterekaho ibisasu byayo bya kirimbuzi (missile) muri Korea y’Epfo, mu gihe ikomeje gushyamirana n’iya Ruguru. Amerika ikomeje kugaragaza ukwikanga mu gihe ifite impagarara z’ibikorwa bya Korea ya Ruguru ikomeje kugerageza ibitwaro byayo by’ubwoko butandukanye birimo za missile ndetse n’ibindi bya nuclĂ©aire. Nk’uko […]

Kuba u Rwanda rutera imbere hari abaruhekenyera amenyo, bayobozi mube maso- Hon. Tito Rutaremara

Senateri Tito Rutaremara arasaba abakozi bakora muri sirivisi zitangwa na Minisitiri w’Intebe gukaza umurego mu kurinda ibyagezweho nyuma yo guhagarika jenoside yakorewe Abatutsi, anaboneraho kubibutsa ko nubwo u Rwanda rutera imbere hari abo bishengura, bityo ko ari ngombwa kuba maso. Ibi yabitangaje mu ijoro ryo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi ryo ku […]

U Bushinwa: Leta yabujije abaturage kwita abana amazina ya kisilamu

Leta y’u Bushinwa yamaganiye kuri amazina ashingiye ku dini ya Isilamu muri kiriya gihugu aho yanavuze ko nta baturage bayo ishaka mu minsi iri imbere bazaba bitwa bene ayo mazina, bityo hakaba nta muturage wemerewe kwita umwana rimwe cyangwa 2 mu mazina y’icyitegererezo leta yatangaje. Ni muri urwo rwego leta ya kiriya gihugu yatangaje lisiti […]

Kigali: Umugore yagiye gusambana afashwe akubitwa nk’iz’akabwana

Ahazwi nko mu Kiyovu cy’abakene, haravugwa umugore wagiye gusambana n’umugabo wamubeshye ko ari ingaragu, nyuma umugore akabimenya. Yaramukubise amuneraho amadarubindi impaka zivuka ubwo. Ni mu mudugudu wa Rugenge, akagari ka Rugenge mu murenge wa Muhima, ahitwa mu Kiyovu cy’abakene. Ibi byabaye mu ma saa yine y’ijoro, ubwo umugabo w’umugande yateretaga umugore watandukanye n’umugabo w’isezerano, amubeshya […]

Abarwanyi 43 ba M23 bakatiwe n’urukiko rwa Uganda

Urukiko rukuru rwa Kabare muri Uganda rwakatiye kuri uyu wa kabiri tariki ya 25 Mata 2017, igifungo cy’umwaka umwe n’ibiri kuri bamwe mu bari abarwanyi nwa M23. Aba barwanyi bakaba bakurikiranyweho kwinjira ku butaka bwa Uganda naho abahawe igihano cyo gufungwa imyaka 2 bakaba bazize ko binjiranye intwaro muri kiriya gihugu. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Umushinjacyaha mukuru […]

Ibiribwa PAM yari ishyiriye Abarundi byanzwe bigarurwa mu Rwanda

Amakamyo ya Porogaramu ya Loni ishinzwe ibiribwa (PAM: Programme Alimentaire Mondiale) yari apakiye imfashanyo ishyiriwe impunzi i Burundi, yasubijwe inyuma agaruka mu Rwanda nyuma yaho Leta y’u Burundi iyangiye. Aya makamyo yari amaze iminsi aparitse ku mupaka Gasenyi-Nemba mu ntara ya Kirundi, ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundo. Aya makamyo yari apakiye ibiribwa PAM yaguze […]

Nyamasheke: Imibiri 58 y’Abatutsi bazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro

Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke, byaranzwe no gushyingura imibiri 58 y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu cyahoze ari komini Rwamatamu mu rwibutso rwa Jenoside rwa Rwamatamu, ihasanze indi 47.124 yose hamwe ikaba 47.182. Aha hakaba hafite umwihariko wa Jenoside yahakorewe, kuko kugeza kuri iyi nshuro ya […]

Huye: Hafashwe inzoga za magendu z'ubwoko butandukanye

Inzoga zo mu bwoko butandukanye za magendu zafatiwe mu karere ka Huye ku italiki ya 24 Mata, zikaba zari zinjijwe mu gihugu zivanywe i Burundi mu buryo butemewe n’amategeko. Izo nzoga zirimo Amstel , zafatiwe mu kabari kitwa Upendi Bar kari mu murenge wa Ngoma, mu mukwabu wakozwe na Polisi ikorera mu karere ka Huye […]

