RDC yahaye Amerika ikirombe cyo mu matware ya M23

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye ikirombe gicukurwamo Coltan cya Rubaya ku rutonde rugufi rw’imitungo y’ingenzi iri guha Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rw’ubufatanye mu by’amabuye y’agaciro bw’ibihugu byombi. Ikirombe cya Rubaya cya mbere gicukurwamo Coltan nyinshi ku Isi, kimaze imyaka ibiri kiri mu maboko ya M23. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza bivuga ko […]
Bugesera: Hahishuwe ubwoko bw’uburozi bwari muri kanyanga yishe abantu 17

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere ka Bugesera, ryagaragaje ko cyarimo ikinyabutabire cy’uburozi cyo mu bwoko bwa Methanol. Abantu bapfuye nyuma yo kunywera kanyanga mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera. Ubushinjacyaha buvuga […]
Uwabaye Visi-Perezida w’u Burundi ntakozwa ibyo gusaba u Rwanda kuvanaho ingamba z’ubwirinzi

Gaston Sindimwo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi, yatangaje ko atumva impamvu u Rwanda rumaze igihe rusabwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwafashe, nyamara rugaragaza impungenge z’uko umutekano warwo ushobora guhungabanywa. Uyu mugabo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi hagati ya 2015 na 2020 ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na ChaĂ®ne ya YouTube yitwa Africa TV. […]
Addis Ababa: Haravugwa gukozanyaho hagati ya Ruto na Kenyatta

I Addis Abeba muri Ethiopia, muri iyi weekend ishize biravugwa ko habaye ubushyamirane bukomeye hagati ya Perezida William Ruto n’uwamubanjirije, Uhuru Kenyatta, kandi bushobora guhungabanya umuhate w’amahoro mu karere. Biravugwa ko byabaye ngombwa ko Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, aba umusifuzi mu nama yihariye yari igamije guhuza abanyapolitiki bombi b’Abanyakenya, bigaragara ko inzangano […]
Miss Uwicyeza Pamela yapfushije sekuru

Miss Uwicyeza Pamela, umugore w’umuhanzi The Ben, ari mu gahinda gakomeye nyuma yo kubura sekuru wamureraga hafi. Ibi yabimenyesheje abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ubwo we n’umugabo we bari bavuye mu gitaramo cya Saint Valentin cyabereye i Kampala bagaruka mu Rwanda. Pamela yasangije abantu amafoto ari kumwe na sekuru, ayaherekeza amagambo agaragaza uko yari amukundira n’uko […]
Juba: Umuyobozi w’ Ingabo za Loni yasuye Batayo ya 3 ya RDF

Umuyobozi w’ Ingabo za Loni muri Sudani y’ Epfo, Akarere ka Juba, Brigadier General Mohammad Iqbal Hossain, kuwa Kabiri yasuye Batayo ya 3 y’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS). Yakiriwe n’Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya 3 ziri muri ubwo butumwa, Colonel Innocent Rwaka Muhirwe, wamugejejeho inshingano […]
Kenya na yo yatangiye guhiga Umurusiya wifashe amashusho asambana n’abagore baho

Leta ya Kenya yasohoye impapuro zo guta muri yombi umugabo w’Umurusiya, nyuma yo kwifata amashusho asambana n’abagore bo muri kiriya gihugu akayashyira ku karubanda. Uyu mugabo wahawe akabyiniriro ka ‘Balthazar w’Umurusiya’, agenda azenguruka ibihugu bya Afurika aryamana n’abagore n’abakobwa ari na ko abafata amashusho akoresheje amadarubindi ye. Minisiteri y’Uburinganire, Umuco n’Imibereho Myiza y’Abana muri Kenya, […]
U Rwanda rwasinyanye na Misiri amasezerano yo gukomeza ubufatanye mu by’umutekano

