(Mu mafoto) Havumbuwe bimwe mu bimenyetso biranga iremwa ry'isi.
Ubushakashatsi mu byâubumenyi bwisi batangaje ko muri leta ya Scotland habonetse bimwe mu bimenyetso bishobora kwigisha amateka agaragaza inzira yâiremwa ryâisi. [ad id=”44145″] Ibi bimenyetso bigizwe nâibibaya birimo imisozi migufi nâamazi yâurubogobogo ndetse nâamabuye nâibitare bivugwa ko yaba ari amwe mu yaremanywe nâisi. Aba bashakashatsi bavuga ko kuba hagaragara imisozi byatwe ahanini nâimihindagurikire yâibihe nâikirere, […]
Abanyarwanda bagerageza kubanira neza Abarundi, Imbonerakure zikabibira inka
Abanyarwanda batuye ku mupaka wâu Rwanda nâu Burundi bavuga ko bagerageza kuba neza nâabaturanyi bâabarundi ariko bo bakabananiza, inka zâAbanyarwanda zibirwa i Burundi zitwarwa nâImbonerakure hakabura uwazigaruza kuko nta munyarwanda ushobora gukandagiza ikirenge ku butaka bwâu Burundi. [ad id=”44145″] Mu gikorwa cyo gusubiza ku neza inka 12 zâAbarundi zari zarafatiwe mu Rwanda cyabaye ku wa […]
Uganda: Imirwano hagati yâigisirikare cya leta nâinyeshyamba ikomeje Guhitana imbaga
Abasirikare bagera kuri 14 ba leta ya Uganda nâinyeshyamba zisaga 49 basize ubuzima mu mirwano ikaze yabaye muri iyi wikende, iyi mirwano ikaba ikomeje kuberamu gace ka Rwenzori gaherereye mu ku mupaka wa Uganda na repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Inzego zishinzwe umutekano muri aka gace zatangaje ko iyi mirwano yatangiye kuri uyu wa gatandatu, […]
Urukiko rwa ICC rugiye gushaka inzobere zizatuma ibihugu bidakomeza kuva mu muryango
Nyuma yâuko ibihugu bitandukanye bikomeje kuva mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC ku bwinshi, inama nkuru yâuru rukiko yanzuye ko hagomba kurebwa inzobere mu bijyanye no kunga zikazaganiriza ibihugu byamaze kwikura muri uru rukiko ndetse nâibifite gahunda yo kuvammo hagamijwe kurebera hamwe umuti urambye wâuburyo rutazatakaza ubusugire bwarwo. [ad id=”44145″] Ni mu nama iherutse kubera […]
Rulindo: Abaturage basabwe guhaguruka bakarandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Ibi Minisitiri wâUburinganire nâIterambere ryâUmuryango, Madamu Nyirasafari EspĂ©rance yabisabye Abanyarulindo kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 25 Ugushyingo, ubwo yatangizaga, ku rwego rwâIgihugu, ubukangurambaga bwâiminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Tumba, cyitabiriwe kandi na Guverineri wâIntara yâAmajyaruguru, Bwana Musabyimana Jean Claude, Perezidante wâInama yâIgihugu yâAbagore nâabandi Bayobozi […]
Nyiransengimana Beatrice yongeye gufatwa yiba ihene
Umugore witwa Nyiransengimana Beatrice uvuga ko akomoka mu karere ka kicukiro yafatiwe mu karere ka Rulindo amaze kwica ihene yâumuturage. Si ubwa mbere Nyiransengimana afatanywe ihene yibye, ubwe yiyemeye ko akora iki cyaha asaba ababishaka kumuha inkunga yâamasengesho. [ad id=”44145″] Bwa mbere afatwa yagize ati â Ndaziba rwose, nibye nyinshi mu turere twose natugiyemo, maze […]
Umunyanijeriya yaciye agahigo ko kugenda ibirometero 103,6 ku igare afite umupira ku mutwe
Umunyanijeriya Chinedu wo muri Lagos yaciye agahigo ku rwego rwâIsi ko gukora ibirometero 103,6 ku igare yikoreye ku mutwe umupira bakina mu mukino wâumupira wâamaguru. [ad id=”44145″] Muri ibi bintu bias nkâibirori byari byahuruje imbaga, Chinedu yabashije gukora urugendo rurerure ku igare afite umupira ku mutwe nkâuko byatangajwe na AFP. Mbere yo guca aka gahigo, […]
Nta Ntore irebera, nta Ntore itekinika, mwitangire umurimo aho muri hose kdi muhe abaturage neza serivisi bakeneye – Murekezi
Kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2016 mu Karere ka Huye hasojwe Itorero ryâAbayobozi bâAmashami mu bigo bya Leta mu Rwanda bazwi nk’ Intore zâImbamburiramihigo , itorero ryasojwe ku mugaragaro na Minisitiri wâIntebe, Anastase Murekezi wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango. [ad id=”44145″] Insanganyamatsiko yahawe iri torero ryâabayobozi bâamashami muri leta ikaba igira iti: âGutanga Serivisi […]
Amashyamba yahashya imyuka ihumanya aracyari make- MINIRENA
Minisiteri yâibidukikije nâumutungo kamere isanga u Rwanda rukiri hasi mu bijyanye no kugira amashyamba menshi, iyi minisiteri yihaye intego ko mu mwaka wa 2018 ubuso bungana na 30% byâu Rwanda rwose buzaba buteyeho amashyamba mu rwego rwo guhangana nâingaruka ziterwa no kutagira amashyamba mu gihugu [ad id=”44145″] Ibi byatangajwe na Minisitiri wâibidukikije nâumutungo kamere, Dr […]
Sudani y'epfo yemereye UN koherezayo ingabo, u Rwanda na Ethiopie bisabwa kongera ingabo
Nyuma yâigihe kitari gito leta ya Sudani yâepfo yanze ingabo zâUmuryango wâAbibumbye zagombaga kuza kuzuza izari zihasanzwe, iyi leta yamaze gutangaza ko yemeye ko hazanwa izindi ngabo ziza kongerera amaboko izari zihasanzwe. [ad id=”44145″] Muri iki cyumweru gishize, leta ya Sudani yâepfo yatangaje ku yisubiyeho ku mwanzuro yari yafashe wo kwangira izindi ngabo zagombaga kuza […]
Burundi: Abantu babiri bishwe batemeshejwe imipanga
Abagabo babiri bo mu gihugu cyâu Burundi, umwe witwa Sylvestre Nduwayo, uvuka ku musozi wa Sakinyonga muri Komini Matana mu Ntara ya Bururi, na Nyandwi wo ku musozi wa Buraza muri Komini Buraza mu Ntara ya Gitega, bishwe batemaguwe. [ad id=”44145″] Amakuru avuga ko aba bagabo bombi bishwe ku mugoroba wo kuwa Kane ushize batemeshejwe […]
Dore uko urupfu rwa Fidel Castro rwakiriwe n'abantu batandukanye
Perezida wâinama nyobozi ya Afurika Yunze Ubumwe, Nkosazana Dlamini Zuma, kuri Twitter, yagize ati: âComanda Fidel Castro yari umurevolisiyoneri nyakuri. Yafashije Afrika nâibindi bihugu biri mu nzira yâamajyambere kwibohora no gutera imbere.â [ad id=”44145″] Umuryango âNelson Mandela Foundationâ wohereje ubutumwa bwâakababaro, unatangaza ifoto ya Nelson Mandela afatanye ku rutugu na Fidel Castro. Naho perezida Jacob […]
Kigali: Polisi icumbikiye 2 bakekwaho guhimba impushya zo gutwara
Polisi ikorera mu mujyi wa Kigali icumbikiye abagabo 2 barimo Triffon Niyonsenga wâimyaka 46 yâamavuko na Hirwa Roger wâimyaka 22 y’amavuko mu cyumweru gishize, aba bagabo bakaba bakekwaho gukora impushya zo gutwara ibinyabiziga. [ad id=”44145″] Polisi itangaza ko bafashwe ku makuru yatanzwe nâabaturage, aho umwe bashatse kurya amafaranga ye abimenyesha Polisi. Uyu bari bagiye gutekera […]
Uwase Sandra, arashaka umukunzi utabyibushye, wâimibiri yombi kandi akaba umusore wiyubashye
Muraho nitwa Uwase Sandra nuye kicukiro fite imyaka 27 ndiyubashye ndi muremure m1 cm 75 fite ibiro 85 narabyaye fite impanga zabakobwa byiri ndifuza umukunzi wiyubashye kdi muremure wimibiri yombi kdi Uzi kwambara neza witeguye gushinga urugo udakina byibuze afite uburebure bwa m1cm 85 utabyibushye uwumva abyujuje yamamagara 0781931958 njye ndinzobe cyane kdi udakina pe […]
Ku myaka 32 apima ibiro 500, amaze imyaka 6 atabasha kwivana aho yicaye âAMAFOTO
Juan Pedro Franco, umugabo ukomoka muri Mexico ubu ugiye kubagwa kugirango abashe kwivana aho yicaye, bitangazwa ko ubu afite ibiro bikabakaba 500. Dr Jose Antonio Castaneda, umuganda ushinzwe gukurikirana ubuzima bwâuyu mugabo wâimyaka 32 yâamavuko, avuga ko bamushyize ku ndyo igenwe mbere yâamezi 3 bashaka kuzamubaga kugirango barebe ko umubyibuho wagabanyukaho. [ad id=”44145″] Juan Pedro […]