Amafoto: Mbere ho umunsi umwe Impamyabigwi ikiciro cya 2 biteguye gutumwa

Itorero ry’Abanyamakuru (Impamyabigwi) ikiciro cya kabiri rigeze aho risozwa kuko ubu rigeze ku umunsi ubanziriza uheruka ngo ritumiwe. Abanyamakuru basaga 160 nibo bagiye mu itorero Impamyabigwi ikiciro cya 2 baturutse mu ibinyamakuru bitandukanye bikorera mu Rwanda, aho biteganyijwe ko iri torero rizasoza kuwa 26 Mata 2017. Kuri ubu bwiza ikaba ishaka kubasangiza kumafoto n’ibikorwa baba […]

Uruhinja rw’amezi atatu ryitabye urukiko rucyekwaho iterabwoba

Nyuma y’uko umwongereza, Paul Kenyon, yibeshye yuzuza ifishi yo gusaba visa y’umwuzukuru we yo kujya muri Leta zunze ubumwe za Amerika, uruhinja rw’amezi atatu y’amavuko witwa Harvey Kenyon-Caims, rwatumijwe kuri amabasade ya Amerika mu Bwongereza ku kirego cy’ iterabwoba. Uru ruhinja rwagombaga kujya muri Amerika muri Leta ya Floride, ariko ruza guhamagazwa na Ambasade ya […]

Zambia ibangamiwe cyane n’umubano mubi uri hagati y'u Rwanda n’u Burundi

Nyuma y’uko leta y’u Rwanda n’iy’u Burundi bihagaritse ibikorwa by’ubuhahirane ndetse bikanagira ingaruka ku baturage ku mpande zombi cyane cyane ku baturiye imipaka, leta ya Zambia na yo ngo yaba ishaka ko haboneka umuti w’iki kibazo kuko byayigizeho ingaruka. Guhera mu mwaka wa 2015, umubano hagati y’u Rwanda n’u Burundi wakomeje kuba agatereranzamba, kugeza ubwo […]

Man U na Man City zirahatanira kwegukana umukinnyi Alexis Sanchez

Umutozi w’ikipe ya Manchester City, Pep Guardiola yemeje ko ashaka gusinyana amasezerano n’umukinnyi wo mu ikipe ya Arsenal, Alexis Sanchez ku kayabo k’Amayero agera kuri Miliyoni 50 z’Amayero ariko na we akajya ku rutonde rw’abakinnyi ba Man City. Ni mu gihe kandi umutoza w’ikipe na Man U na none, nayo ivuga ko uyu mukinnyi imushaka […]

Meteo-Rwanda iremeza ko nta mvura izagwa nk’iyumwaka ushize yahitanye ubuzima bw’abantu

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), kirahumuriza abaturage ko nta mvura izagwa muri aya mezi ya Mata na Gicurasi 2017 nk’iyaguye umwaka ushize 2016, yasize igaritse ingogo. Iki kigo gitangaza ko ubu kirimo gukora ubukangurambaga gisobanurira abaturage kutikanga imvura muri uku kwezi kwa Mata na Gicurasi, bakaba bafite gahunda yo gukoresha amabara atandukanye kugirango […]

Natangiye gukora uburaya mfite imya 14 none kubireka byananiye, ndagisha inama

Ubwo nari ngize imyaka 14 y’amavuko, nibwo navuye mu ishuri kuko mama umbyara atabashaga kumbonera ibikoresho ndetse n’amafaranga y’ishuri. Icyo gihe, nagumanye na we na murumuna wanjye kuko data yari amaze kuduta yishakiye undi mugore. Nakomeje kujya mbabazwa no kubona mama arira yabuze icyo atugaburira byongeye buri gitondo nyir’inzu akaza kudukomangira ngo ukwezi kwashize nitwishyure […]

Abarundi baribuka urupfu rubabaje rwa Gen Athanase Kararuza n’umuryango we

Mu gitondo cyo ku wa 25 Mata 2016, nibwo Brig.Gen Athanase Kararuza, yishwe hamwe n’umugore we n’umwana w’umukobwa, Danielle Mpundu wari ufite imyaka 9 ndetse n’umusirikare wamurindaga, ni urupfu rwakoze benshi ku mutima n’ubu Abarundi bakibuka. Brig.Gen. Athanase Kararuza yiciwe mu gace yari atuyemo ka Gihosha, mu Majyaruguru y’umurwa mukuru Bujumbura; aguye mu gico (embuscade) […]