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 17 Gashyantare, Minisitiri w’umutekano w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, hamwe n’intumwa ayoboye zo mu rwego rwo hejuru, yakiriwe i Cairo na mugenzi we wa Misiri, Maj. Gen. Mahmoud Tawfik. Mu biganiro bagiranye, abayobozi bombi bashimangiye ubushake bafite bwo kurushaho gukomeza ubufatanye mu by’umutekano no kurushaho kunoza ubufatanye bw’inzego z’umutekano z’ibihugu […]
RDC: Urubanza rwa Lt Gen. Yav ushinjwa gukorana n’u Rwanda rwahinduye isura

Iburanisha mu rubanza ruregwamo Lt. Gen. PhilĂ©mon Yav Irung ryakomeje kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 17 Gashyantare 2026, imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, humvwa umutangabuhamya, Lt. Gen. Fall Sikabwe, wahamagajwe n’ubushinjacyaha. Uyu yavuze ko ahubwo Gen. Yav yari mu basirikare bakuru u Rwanda rwifuzaga ko bicwa. Mu buhamya bwe, Lt. Gen. Fall Sikabwe yatangaje […]
Tanzania: Impunzi z’Abarundi zanze gutaha ziri kumeneshwa

Imibereho y’impunzi z’Abarundi ziba muri Tanzania ikomeje kuba mibi, cyane cyane mu nkambi ya Nyarugusu. Amakuru atangwa n’impunzi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu aravuga ko hari ifatwa ry’abapasiteri, iyicarubozo ndetse no gusenywa kw’inzu z’abaturage. Abatangabuhamya bavuga ko bamwe mu bayobozi b’amadini bashinjwa kubuza abayoboke babo gutaha mu Burundi. Umwe mu batanze amakuru yavuze ko pasiteri […]
Gasabo: Bakurikiranweho gukora no gucuruza inzoga imaze guhitana 17

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye abantu bane bakekwaho gukora no gucuruza ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga. Mu baturage banyweye kuri iyo kanyanga, abagera kuri 17 bamaze kuhasiga ubuzima naho abandi 25 bakaba barembeye mu bitaro bya ADEPR Nyamata. Ibyaha bakurikiranweho babikoreye mu Mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu […]
Peru: Abadepite birukanye Perezida Jose Jeri ku mirimo ye

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 17 Gashyantare, Inteko Ishinga Amategeko ya Peru yatoye gukura Perezida w’agateganyo, Jose Jeri, ku mirimo ye nyuma y’amezi ane ashyizweho. Iki cyemezo gikurikira amahano yakoze arimo kugirana inama rwihishwa n’abacuruzi b’Abashinwa. Ibi byateye imvururu nshya muri politiki mu gihe kitarenze amezi abiri mbere y’amatora ya Perezida wa Peru […]
Umukinnyi yatandukanye n’umukunzi we ahita amwiba impeta yari yamwambitse

Uwahoze ari umukinnyi w’icyamamare muri shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA), Gilbert Arenas, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gutangaza uburyo yisubije impeta y’agaciro kanini yari yambitse uwahoze ari umukunzi we Laura Govan. Nk’uko yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Arenas yavuze ko yari yambitse Govan impeta y’isezerano ifite agaciro ka hafi ibihumbi 400 by’amadolari y’Amerika ($400,000). […]
Burera: RIB yahishuriye abaturage amayeri yifashishwa n’abacuruza abantu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangiye gukora ubukangurambaga mu baturage bo mu turere twegereye imipaka, mu rwego rwo kubasonurira uruhare rwabo mu kwirinda icyaha cy’ijuruzwa ry’abantu. Ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare ubwo bukangurambaga bwakorewe mu karere ka Burera, mbere y’uko kuri uyu wa Kabiri na none bukomereza muri aka karere ko mu ntara y’amajyaruguru. […]
RDC: Umusirikare wa FARDC wasinze yarashe umugore we mbere yo kwitunga imbunda