Papa Fransis asanga ibiyobyabwenge ari isura nshya yâubukoloni
Ikibazo cyâibiyobyabwenge ni kimwe mu byugarije isi bikanavugisha benshi mu bakomeye. Umushumba wa kiliziya gatorika ku isi Papa Fransis avuga ko muri iyi minsi ikibazo cyâibiyobyabwenge kimaze kubata abatari bake akanahera ko akigereranya nâisura nshya yâubukoloni. Ibi yabitangaje kuwa kane mu mahugurwa ku biyobyabwenge nâuburyo byarwanywa ku isi ; yateguwe nâishami rishamikiye kuri papa ritanga […]
RDF yatangiye gusimbuza abasirikare bari mu butumwa bw'amahoro Darfur
Igisirikare cyâu Rwanda, RDF, cyatangiye igikorwa cyo gusimbuza ingabo zâu Rwanda zoherejwe mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Darfur. Itsinda rya mbere ryâingabo zo muri Batayo ya 11 yâingabo zirwanira ku butaka rikaba ryarahagurutse I Kigali kuwa 24 Ugushyingo 2016 rigiye gusimbura bagenzi babo bo muri Batayo ya 59 nayo icyiciro cya mbere […]
Basketball: REG yatunguwe na Patriots iyitwara igikombi kibanziriza shampiyona
Mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, warangiye ikipe ya Basketball yâikigo gishinzwe gutanga ingufu, REG itunguwe nâikipe ya Patriots iyitsinda mu minota ya nyuma; umukino warangiye itsinzwe ku manota 75 kuri 76 ya Patriots. Nyuma yâaho ikipe ya Basketball ya REG nâikipe ya Banki ya Kigali, […]
Uwaje gufatwa mpiri na RDF, yahigiraga kuzaza mu Rwanda nta Mututsi nâumwe ukihaba
Ubwo Gen. James Kabarebe yaganiraga nâabasirikare bari bavuye ku rugamba rwo mu 2009 muri RDC, rwo guhangana nâinyeshyamba cyane cyane iza FDLR, yaberetse umusirikare umwe mu bari barafashwe ngo watangazaga ko azataha mu Rwanda ari uko nta Mututsi nâumwe ukihabarizwa. Gen Kabarebe yanenze imvugo uyu musirikare wari umuvugizi wa FDLR yakoresheje, byâumwihariko ko nubwo yavugaga […]
Gicumbi: Minisitiri wâIntebe yifatanyije nâabaturage mu gutera ibiti ku musozi wa Rwesero
Minisitiri wâIntebe, Anastase Murekezi yasabye Abanyarwanda kubungabunga amashyamba ari nako bitabira gukoresha biogas kuko ihendutse kurusha gukoresha inkwi kandi ari nako amashyamba abigenderamo. Ibi akaba yabisabye ubwo yifatanyaga nâabaturage bo mu Karere ka Gicumbi mu muganda ngarukakwezi wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Ugushyingo, aho bateye ibiti ku musozi wa Rwesero . [ad id=”44145″] […]
Irani: Gariyamoshi zagonganye abantu basaga 40 bahasiga ubuzima
Abantu 44 nibo bamaze gutangazwa ko basize ubuzima mu mpanuka ya gariyamoshi ebyiri zagonganye kuri uyu wa gatanu zigahita zifatwa nâinkongi yâumuriro mu majyaruguru yâigihugu cya Irani. Uretse abapfuye, abandi bagera kuri 82 bakomerekeye bikomeye muri iyi mpanuka ifatwa nkâimwe mu zikomeye za gariyamoshi zibereye muri iki gihugu ; aho 17 muri bo bakomeretse bikomeye […]
Amafoto: I Bujumbura hakozwe imyigaragambyo yamagana iyoherezwa ryâimpuguke za Loni
Mu murwa mukuru wâu Burundi, Bujumbura, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Ugushyingo, 2016 hazindukiye imyigaragambyo yo kwamagana icyemezo cyâakanama gashinzwe uburenganzira bwa muntu kâUmuryango wâAbibumbye, cyo kohereza izindi mpuguke 3 zo gucukumbura ukuri ku byaha byakorewe mu Burundi kuva muri Mata 2015. [ad id=”44145″] Iyi myigaragambyo ikaba yahamagajwe nyuma yâaho minisitiri ushinzwe uburenganzira bwa […]
Imirimo yo kubika ku buryo bwâikoranabuhanga inyandiko za Gacaca irarimbanyije
Nyuma yâuko Inkiko Gacaca zisoje imirimo yazo mu 2012, Komisiyo yâIgihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yahawe inshingano zo kubika neza inyandiko zâizo nkiko. Ku bwa Komisiyo yâIgihugu yo Kurwanya Jenoside, izo nyandiko zifite akamaro gakomeye: zizatuma amateka atibagirana kugira ngo nâabazaba batuye u Rwanda nâisi ejo hazaza bazamenye uko Jenoside yakorewe Abatutsi yagenze, zirafasha mu […]