Ahantu hagiye habera ubwicanyi bukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku itariki ya 24 Mata 1994

Kuva ku itariki ya 24-25/04/1994 Abatutsi bari bahungiye kuri Komini Ruhashya, bishwe n’Interahamwe zaturukaga muri Gikongoro zifatanije nizo muri Komini Maraba na Rusatira, ababashije guhunga biciwe muri ISAR SONGA kuya 28/04/1994. Ubwicanyi ndengakamere bwibasiye abatutsi barenga 30,000 bari bahungiye ku musozi wa Kabuye hafi ya komini Ndora muri perefegitura ya Butare. Kuva tariki ya 24-25/04/1994, […]

RDC: Lambert Mende aramagana amashusho agaragaza iyicwa cy'abashakashatsi ba ONU

Repubulika iharanira Demokarasi ya kongo iratangaza ko amashusho yatangajwe n’umuryango w’Abibumbye agaragaza iyicwa ry’abazungu 2 biciwe muri kiriya gihugu ubwo bari mu kazi ari ibinyoma ndetse ko ntaho bihuriye n’ukuri. Ni nyuma y’uko, ONU igaragaje amashusho y’abantu barindwi bitwaje imihoro, inkoni n’umwe ufite imbunda ubwo bakoraga ikiziga kuri aba bazungu 2 barimo Michael Sharp w’Umunyamerika […]

Nyamasheke: Umukobwa arakekwaho kwiba amafaranga arenga miliyoni 8 mu rugo yakoragamo

Kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke hafungiye umukobwa witwa Manaryimana Viviane w’imyaka 23 ukekwaho kwiba amadolari y’amanyamerika 2200 n’amanyarwanda 6.800.000 aho yakoraga akazi ko mu rugo mu mujyi wa Kigali. Uyu mukobwa akaba yarafatiwe iwabo mu murenge wa Cyato aho yahise atabwa muri yombi, ku ruhande rwe agahakana kwiba uriya mubare […]

Abapolisi b’u Rwanda bari muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Haiti (MINUSTAH) bazwi nka Individual Police Officers (IPOs), ku itariki 21 Mata uyu mwaka bambitswe imidari yo kubashimira gukora neza. Bayambitswe n’Uwungirije Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, El Moustafa Banlamlin. Uwo muhango wabereye mu Mujyi Mukuru w’iki gihugu ari wo: Port Au […]

PAM irashinjwa guhungisha ababa bahigishwa uruhindu na Leta y’u Burundi

Porogaramu ya Loni ishinzwe ibiribwa PAM ikorera mu gihugu cy’u Burundi, irashinjwa kwinjira muri politiki y’igihugu ihungisha abo Leta iba irimo guhigisha uruhindu. Ibi bikaba byagaragajwe n’ubutumwa bwamwe bohorerezanya bashaka uko bahunga. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Mu kiganiro Pacifi Nininahazwe, umuyobozi w’umwe mu miryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Burundi, umunyeshuli yamutangarije ko hari abasirikare barimo kumuhiga, mu […]

Umutoza wa Rayon Sports, Masudi ategereje ibaruwa imwirukana nyuma yo gutsindwa

Nyuma yo gusezererwa n’ikipe yo mu gihugu cya Nigeria, Rivers United mu irushanwa rya CAF Confederation Cup, ikipe ya rayon sport yaba iri mu mugambi wo guhagarika bitunguranye umutoza wayo Djuma Masudi. Nk’uko yabitangarije ruhagoyacu dukesha iyi nkuru, umwe mu bayobozi b’imbere muri iyi kipe ya Rayon Sports yagize ati”twamuhagaritse imikino 2, ngo tubanze tumwibutse […]

Perezida Kagame yifuza ko abakuru b’ibihugu by’Afurika bakorera mu cyerecyezo kimwe

Kuri uyu wa mbere tariki ya 24 Mata 2017, mu nama yari yahuriwemo n’abakuru b’ibihugu bitandukanye barimo perezida w’u Rwanda Paul Kagame, perezida Deby ndetse n’umuyobozi w’inama y’Afurika yunze ubumwe, Moussa Faki muri Guinea, Perezida Kagame yasabye abakuru b’ibihugu byo ku mugabane w’Afurika gukorera hamwe ndetse mu cyerekezo kimwe hagamijwe gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje […]