Umusirikare wo mu ngabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), bivugwa ko yari yasinze, yarashe umugore we amwegereye mbere yo kwiyahura imbunda mu ijoro ryo ku wa Mbere, itariki ya 17 Gashyantare, mu gace ka Masiani gaherereye muri komini ya Mulekera (Umujyi wa Beni) muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka muri ako gace avuga […]
M23 na Twirwaneho bisubije Point-Zéro

Umutwe wa M23 ufatanyije n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 bigaruriye agace ka Point-ZĂ©ro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 na Twirwaneho bigaruriye aka gace, nyuma y’ibyumweru bibiri ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryigaruriye kariya kariya gace. AFC/M23 yigaruriye kariya gace nyuma […]
U Bufaransa bwavuze ku basirikare babwo bagaragaye i Kisangani

Leta y’u Bufaransa yasobanuye ko abasirikare bo mu ngabo za kiriya gihugu bagaragaye i Kisangani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari aboherejwe gutoza ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biciye mu mikoranire isanzwe hagati y’ibihugu byombi. Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amafoto y’abasirikare b’Abafaransa bari mu mujyi wa […]
Internet no guhamagara byagarutse mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Serivisi zo guhamagara kuri telefone na interineti zasubijweho muri Teritwari ya Masisi nyuma y’iminsi myinshi zikuweho bikagira ingaruka no kuri Rutshuru no mu bindi bice byo muri Kivu y’Amajyaruguru na Walikale. Nyuma y’ukwezi izi serivisi zihagaritswe, imiyoboro ya Airtel, Orange, na Africell yasubijweho mu ijoro ryo ku wa Mbere, itariki ya 16 Gashyantare 2026. Biravugwa […]
Igisubizo cy’umujyanama wa Trump ku munyamakuru wamubajije niba Amerika izahana P. Kagame

Umujyanama wa Perezida Donald Trump ku bibazo birebana na Afurika, Massad Boulos, yatangaje ko adashobora kwemeza niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizafatira ibihano Perezida Paul Kagame, kuko nta makuru abifiteho. Yasubizaga umunyamakuru Marc Pellerman wa Televiziyo ya France 24 wari umubajije niba Washington iteganya gufatira ibihano Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ishinja “kwica mu buryo […]
Nyarugenge: Umugore arashinjwa kwica umwana abereye nyina wabo

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bukurikiranye umugore w’imyaka 34 wakubise umwana abereye nyina wabo w’imyaka 11 bikamuviramo urupfu amukekaho kuba mu bihe bitandukanye yaramwibye amafaranga. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 23/12/2025 mu Mudugudu wa Gashiha, Akagari ka Kagina, Umurenge wa Kicukiro, mu Karere ka Kicukiro. Mu ibazwa rye, nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha […]
Abanyekongo hafi 100 birukanwe ku butaka bwa Zambia

Umukwabu ukaze wakozwe mu mpera z’icyumweru gishize n’ishami rishinzwe abinjira n’abinjira muri Zambia mu mujyi wa Ndola watumye hafatwa abenegihugu barenga 80 b’Abanyekongo, bamwe muri bo bakaba barirukanywe muri Zambia. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace agera kuri Radio Okapi abitangaza, abo bantu bashinjwa kuba muri Zambia mu buryo butemewe n’amategeko. Abategetsi ba Zambiya bagaragaza […]
RWIBA igiye kwizihiza imyaka 5 itangiza “Male Allyship in Action” Summit 2026

Ku wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe 2026, muri Lemigo Hotel i Kigali, hazabera ibirori byo kwizihiza imyaka itanu ya Rwanda Women in Business Awards (RWIBA), bihujwe n’inama idasanzwe yiswe “Male Allyship in Action”, kuva saa saba z’amanywa kugeza saa tatu z’ijoro. RWIBA ni urubuga ngarukamwaka rushimira abagore bayoboye abandi, abashoramari n’abudushya bagira uruhare mu […]
Perezida Kagame yagaragaye aganira na Prince Harry na Meghan i Los Angeles