USA: Abimukira bari kwinjira mu bwinshi batanguranwa nuko Trump atangira imirimo ye
Inzego za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikurikirana ibibazo byâimpunzi nâabimukira bihanganye nâabimukira bari kwinjira muri iki gihugu ku bwinshi mu buryo bunyuranyije nâamategeko batanguranwa nâuko perezida Donald Trump atangira akazi ke. [ad id=”44145″] Izi nzego ziratangaza ko aba bimukira bari gutanguranwakugirango mu kwezi kwa mbere babe baramaze kugera ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe […]
Imiryango yigenga ikomeje gusaba leta kugenera udukingirizo abanyeshuri
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye ni bamwe mu bakomeje kugarukwaho mu batwara inda zitateganyijwe ku bwinshi ahanini bitewe no kudasobanukirwa ubuzima bwâimyororokere abandi bakabiterwa no kubura udukingirizo hafi yabo tubafasha mu gihe bananiwe kwihangana nâubundi buryo bwo kuboneza urubyaro. Nubwo leta yashyizeho gahunda zitandukanye zo guhangana nâicyorezo cya virusi itera SIDA hashyirwaho udukiyosike dutangirwamo udukingirizo […]
Putin yatumye umukinnyi wa filimi Steven Seagal afata ubwenegihugu bw'u Burusiya
Perezida Vladimir Putin wâu Burusiya kuri uyu wa Gatanu, yashyikirije umukinnyi wa filimi wâUmunyamerika, Steven Seagal, passport yâu Burusiya mu rwego rwo kugaragaza umubano mwiza ukomeje hagati yâaba bagabo nubwo ibihugu byabo birebana ayâingwe. [ad id=”44145″] Steven Seagal ni umwe mu bakinnyi ba filimi nâabakina imikino itandukanye bafashe ubwenegihugu bwâu Burusiya barimo Umukinnyi wa filimi […]
Birangiye Nahimana Thomas na bagenzi be bikubuye basubira aho bari baturutse
Padiri Thomas Nahimana na bagenzi bayoboye ishyaka Ishema, bari bafashe urugendo rugana i Rwanda bagera muri Kenya bakabura ibyangombwa bibemerera kurugeramo, birangiye bikubuye basubira aho bari baturutse. Aganira na BBC, Nahimana yatangaje ko bafashe umwanzuro wo kuva ku kibuga cyâindege cya Jommo Kenyatta, i Nayirobi bagasubira mu bihugu bavuyemo ku bwâinyugu zâigihugu cya Kenya. [ad […]
Fidele Castro, umubyeyi wâimpinduramatwara muri Cuba yitabye Imana ku myaka 90
Fidele Castro, Umubyeyi wâImpinduramatwara muri Cuba yitabye Imana kuri Uyu wa gatandatu, itariki 26 Ugushyingo 2016 ku myaka 90 yâamavuko nkâuko aya makuru amaze kwemezwa na televiziyo yâiki gihugu. [ad id=”44145″] Fidele Castro yategetse Cuba nkâigihugu gitegekwa nâishyaka rimwe hafi igice cyâikinyejana mbere yo guha ubutegetsi umuvandimwe we, Raul Castro mu 2008. Abamushyigikiye bamushimiraga kuba […]
âNdi Umunyarwandaâ izafasha kumvikanisha ândi Umunyafurikaâ muri Muhanga
Abaturage bo mu Karere ko Muhanga baravuga ko gusobanukirwa na gahunda ya ndi umunyarwanda bizoroshya kumvikanisha gahunda ya ândi umunyafurikaâ (Panafrikanism). [ad id=”44145″] Gahunda ya Panafricanism cyangwa se âNdi umunyafurikaâ, iteganywa nâinama yâabakuru bâibihugu bya Afurika ikaba ifite intumbero kugera mu mwaka wa 2060, aho bitenyijwe ko Afurika yazaba ifite impirimbanyi ziharanira ukwishyirahamwe kâumugabane wose. […]
Musanze: Abagore batatu bafatanwe magendu nâ ibiyobyabwenge
Polisi yâu Rwanda mu karere ka Musanze ku wa 23 Ugushyingo yafatanye abagore batatu magendu nâinzoga zitemewe mu Rwanda. [ad id=”44145″] Abafashwe ni Diane Uwineza, Solange Nyiramagaju na Chantal Nyiranzira. Bafatiwe mu murenge wa Musanze bafite amacupa 291 yâamavuta yâubwoko butandukanye akoreshwa mu guteka, ibibiriti 1700 nâamapaki 264 yâinzoga zâamoko atandukanye zitemewe kunyobwa no gucuruzwa […]