Ubwo najyaga aho Papa bamwiciye, namusabye kubyuka arabyanga,yari yapfuye- Leah Mihana

Ni ubuhamya bwa Leah Mihana, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu mudamu yatangiye ubu buhamya mu ijoro ryo kwibuka ryo ku wa 21 Mata 2017, ryateguwe na sirivisi zitangwa na Minisitiri w’Intebe (primature) n’ibindi bigo biyishamikiyeho ku kicaro cya yo ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali. Madamu Leah Mihana ni mwene nyakwigendera, Gervais wari […]

Urutonde rw’abasirikare bakomeye mu gisirikare cya Kongo bitirirwa kuba Abanyarwanda

Igihugu cy’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ni ibihugu bibiri nubwo bitangana mu buso ariko bituranye, bihahirana ndetse n’abaturage ba byo ugasanga hari n’imico imwe n’imwe bahuriyeho. Si igitangaza gusanga mu gisirikare cya RDC, harimo abasirikare bavuga Ikinyarwanda neza nk’Abanyarwanda cyangwa se bakaba bafite ababyeyi b’Abanyarwanda cyangwa se bakaba batuye mu Rwanda. Imiryango […]

Zimbabwe igiye kwirukana impunzi z’Abanyarwanda zikiri yo

Leta ya Zimbabwe yatangaje ko impunzi z’Abanyarwanda ziri muri kiriya gihugu zigomba gutaha vuba zikajya gufasha abandi banyarwanda kubaka igihugu cyabo mu gihe bigaragara ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu kubaka ubumwe, amahoro n’iterambere. Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba leta muri kiriya gihugu, Prisca Mupfumira, mu mpera z’icyumweru gishize aho […]

Burundi: Baramagana Benjamin Mkapa wasabye Perezida Nkurunziza kurekure abashakaga kumuhirika

Nyuma yaho umuhuza mu biganiro w’Abarundi, Benjamin Mkapa, asabiye Perezida Nkurunziza w’u Burundi, guha imbabazi z’agateganyo abafunze bashinjwa gushaka kumuhirika ku butegetsi, iki cyifuzo gisa nk’icyasamiwe ejuru cyamaganwa na Leta. Mkapa we yagejeje kuri Perezida Nkurunziza icyifuzo cye amutangariza ko byaba byiza kurushaho bariya na bo bafunze baramutse bitabiriye ibiganiro bihuza ishyaka riri ku butegetsi […]

Ku myaka 38 gusa, amaze kubyara abana 37

Umugore witwa Mariam Nabatanzi Babirye utuye mu karere ka Mukono mu gace ka Kabimbiri muri Uganda, aravugwaho umwihariko wo kubyara abana benshi mu gihe gito, aho kugeza ubu abana afite baruta ubwinshi imyaka afite. Uyu mugore umaze kubyara abana bagera kuri 37 bose ababyariye iwe mu rugo, afite imyaka 38 gusa y’amavuko, aba bana akaba […]

Ahantu habereye ubwicanyi bukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku itariki ya 23 Mata 1994

Abatutsi bari bahungiye i Kabuye/Gisagara, barishwe, ubwo jenoside yari yamaze gutangira i Butare nyuma y’ijambo ryo kuri 19/4/1994, Prezida Sindikubwabo ThĂ©odore ari kumwe na Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda, yavugiye mu nzu mbera byombi ya MRND i Butare, bakangurira abahutu, cyane cyane abategetsi bo muri perefegitura ya Butare, kwitabira gukora Jenoside aribo yitaga ba “Ntibindeba”. Jenoside […]

U Bufaransa: Babiri bazahatanira umwanya wa Perezida bamenyekanye

Mu gihe kuri uyu wa 23 Mata 2017, mu gihugu cy’u Bufaransa hari habyukiye igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu yo mu cyiciro cya mbere, kuri uyu mugoroba hamenyekanye abakandida 2 bazahatanira uyu mwanya mu kwezi gutaha. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Iki gikorwa cyari kitabiriwe n’abakandida bagera kuri 11 biganjemo abari bitabiriye aya matora mu matora aheruka yo muri […]

Polisi y’u Rwanda yongeye gutunga agatoki abatunze imbwa mu ngo batazitaho

Nyuma y’uko bigaragaye ko imbwa zikomeje kurya abantu n’amatungo hirya no hino mu gihugu, bityo bikagaragara ko ari zimwe mu bihungabanya umutekano wa rubanda, Polisi y’u Rwanda irakangurira abafite imbwa mu ngo kuzirinda kuzerera ku gasozi. Polisi itanze ubu butumwa nyuma y’uko hari imbwa zikomeje guhungabanya ituze rya rubanda hirya no hino mu gihugu bitewe […]