Mu mpera z’iki cyumweru i Los Angeles, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa NBA All-Star 2026, wabereye kuri Intuit Dome, aho yagaragaye aganira n’ibyamamare bitandukanye birimo Prince Harry n’umugore we, Meghan. Usibye gukurikirana umukino, Perezida Kagame yahuye n’abayobozi bo muri siporo ndetse n’abacuruzi, barimo Steve Ballmer, nyiri ikipe ya Los Angeles Clippers. Ibiganiro byabo byagaragaje umubano […]
Irimbi rya Rusororo ririmo kuzura

Irimbi rusange rya Rusororo riherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, rikomeje kugenda ryuzura uko iminsi ishira indi igataha. Uko umubare w’abahashyingurwa wiyongera, ni ko n’impungenge ku hazaza h’aho gushyingura mu murwa mukuru zigenda ziyongera. Rusororo ni ryo rimaze imyaka myinshi rikoreshwa nk’iryo gushyinguramo abaturage benshi ba Kigali, cyane cyane nyuma yo gufungwa […]
Kwitaba “Yee” byamwimishije ikamba rya Miss Rwanda 2017

Mu bakunzi b’imyidagaduro hakunze kuvugwa ko mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017, Kalimpinya Queen yari mu bakobwa bari bafite amahirwe menshi yo kwegukana ikamba. Hari n’abavuga ko bamwe mu bari bagize akanama nkemuramaka bamubonagamo ubushobozi bwo kuba Nyampinga w’u Rwanda. Bivugwa ko mbere gato y’uko hatangazwa uwatsinze, umwe mu bagize akanama nkemuramaka, Mike Karangwa, yahamagaye […]
Ubwami bwa Denmark bwafunguye ambasade mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 16 Gashyantare 2026, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakiriye, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubwami bwa Denmark, Lars Lokke, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, basangira ifunguro rya saa sita. Baganiriye ku gushimangira umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda na Denmark ndetse banashakisha izindi nzego z’ubufatanye nk’ubucuruzi n’ishoramari. Nyuma […]
Twirwaneho na M23 barashe drone 3 za FARDC n’abambari bayo

Imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23, kuri uyu wa Mbere yahanuye drone eshatu za Kamikaze z’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni nyuma y’uko hari hashize iminsi itatu nta mirwano ikomeye ihuza impande zombi. Kuri uyu wa Mbere imirwano yabereye mu gace ka Point-Zero ho muri Teritwari ya Fizi, […]
Ndayishimiye yasasiwe ibitenge n’abaturage ubwo yageraga i Bujumbura

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yasasiwe ibitenge n’abaturage be ubwo yageraga i Bujumbura akubutse i Addis-Abeba muri Ethiopie. Uyu mugabo yakiriwe mu cyubahiro nyuma y’uko mu cyumweru gushize yahawe inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Mbere yo kugera i Bujumbura, mu mihanda yo muri uyu mujyi abaturage baje kumwakira bari benshi, nyuma y’ubukangurambaga […]
Rugaju Reagan yasabye imbabazi nyuma yo kwandagaza Lorenzo

Umunyamakuru Ndayishimiye Rugaju Reagan, yasabye imbabazi nyuma yo kotswa igitutu n’abakoresha imbuga nkoranyambaga kubera amagambo atarakiriwe neza yatangaje kuri Lorenzo Musangamfura Christian bahoze bakorana. Rugaju abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yatangaje ko ibyo yavuze yabitewe n’uburakari ndetse n’ibyo na we yari yatangajweho. Yagize ati: “Muraho! Niseguye ku mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga! Mu by’ukuri […]
Rubavu: Inkongi ikomeye y’umuriro yibasiye kuri ‘La Bamba’

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare, Inkongi y’umuriro yibasiye ahazwi nko kuri La Bamba mu mujyi wa Gisenyi, itwika inyubako y’ubucuruzi y’uwitwa Ntawangwanabose Theogène. Iyi nkongi yabereye mu mudugudu wa Irakiza, akagari ka Bugoyi, mu murenge wa Gisenyi w’akarere ka Rubavu. Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi buvuga ko iriya nzu yatangiye […]
Kenya: Imyigaragambyo yahungabanyije ingendo ku kibuga cy’indege gikuru