Indirimbo âNdabizi Nezaâ iyoboye izindi kuri DVD Mahoro Isaac agiye kumurika
Mahoro Isaac wo mu itorero ryâAbadiventisite b’umunsi wa karindwi agiye kumurika umuzingo wa mbere wâindirimbo zâamashusho nâumuzingo wa kabiri wâindirimbo zâamajwi mu gitaramo azafashwamo nâamakorari, amatsinda yâabaririmbyi ndetse nâabahanzi ku giti cyabo bose bo mu itorero ryâAbadiventiste. [ad id=”44145″] Iyi mizingo ibiri izashyirwa ahagaragara kuri uyu wa 10 Ukuboza 2016 mu gitaramo kizabera i Nyamata […]
K8 Kavuyo yashyize ahagaragara video ya Ndaguprefera irimo ababyinnyi batangaje
Umuraperi wâumunyarwanda ubarizwa mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, K8 Kavuyo, yashyize ahagaragara video yâindirimbo ye nshya aherutse gushyira hanze yitwa Ndaguprefera ifite umwihariko wâababyinnyi bâabakobwa tutari dusanzwe tubona muri video zâaba bahanzi nyarwanda babarizwa muri Amerika. [ad id=”44145″] Umuraperi K8 ubusanzwe amazina ye akaba ari Muhire Williams, ni umwe bahanzi bagize ihuriro […]
U Rwanda rwifatanyije nâibindi bihugu kwizihiza Umunsi Nyafurika wâInganda
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Ugushyingo u Rwanda rwifatanyije nâibindi bihugu mu kwizihiza Umunsi Nyafurika wâInganda 2016 ufite insanganyamatsiko mu Cyongereza igira iti: Financing Industrialization: Challenges & Winning Strategies , ugenekereje mu Kinyarwanda akaba ari: ” Imbogamizi mu kubonera igishoro imishinga y’inganda n’ingamba zo kuzikemura “. [ad id=”44145”] Abitabiriye uyu munsi wizihijwe ku bufatanye […]
Inkongi idasanzwe yaciye ibintu muri Israel kwa Netanyahu (AMAFOTO)
Igihugu cya Israel kiri mu bihe bidasanzwe nyuma y’aho inkongi y’umuriro idasanzwe yibasiye icyo gihugu guhera ku wa 24 Ugushyingo 2016, biravugwa ko abantu barenga ibihumbi 50 bo mu gace ka Haifa gaherereye mu majyaruguru y’igihugu cya Israel bagomba kwimurwa. Kugeza ubu ubwo ibikorwa bw’ubutabazi bikomeje, nta makuru y’ababa basize ubuzima muri iki kiza, icyakora […]
Dore urutonde rwâabasirikare 9 bâabarundi birukanwe muri Centrafrica
Amakuru ava mu gihugu cyâu Burundi, ni uko abasirikare bashyika ku 9 bâabarundi bari mu butumwa bwâamahoro muri Centrafrica birukanwe bazira ibyaha bashinjwa bakoreye mu Burundi mbere yo kujyayo. Nkuko bitangazwa na Matthew Russell Lee, ushinzwe itangazamakuru mu ngabo za loni ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri iki gihugu (MINUSCA), kuri uyu wa Kane […]
Museveni arasanga we na bagenzi be baragambaniye Libya
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yongeye kwibasira ibihugu byâibihangange cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika nâUmuryango wâUbumwe bwâu Burayi (E.U) avuga ko nta mpamvu byari bifite yo gutera Libya na Irak ashimangira ko ingaruka zâibi ari ubwiyongere bwâikibazo cyâabimukira cyugarije u Burayi. [ad id=”44145″] Perezida Museveni yavuze ko bitari bikwiriye kandi ari amakosa kuba […]
Amavubi yigiye imbere ku rutonde ngaruka kwezi rwa FIFA
Ku rutonde ngaruka kwezi rwâ Ishyirahamwe ryâumupira wâamaguru ku isi, ikipe yâigihugu cyâu Rwanda yigiye imbere nyuma yâuko umukino yaherukaga gukina yanganyije na Ghana igitego kimwe kuri kimwe mu mukino wabaye ku wa 03 Nzeri 2016 [ad id=”44145″] U Rwanda rwari ruri ku mwanya wa 107 ku isi na 27 muri Adurika, Urutonde rwashyizwe ahagaragara […]
Ku myaka 25, yabyaye rimwe arashaka umusore bakunda (Fungura ubone nimero ze)