Amafoto ya bamwe mu baperezida babaye ibikomerezwa ku isi abagaragaza bakiri bato

Ku isi hariho ibihugu byagiye biba ibihangange bitewe akenshi n’imitungo kamere ibarizwa muri ibyo bihugu, ariko akenshi ubutunzi cyangwa uko gukomera ibyo bihugu bikabifashwamo n’abayobozi babyo na bo bagiye bagera ku butegetsi bakaba ibihangange haba no gutwaza igitugu abo bayoboye ndetse n’ibindi bihugu mu rwego rw’isi. Hano hari bamwe muri abo baperezida bamenyekanye cyane aho […]

U Rwanda rwungukiye byinshi mu kugira umuyobozi ureba kure — Amb. Stanislas Kamanzi

Ambasaderi w’u Rwanda mu gihugu cya Guinea, Stanislas Kamanzi yahaye ikiganiro urubuga aminata.com rwo muri iki gihugu baganira ku bintu bitandukanye birimo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse no ku ruhare rw’u Bufaransa muri ubu bwicanyi ndengakamere. Ambasaderi Kamanzi yanagarutse ku iterambere mu bukungu u Rwanda rumaze kugeraho rubikesha ubuyobozi bwa perezida Kagame. Ikibazo cya […]

Impunzi z’Abarundi zatawe muri yombi zigerageza gutoroka inkambi muri Tanzania

Impunzi z’Abarundi zigera kuri 33 zatawe muri yombi muri iki cyumweru gishize, ubwo zageragezaga kwambuka umupaka zitwikiriye igicuku zitorotse inkambi ya Mtenderi i Kigoma muri Tanzaniya, zikaba zafatiwe ku mbibi za Tanzaniya na Uganda i Mutukula mu karere ka Misenyi. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ikinyamakuru dailynews kivuga ko izi mpunzi ziganjemo abagore n’abana zisobanuye zivuga ko zerekezaga […]

Leta ikwiriye gukubita abagabo bakubita abagore -Perezida Kagame

Perezida Kagame avuga ko niba umuryango unaniwe gukubita abagabo bataha bakubita abagore babo, bakwiriye kujya bakubitwa na Leta. Umukuru w’igihugu yabivuze ubwo yitabibiraga inama ya gatatu y’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi. Perezida asanga ikibi kigomba kurwanywa, nta muntu ukwiye gushyigikira ihohoterwa. Ati “hirya no hino usanga abagore bahohoterwa, aho usanga umugore yasigaye mu […]

Gatsibo: Polisi yataye muri yombi abayobozi bakaga ruswa umuturage

Nomero ya Polisi 112 abaturage bifashisha bashaka ubutabazi bw’ibanze, umuturage wo mu Karere ka Gatsibo wayihamagaye yamufashije mu ifatwa ry’abayobozi 2 b’inzego z’ibanze bamwakaga ruswa ngo bamusubize inka ye bari bafashe bakeka ko ari injurano. Polisi yo muri aka karere ivuga ko ku itariki ya 19 Mata, umuturage witwa Nziyumvira Anastase w’imyaka 42, ubwo yari […]

Kumira amasohoro ngo byaba bigabanya ingorane zo kurwara kanseri ku bagore

Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’ubuzima mu gihugu cy’u Bufaransa, ifatanyije n’ikigo cy’ubushakashatsi ku ndwara ya Kanseri gikorera mu mujyi wa Lyon, bugaragaza ko abagore bamira amasohoro y’abagabo bafite mahirwe yo kutandura iyi ndwara ya Kanseri yibasira amabere y’abagore ku kigero kingana na 94%. ABC News dukesha iyi nkuru ivuga ko ubu bushakashatsi bwakorewe ku bakobwa […]

Perezida Kagame agiye guhabwa igihembo cyiswe Super Prix Grand BĂ Âątisseur

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi we wa Senegal, Macky Sall batoranyijwe na komite ishinzwe amajonjora ya Africa Road Builders ngo bazahabwe igihembo kiswe Super Prix Grand BĂ Âątisseur kitiriwe Babacar Ndiaye, wahoze ari perezida wa Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD) hagati y’1985 n’1995. Nk’uko bitangazwa na perezida w’iyi komite ishinzwe amajonjora, Adama Wade, ngo […]