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya mu murwa mukuru, Nairobi, yatumye indege zitinda kuri uyu wa Mbere nk’uko byatangajwe na sosiyete y’igihugu yo gutwara abantu mu kirere n’abashinzwe ibibuga by’indege. Kenya Airways yavuze ko gutinda kugenzura ikirere byagize ingaruka ku guhaguruka no kugwa ku Kibuga Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta. Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya […]
Ikibuga cyuzuyemo ibyondo cyo mu Bwongereza kiri gutangaza benshi – Amafoto

Ku Cyumweru, mu mukino w’irushanwa rya FA Cup, ikipe ya Wolverhampton Wanderers F.C. yatsinze inasezerera Grimsby Town F.C., ibona itike ya 1/8 (round of 16). Icyakora, ibyavugishije benshi si ibyavuye mu mukino, ahubwo ni imiterere y’ikibuga cya Brundell Park cyari cyuzuyeho ibyondo. Amafoto n’amashusho byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bigaragaza ibice byinshi by’ikibuga byari byuzuye ibyondo, […]
Uganda: Jenerali akanaba Minisitiri yavuze ko adashaka ko Gen. Muhoozi aba Perezida

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Uganda, Maj. Gen (Rtd) Kahinda Otafiire, yatangaje ko nta rwango afitiye Gen. Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu, ariko ashimangira ko adashaka ko aba Perezida wacyo. Uyu Jenerali mu mashusho ye yashyizwe hanze yumvikanye abwira abari kumwe na we ati: “Kainerugaba nk’umuntu simwanga. Icyo ntashaka ni uko […]
Kigali: Yaguwe gitumo ari gusambana n’indi nkumi kuri Saint Valentin

Umusore w’imyaka 35 witwa Byiringiro Alain, utuye mu Murenge wa Mageragere, yatahuwe n’umukunzi we basanzwe bakundana igihe yari ari kumwe n’indi nkumi mu nzu, ku munsi wahariwe abakundana. Ibi byabereye mu Kagari ka Mumena, Umurenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, tariki ya 14 Gashyantare 2026. Amakuru atangwa n’abaturage bavuga ko uwo musore yari amaze […]
Gatsibo: Umurambo w’umukobwa wajyanwe iwabo w’umuhungu watumye yiyahura kuri ‘Saint-Valentin’

Mu karere ka Gatsibo haravugwa inkuru y’umukobwa wiyahuye ku munsi wa Saint-Valentin, bikarangira umuryango we ufashe icyemezo cyo kujyana umurambo we iwabo w’umuhungu watumye yiyambura ubuzima. Byabereye mu kagari ka Bushobora ho mu murenge wa Remera. Amakuru avuga ko ku wa 13 Gashyantare ari bwo nyakwigendera witwa Uwase Sandrine wari mu kigero cy’imyaka 24 y’amavuko, […]
Ingamba Ndayishimiye afite mu kurangiza intambara yo muri RDC

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga umusanzu mu rwego rwo gucecekesha intwaro ku mugabane wa Afurika, by’umwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ndayishimiye yatanze iryo sezerano ku Cyumweru tariki ya 15 Gashyantare, nyuma y’umunsi umwe ashyikirijwe inshingano zo kuba Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Uyu mugabo yatanze iryo […]
Ukraine: Uwahoze ari minisitiri w’ingufu yafashwe agerageza gutoroka

Uwahoze ari minisitiri w’ingufu mu gihugu cya Ukraine, yatawe muri yombi nyuma yo gucakirwa agerageza kuva mu gihugu nk’uko byatangajwe n’abayobozi. German Galushchenko wirukanwe ku mirimo ye muri guverinoma umwaka ushize nyuma yo kuba mu bayobozi bavuzwe mu kibazo cya ruswa, bivugwa ko yafashwe ubwo yari muri gari ya moshi yavaga muri Ukraine. Ntiharamenyekana neza […]
Addis Abeba: PM Nsengiyumva yahuye na ba perezida ba Kenya na Namibia