1.Mukomere Bakunzibeza, Ndumumama Wumwanumwe Mfite Imyaka 25 Ndinzobe Narize Ntakibazo Kdi Mfite Ukombayeho Nibeshejeho Kdi Ndiyubashye Nkeneye Umugabo Cyangwa Umusore Utarengeje 35ans Unyereka Urukundo Wemera Kuntetesha Ndabikunda Kandi Wiyubashye Warangije Kwiga Kamenuza Kdi Ukora Nkamutetesha Kamukunda Kuburyo Twibagirwa Agahinda Twahuye Nabyo Ibindi Mpamagara Tuvugane Tel O722475628 Sinkina Nkeneye Udakina Nurukundo. [ad id=”44145″] 2.Undi nawe aragira […]
Abasirikare bâurugamba bapfuye mu buryo budasobanutse (igice cya 3)
Iki ni igice cya Gatatu cyâabasirikare bo muri aka karere u Rwanda ruherereyemo bapfuye mu buryo budasobanutse, ni nyuma yâiminsi mike igice cya mbere nâicya kabiri nabyo bitambutse kuri uru rubuga Bwiza.com. Kuri iyi nshuro turibaza, ese Col Jean Bikomagu wayoboye igihe kirekire igisirikare cyâu Burundi yaba yarishwe na nde, ese yiciwe iki? [ad id=”44145″] […]
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG yitabiriye inama ya A.U. ku burenganzira bwa muntu
Guhera kuwa 23 kugeza kuwa 26 Ugushyingo 2016, Arusha muri Tanzaniya, harabera inama yo mu rwego rwo hejuru yateguwe nâUbumwe bwâAfurika (Union Africaine), ikaba yibanda ku burenganzira bwa muntu. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yâIgihugu yo Kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean DamascĂšne yarayitabiriye ku butumire bwa âAfrican Court on Human and PeoplesâRightsâ. [ad id=”44145″] Ubumwe bwâAfurika […]
Uganda: Imirwano hagati yâabashinzwe umutekano nâabitwaje intwaro yaguyemo byibuze abantu 8
Urusaku rwâamasasu ruremereye rwumvikanye mu ijoro ryakeye mu bice bya Rwenzori mu gihugu cya Uganda umutwe wâingabo kabuhariwe wahanganaga nâabantu bitwaje ibirwanisho abantu batari bacye bakahasiga ubuzima. Biravugwa ko byibuze abantu 8 byemejwe ko bapfuye nubwo ngo imibare ishobora kwiyongera. [ad id=”44145″] Abayobozi muri guverinoma ntibabashije kuboneka ngo bagire icyo bavuga kuri iyi mirwano, gusa […]
Menya impamvu Abanyafurika badakunda gukora ingendo zâindege
Ikigo gishinzwe ibyâikoranabuhanga mu ngendo zâindege ku isi cyashyize ahagaragara ubushakashatsi bugaragasa impamvu nyamukuru ituma abatuye ku mugabane wâAfurika batajya bitabira kugenda mu ndege. [ad id=”44145″] Ikigo cya Global travel technology provider, kibinyujije ku rubuga rwacyo rwa interineti (www.Sabre.com), cyatangaje ko Abanyafurika bafite impamvu zumvikana zibatera kudasurana mu bihugu bitandukanye ariko ko izi mpamvu zizagabanuka […]
Polisi irasaba Abanyarwanda gukoresha neza imirongo yâubutabazi aho kuyikiniraho
Polisi yâu Rwanda ifatanyije nâIkigo cyâIgihugu gitsura Ubuziranenge nâimirimo ifitiye igihugu akamaro(RURA), Minisiteri yâUbuzima nâIbigo byâitumanaho mu gukangurira abaturage kureka gukoresha nabi imirongo bahamagaraho basaba ubufasha cyangwa ubutabazi. [ad id=”44145″] Ubu bukangurambaga buje nyuma yâaho ibigo byinshi byinubira imikoreshereze yâiyi mirongo ku bashinzwe kugena uko ikoreshwa aho ikomeje gukoreshwa nabi , ibi bigateza umubyigano ku […]
U Burundi ntibukozwa gukorana nâimpuguke nshya za Loni zagenwe gucukumbura ukuri ku bihabera
Minisitiri ushinzwe uburenganzira bwa muntu mu nshingano ze mu Burundi yatangaje ko leta yâiki gihugu itazakorana nâitsinda ryâimpuguke ziherutse kugenwa nâUmuryango wâAbibumbye ngo bajye gucukumbura ukuri ku byaha bikomeye byakozwe mu Burundi kuva muri Mata 2015. [ad id=”44145″] Minisitiri Martin Nivyabandi yasobanuye ko izo mpuguke nta kintu na kimwe gishya zizazana kuko zije zikurikira izindi […]
Nahimana Thomas ushaka kuba perezida mu Rwanda yaraye ku ntebe muri Kenya- REBA AMAFOTO