Agashya: Pasitoro Aloysius Bugingo yatwitse za Bibiliya avuga ko ziyobya abakirisitu

Pasitoro Aloysius Bugingo wo mu itorero House of Prayer Ministries ryo muri Makerere, kuwa Mbere ushize yatunguye abakirisito ubwo yafataga Bibiliya akayitwika avuga ko iyobya kandi idashobora kwizerwa nk’ivomo ry’ubutumwa bwiza. Pasitoro Bugingo wafashwe nk’ikigoryi n’injiji n’abapasitoro bagenzi be, avugwaho ko yatwitse Bibiliya izwi nka King James n’izindi yatoranyije ku cyumweru cya Pasika aho yavugaga […]

U Bufaransa: Dore abakandika bahatanira umwanya wa Perezida na bimwe mu byabaranze

Kuri iki cyumweru tariki ya 23 Mata 2017, mu gihugu cy’u Bufaransa hatangijwe ibikorwa by’amatora y’umukuru w’igihugu,icyiciro cya mbere. Muri aya matora ateganyijwe guhera kuri uyu wa 23 akaba ahuriwemo n’abakandida bagera kuri 11 bose bahatanira uyu mwanya. Aba bakandida ni aba bakurikira, amashyaka babarizwamo ndetse na bimwe mu byabaranze. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Franà§ois Fillon , […]

Tanzania: Captain Sagahutu wari ufungiye Arusha yatawe muri yombi agerageza kujya mu Burundi

Inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka za Tanzania kuri uyu wa Gatanu zatangaje ko zari zataye muri yombi Umunyarwanda wigeze gufungirwa mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda I Arusha. Uyu witwa Sagahutu Innocent ngo akaba yafatiwe mu karere ka Ngara agerageza kwinjira i Burundi nk’uko byemezwa na Ally Dady, umukozi ‘uru rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri […]

Uganda: Umunyaziya yishwe n’abantu bikekwa ko bari bafitanye ibibazo by’ubutaka

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu mu Karere ka Kamuli ho mu gihugu cya Uganda, Umunyaziya wakoreraga uruganda rw’isukari yishwe n’abantu bikekwa ko bari bafitanye amakimbirane ashingiye ku butaka. Nk’uko bitangazwa na Moses Kizige, uhagarariye Bugabula y’Amajyaruguru mu nteko ishinga amategeko akanaba umunyamabanga wa leta uhagarariye Karamoja, yatangaje ko uyu mugabo yishwe ubwo yari […]

Rulindo: Yafatanywe ibiro 28 bya Wolufuramu adafitiye ibyangombwa

Ubwo Polisi ikorera mu karere ka Rulindo yari iri mu kazi kayo gasanzwe ko gucunga umutekano, yafatiye mu modoka yavaga mu Karere ka Musanze yerekeza i Kigali ibiro makumyabiri n’umunani (28kgs) by’amabuye y’agaciro yitwa Wolufuramu. Uwayafatanywe ni Nsengiyumva Innocent w’imyaka 33, amaze gufatwa akaba yavuze ko asanzwe akora muri sosiyete icukura amabuye y’agaciro ikorera mu […]

Guha ubushobozi abagore ntabwo ari impuhwe, ni inshingano zacu — Perezida Kagame

Guha ubushobozi abagore ntabwo ari impuhwe, ni inshingano zacu. Ibi ni ibyatangajwe na perezida kagame kuri uyu wa 22 Mata 2017 aho yitabiriye Inama Nkuru ya 3 y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri RPF-Inkotanyi yari uhuriyemo Abagore bagera ku 2000 baturuka mu Intara n’Uturere by’igihugu . Perezidante w’Urugaga rw’abagore rushamikiye ku Umuryango FPR-Inkotanyi, yakira Perezida Paul Kagame […]

Ubwicanyi bukomeye bwabaye kuwa 22 Mata 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi

· Abatutsi bari bahungiye muri Centre ya JOC muri Nyarugenge, barishwe. · Abatutsi bari batuye mu cyahoze ari komini Kayenzi, biciwe ku musozi wa Bibare, ubu akaba ari mu murenge wa Karama, mu karere ka Kamonyi. · Abatutsi bari bahungiye ahitwa Kabakobwa na Sahera muri Komini ya Ngoma, barishwe. · Abatutsi bari bahungiye kuri Komini […]