Mu Nama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva kuri iki Cyumweru yahuye na Perezida Netumbo Nandi-Ndaitwah wa Namibia ndetse na Perezida William Ruto wa Kenya. Perezida wa Kenya, William Ruto, abinyujije kuri X na we yemeje ko yahuye na Minisitiri w’Intebe baganira ku kurushaho gukomeza umubano uri hagati y’igihugu cye n’u Rwanda. Ati: […]
Fizi: FARDC iremeza ko ikigenzura Point Zero

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 15 Gashyantare 2026, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje ko ibirindiro bya Point Zero no mu turere tuyikikije, muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, bikiri mu maboko yabo. FARDC yahakanye amakuru yari akomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ako gace kigaruriwe n’inyeshyamba za Twirwaneho, […]
Umuyobozi wa Barbados yijeje gukomeza umubano mwiza n’u Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Barbados yijeje gukomeza umubano wa gicuti usanzwe hagati y’igihugu cye na Barbados avuga ko yiteguye gukomeza ubufatanye mu nyungu z’abaturage b’ibihugu byombi. Ni nyuma y’ubutumwa Perezida Paul Kagame bwamushimiraga kubwo kongera gutorwa. Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 14 Gashyantare, abinyujije kuri X, yashimiye Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley agira ati: “Ndashimira mushiki […]
Ethiopia yambuye uburenganzira abanyamakuru 3 ba ReutersÂ

Ikigo gishinzwe Itangazamakuru muri Ethiopia (EMA) cyanze kongera uburenganzira bwo gukorera mu gihugu ku banyamakuru batatu b’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) bari bafite icyicaro i Addis Abeba. EMA kandi yambuye ibi biro ntaramakuru, uburenganzira bwo gukurikirana inama ya 39 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yabereye mu murwa mukuru wa Ethiopia ku itariki ya 14-15 Gashyantare. Iki […]
Icyaha cyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi n’amategeko agihana

Ku itariki ya 19 Mutarama, 2026 Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze umwarimu muri Kaminuza akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa abashukisha amafaranga ndetse n’icyaha cyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, no gucura umugambi wo gukora icyaha. Iperereza ryagaragaje ko mu bihe bitandukanye uyu mwarimu yagiye asambanya abana b’abakobwa batandukanye biga mu mashuri yisumbuye […]
Sudani y’Epfo: RDF yakoze ibikorwa by’ubufatanye hagati y’abasirikare n’abaturage

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) muri Leta ya Upper Nile, kuwa Gatandatu bakoze ibikorwa by’ubufatanye hagati y’abasirikare n’abaturage. Ibi bigamije kurushaho gushimangira umubano hagati yabo n’abaturage mu Nkambi yo Kurinda Abaturage ya Malakal (Malakal PoC Camp) nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda. Itsinda ry’Abagore rishinzwe kwegera […]
AFC/M23 yemeje ko itazi iby’agahenge kasabwe na Angola

Ihuriro rya AFC/M23 ryemeje ko ritazi iby’agahenge kasabwe n’igihugu cya Angola, ryongera gushimangira ko ryo rizakomeza ibyo risabwa n’ibiganiro bya Doha. Mu kiganiro ryatangiye i Goma ejobundi nyuma yo kubonana n’Umuyobozi wa MONUSCO, Vivian van de Perre, iri huriro ryemeje ko ritigeze rimenyeshwa ibikubiye muri ibyo biganiro byabereye Luanda byarangiye hasabwa agahenge. “Ntabwo twamenyeshejwe ibyemejwe […]
Obama yavuze kuri video imusebya iherutse gusohorwa na Trump