Mu gihe Nahimana Thomas yagombaga gusesekara ku butaka bwâu Rwanda ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 23 Ugushyingo 2016, bikarangira aheze muri Kenya, amafoto akomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko we nâabo bari kumwe baraye mu ntebe ku kibuga cyâindege i Nairobi. Nyuma yo gusanga batemerewe kugera mu Rwanda ubwo bari bamaze […]
Kuwa 03 Mutarama 2017 hazamenyekana bidasubirwaho aho Kigeli V Ndahindurwa azatabarizwa
Nyuma yâaho abagize umuryango wâUmwami Kigeli V Ndahindurwa bananiriwe kumvikana ku hantu umugogo we uzatabarizwa, urukiko rwo muri Leta ya Virginia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ni rwo ruzafata icyemezo cyâaho umugogo wâumwami Kigeli V Ndahindurwa uzatabarizwa. Icyo cyemezo kamarampaka gishobora gufatwa kuwa 03 Mutarama 2017. [ad id=”44145″] Ni nyuma y’uko hagaragaye ubwumvikane buke mu […]
Uganda: Abana 31 bamaze gupfa nyuma yâifungwa rya Makerere
Minisiteri yâUbuzima mu gihugu cya Uganda yatangaje ko abana 31 ari bo bamaze kugwa mu bitaro bya Mulango kuva ku itariki ya 01 Ugushyingo 2016 ubwo Perezida Museveni yafungaga kaminuza ya Makerere iherereye mu murwa mukuru, [ad id=”44145″] Ibi byatangajwe nâumunyamabanga wa leta muri minisiteri yâUbuzima ushinzwe imirimo rusange mu gihugu cya Uganda, Sarah Opendi […]
Tanzaniya: Imbeba zagabanyije ubwinshi bwâabipimisha igituntu
Abahanga batandukanye barimo abaganga mu gihugu cya Tazaniya bemeje ko inyamaswa yâImbeba ishobora kwifashishwa mu gupima abarwayi barwaye indwara yâigituntu kandi ikabikora mu gihe gito cyane. [ad id=”44145″] Aba bashakashatsi batangaje ko imbeba imwe ishobora gupima abarwayi 100 ikoresheje kwihumuriza amacandwe yabo mu minota makumyabiri gusa ikaba itanze ibisubizo mu gihe uburyo busanzwe bwafataga igihe […]
APR FC isezerewe itarenze umutaru muri Brassaville
Ikipe ya APR FC yari imaze iminsi mu irushanwa yatumiwemo mu gihugu cya Congo Brazzaville isezerewe muri iri rushanwa itabashije gutsinda umukino nâumwe muri ibiri yakinnye . Uretse kunganya nabwo igatsindirwa kuri penalite, iyi kipe ntakindi gikomeye yabashije gukora muri Brazzaville aho yari imaze iminsi igera ku cyumweru. [ad id=”44145″] Mu mukino wabanje APR FC […]
Miss Mutesi Jolly aciye agahigo mu guhagararira u Rwanda kure mu bwiza
Kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2016, Miss Rwanda, Mutesi Jolly arerekeza muri Amerika aho agiye guhagararira u Rwanda mu marushanwa afatwa nkâayambere mu bwiza ku isi. Miss Mutesi azahagararira u Rwanda mu marushanwa ya âMiss World 2016â ahatanirwa nâabakobwa bo ku isi kugirango harebwe uhiga abandi mu bwiza ku isi. [ad id=”44145″] Mu kiganiro Miss […]
Icyo Miss Colombe atangaza nyuma yâimpaka kâubwambure bwe mu marushanwa yâubwiza
Nyuma yâimpaka ndende nâ ibitekerezo bitandukanye ku mafoto yâuwahoze ari nyampinga wâu Rwanda mu 2014; Akiwacu Colombe agaragaza imiterere ye mu mwambaro umenyereweho koganwa uzwi nka âBikiniâ; Colombe aravuga ko nta gihunga afite cyangwa ikindi kibazo ku myambarire yagaragayemo mu irushanwa rya Miss Suprenational. Ni mu gihe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki […]
Steven Gerrard yahagaritse gukina umupira
Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2016 nibwo uwahoze ari Kapiteni wâikipe yâigihugu yâUbwongereza na Liverpool yatangaje ko ahagaritse gukina umupira wâamaguru nkâumukinnyi wabigize umwuga. Gerrard ahagaritse gikina afite imyaka 36, yakiniye amakipe atandukanye harimo nka Liverpool yo mu murwa mukuru wâUbwongereza aho akomoka yakiniye imyaka 17, Gerrard yabaye Kapiteni wa Liverpool mu gihe cyâimyaka 12 […]
Ese Padiri Nahimana Thomas ariyamamariza kuba Perezida wâu Rwanda ari hanze?