Barack Obama, wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze kuri videwo igaragaza ivanguraruhu yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Perezida Donald Trump, abwira umuyobozi w’ikiganiro wamwakiriye kuri podcast ko kugira “isoni” n’”imyitwarire myiza” byahoze biranga abategetsi, ubu byatakaye. Iyo videwo ikomeretsa irimo igice kigaragaza Obama n’umugore we Michelle nk’inguge, ibyamaganwe n’abantu benshi barimo […]
‘Balthazar’ w’Umurusiya ari guhigishwa uruhindu nyuma y’igihe asambanya Abanyafurikakazi

Umugabo w’Umuruziya wahawe akabyiniriro ka ‘balthazar’ nyuma yo kugenda azenguruka ibihugu bya Afurika aryamana n’abagore n’abakobwa ari na ko abafata amashusho, ari guhigishwa uruhindu. Polisi ya Ghana ivuga ko uyu mugabo yashyiriweho impapuro zimuta muri yombi, kubera ibyaha byo gufata amashusho bamwe mu bagore n’abakobwa yakoreye muri iki gihugu. Amakuru avuga ko uyu mugabo akunze […]
Ndayishimiye yatangiye kuyobora AU

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare yatangiye inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Ni inshingano yasimbuyeho Perezida JoĂŁo Lourenço wa Angola wari umaze umwaka ayobora uriya muryango. Aba bombi bahererekanyije ububasha kuri uyu wa Gatandatu, mu nama ya 39 y’abakuru b’ibihugu bigize AU yabereye i Addis-Abeba […]
M23 yavuye mu gace yari imaze amezi 3 yarirukanyemo Wazalendo

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare zavuye mu birindiro bya Buhaya, nyuma y’amezi atatu zibyirukanyemo abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo. Buhaya ni umusozi w’ingenzi witegeye agace ka Katobi, ukaba uherereye mu bilometero bibarirwa muri 15 uvuye mu mujyi wa Pinga uherereye muri Teritwari ya Walikale. Mu Ugushyingo 2025 ni bwo AFC/M23 […]
Ibisobanuro by’amateka y’umunsi wa Saint Valentin

Umunsi wa Saint Valentin wizihizwa buri mwaka tariki 14 Gashyantare ku Isi hose, aho ufatwa nk’umunsi wahariwe abakundana. Uyu munsi uhuzwa n’ikorwa rya Kiliziya Gatolika ryo kwibuka Mutagatifu Valentin. Kuri uwo munsi, abakundana bakunze guhana impano zitandukanye zirimo indabo z’amaroza atukura n’amakarita arimo amagambo y’urukundo. Bivugwa ko buri mwaka hoherezwa amakarita arenga miliyari imwe n’igice, […]
FDNB yatangiye kubarura abasirikare bayo ngo imenye abo isigaranye

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), cyatangiye kubarura abasirikare bacyo kugira ngo kimenye umubare w’abo gisigaranye. Ni icyemezo FDNB, mu gihe amakuru avuga ko itazi neza umubare nyawo w’abasirikare ifite. Ni nyuma y’uko amakuru avuga ko nyuma y’intambara zabereye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Ukuboza 2025 by’umwihariko mu kibaya cya Ruzizi, hari abasirikare babarirwa mu […]
Kagame yoherereje Mia Amor Mottley ubutumwa bumushimira

Perezida Paul Kagame ku wa Gatanu tariki ya 13 Gashyantare, yashimiye Mia Amor Mottley nyuma yo kongera gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe wa Barbados. Umukuru w’Igihugu mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Ndashimira mushiki wanjye, Minisitiri w’Intebe Mia Amor Mottley, ku bwo kongera gutorwa abikwiriye.” Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda ruha […]
Ubujurire bwa Mukura VS yemeza yaguze Ishimwe Abdoul bwatewe utwatsi

Komisiyo ishinzwe ubujurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yateye utwatsi ubujurire bwa Mukura VS yari yayitabaje ngo iyirenganure ku kibazo cy’umukinnyi Ishimwe Abdoul. Mu minsi ishize ni bwo uyu myugariro wari umaze imyaka ibiri muri Mukura VS yayiteye umugongo, yerekeza muri APR FC yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri. Mukura VS yahise irega muri FERWAFA Intare […]
Marina ukiri isugi yambitswe impeta