Mu gihe mu Rwanda hategerejwe amatora yâumukuru wâigihugu umwaka utaha wa 2017, abanyapolitiki b’Abanyarwanda barimo Twagiramungu Faustin, Nahimana Thomas bavugaga ko biteguye kuza mu Rwanda guhangana na Perezida Kagame muri ayo matora. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Ugushyingo 2016, nibwo Abanyamakuru bo mu Rwanda bari bategerereje ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Kanombe i […]
Gareth Southgate yagizwe umutoza wâikipe yâigihugu yâu Bwongereza
Nyuma yâaho Sam Alladyce asezeye igitaraganya ku mirimo yo gutoza ikipe yâigihugu yâubwongereza yâumupira wâamaguru; igahabwa mu buryo bwâagateganyo Gareth Southgate wari usanzwe atoza ikipe yâabato; yamaze kwemezwa nkâumutoza mukuru akaba azatangazwa ku mugaragaro mu ntangiriro zâicyumweru gitaha. Aya makuru atangajwe nyuma yâaho kuwa mbere wâiki cyumweru, Southgate yagiranye ikiganiro nâubuyobozi bwâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru mu […]
Hatangiye imyiteguro ku munsi mukuru wâintwari zâigihugu uzaba umwaka utaha
Tariki ya 01 Gashyantare buri mwaka, u Rwanda rwizihizwa umunsi mukuru wâintwari zâigihugu, ukaba umwanya wo kuzirikana ibikorwa byâikirenga Intwari zakoze, no gushishikariza Abanyarwanda bose cyane cyane urubyiruko kugera ikirenge mu cyâIntwari zâIgihugu. Imyiteguro yâUmunsi Mukuru wâIntwari zâIgihugu 2017 ikaba yatangijwe nâinama yahuje Urwego rushinzwe Intwari zâIgihugu, Imidari nâImpeta byâIshimwe nâinzego zitandukanye zigira uruhare muri […]
Ngoma: Nzabonimana yarashwe nâumupolisi arapfa
Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2016, Nzabonimana Jean de Dieu wari ufite imyaka 21 y’ubukuru ukomoka mu Karere ka Ngoma yishwe nâisasu yarashwe nâumupolisi ubwo yageragezaga kumurwanya nyuma yâuko yari yafatanywe mudasobwa 7 yibye mu rwunge rwâamashuri ya Gahima [ad id=”44145″] Nzobonimana bivugwa ko yari asanzwe ari umujuru yagiye ufungwa na polisi yâu Rwanda mu […]
Menya icyo Kiliziya isabwa kugirango ihabwe imbabazi
Minisiteri yâubutegetsi bwâigihugu yashyize ahagaragara itangazo rishimira intambwe yatewe na Kiliziya Gatulika mu gusabira imbabazi bamwe mu bari abihaye Imana bayo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi gusa iyi minisiteri yanenze imiterere yâizi mbabazi zasabwe Ibintu bigera kuri bitatu nibyo bigaragara mu itangazo rya MINALOC nkâinkomyi mu isaba imbabazi rya Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku […]
âNkâuko nta muntu uri hejuru yâamategeko; ni na ko nta wemerewe kwihaniraâ -ACP Theos Badege
 Mu gihe hari bamwe mu baturage bakigaragaza umuco wo kwihanira mu gihe hari abo bakekaho ibyaha bitandukanye nâandi makimbirane, polisi yâu Rwanda irakangurira abaturage ko kwihanira nacyo ubwacyo ari icyaha gihanirwa nâamategeko kuko cyongera ibibazo aho kubikemura. Ubusanzwe Inkiko ni zo zihamya umuntu icyaha. Ni na zo kandi zifite ububasha bwo kumuha igihano igihe […]
Ni iki kizahuza abacururiza mu mujyi wa Kigali nâubuyobozi bwawo?
Bamwe mu bacuruzi bacururizaga mu mujyi wa Kigali baravuga ko bimwe mu byemezo ubuyobozi bubafatira bibabuza epfo na ruguru ku buryo kugira icyo ukorera muri Kigali bisa nkâibyahariwe abakire gusa. Ibi aba bacuruzi babitangaje nyuma yâaho ubuyobozi bwâumujyi wa Kigali bwafashe icyemezo cyo kwirukana abacururizaga ku mabaraza (ku miryango yâamazu) yo mu mujyi, [ad id=”44145″] […]
Burundi: Col. Dushimagize ushinjwa gushaka gukora ubwicanyi yajyanywe muri gereza nkuru
Col. DieudonnĂ© Dushimagize, umusirikare wâu Burundi yavanwe aho yari afungiye ajyanwa muri gereza nkuru ya Mpimba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ugushingo 2016. Uyu musirikare mbere yo kujyanwa muri gereza ya Mpimba avanwe muri gereza yâurwego rushinzwe iperereza, yabanje kugezwa imbere yâubushinjacyaha bwa Bujumbura. Mu cyumweru gishize nibwo Col. DieudonnĂ© Dushimagize yatawe muri […]