Umuhanzi Yvan Muziki yakoze igikorwa cyashimishije benshi mu ijoro ryo ku wa 14 Gashyantare 2026, ubwo yasabaga umukunzi we Marina ko yazamubera umugore, mu gitaramo cyo kumurika album ye nshya yise “Inganzo Ntahangarwa”. Iki gitaramo cyabereye muri Kigali Universe, kikitabirwa n’abahanzi batandukanye barimo Massamba Intore, Jules Sentore, Yvanny Mpano na Kidum, hamwe n’abandi benshi. Mu […]
Ingabo z’u Burundi zakubitikiye mu Minembwe, zihungira mu mashyamba

Amakuru aturuka mu gice cy’imisozi miremire yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko ingabo ziganjemo iz’u Burundi zakubitikiye mu mirwano yiriwe izisakiranya na Twirwaneho, bikaba ngombwa ko zihungira mu mashyamba. Izi zifatanyije n’iza Tanzania, FARDC, Wazalendo FDLR n’abacanshuro, bamaze icyumweru bagaba ibitero ku Banyamulenge bo mu misozi miremire. Ku wa Kane tariki ya 12 […]
RDC yarashe mu Minembwe nyuma y’amasaha make yemeye gutanga agahenge

Ihuriro AFC/M23 rirashinja ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero mu duce turimo Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’amasaha make Kinshasa itangaje ko yiteguye gutanga agahenge. Ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare ni bwo Perezida JoĂŁo Lourenço wa Angola unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yari yasabye […]
Kigali: Abageni baraye mu Kagali nyuma yo kubura aho kurara

Mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, abageni bashya baraye ku biro by’Akagari ka Rwampara nyuma yo kubura aho bataha ku munsi w’ubukwe bwabo. Byaje kugaragara ko umugabo yari yarabwiye umugore ko afite inzu i Nyamirambo bazabamo, ariko nyuma bikaza kumenyekana ko atari byo. Ibi byabaye ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2026. […]
Perezida Tshisekedi yemeye kubahiriza agahenge kasabwe na Angola

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yemeye gahunda y’agahenge ya Perezida wa Angola, JoĂŁo Manuel Gonçalves Lourenço, kandi ashimira ibikorwa bya Angola bikomeje byo guteza imbere amahoro n’umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Perezidansi ya RDC, kuri uyu wa Gatanu, rivuga rigira riti: “Repubulika ya Demokarasi ya Congo iramenyesha Umuryango Mpuzamahanga ndetse n’amahanga […]
Rayon Sports yijunditse umunyamakuru Rugaju Reagan

Ikipe ya Rayon Sports yikomye umunyamakuru Rugaju Reagan ukorera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), imushinja gutangaza ibinyoma by’uko myugariro Serumogo Ally Omar yatandukanye na yo agurishijwe. Rugaju mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikono’ cyabaye ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare, yavuze ko Serumogo yatandukanye na Rayon Sports asheshe amasezerano yari afitanye na yo kugira ngo byitwe ko […]
Minembwe: Ibitero bya FARDC na FDNB bikomeje kwibasira Abanyamulenge

Imirwano irimo ubugome bwinshi kuri uyu wa Kane ushize yabereye mu misozi ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho bivugwa ko yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’Ingabo za Congo (FARDC) zifatanyije n’Ingabo z’u Burundi n’inyeshyamba za wazalendo. Kuva mu byumweru bibiri bishize, Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangije ibitero ku birindiro by’abarwanyi […]
Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura u Rwanda vuba aha. Uyu musirikare usanzwe ari n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje iyi gahunda mu butumwa yaraye yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Nzishimira gusura vuba aha data wacu w’igihangange, Afande Kagame. Nzanishimira kubana na bene wacu b’Abanyarwanda.” […]