Urubanza rw’abafatanwe na Kizito rwasubitswe ku nshuro ya gatatu
Nyuma yo gufatwa bagafungwa mu kwezi kwa kabiri 2020 hamwe n’umuhanzi Kizito Mihigo, abagabo batatu barimo uwari umukozi w’uyu muhanzi kuri uyu wa 29 Mata, urubanza rwabo rwasubitwe ku nshuro ya gatatu. Urubanza rwa Innocent Harerimana, Joel Ngayabahiga na Jean Bosco Ndikumana wari umukozi wa Kizito Mihigo rumaze gusubikwa inshuro eshatu kuva mu kwezi kwa […]
Gen Muhima wa FARDC avugwaho gutera inkunga abica Abanyamulenge
Hari amakuru ko umwe mu bajenerali muri FARDC witwa Muhima Dieudonne, Umuhutu ukomoka muri Rutshuru yaba ari we ufasha Mai-Mai na Red Tabara, bakomeje kuyogoza ibintu mu bice birimo Abanyamulenge muri Kivu y’Amajyepfo. Ikinyamakuru, Mulenge Today News kivuga ko Gen Muhima kuva mu myaka itatu ishize, ari we wagiye aha intwaro abica Abanyamaulenge, nabo bakamuha […]
Videwo: Abana bo muri ‘primaire’ bafashe mwarimu wasinze cyane bamujyanira ushinzwe uburezi mu karere
Abanyeshuri bo ku ishuri ribanza rya Zombo mu Karere ka Zombo muri Uganda, bafashe umwe mu barimu babo wari wasinze yabaye ibyatsi, bamujyana ku biro by’ushinzwe uburezi mu karere ngo bamwerekane. Abakoze ibi ni abiga kuva mu mwaka wa Kane kuzamura. Amashusho ya NTV yerakana uyu mwarimu afashwe n’abanyeshuri uruhuri, abandi bamushoreye, ari nako bavuza […]
Nigeria yasabwe gufungura umugabo utemera Imana
Akanama k’impuguke z’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) kasabye abategetsi ba Nigeria gufungura umugabo ukomeye uzwiho guharanira ubumuntu no kutemera Imana umaze umwaka umwe afunzwe. Mubarak Bala w’imyaka 36, yafunzwe nyuma y’ikirego cyatanzwe kuri polisi muri leta ya Kano mu majyaruguru y’igihugu, kivuga ko yatutse Intumwa y’Imana Mohammed mu butumwa yatangaje kuri Facebook. Mu itangazo impuguke za ONU […]
Munyenyezi yabwiye urukiko ko hari uburenganzira yimwe
Beatrice Munyenyezi uherutse koherezwa na Amerika mu Rwanda kuri uyu wa 28 Mata 2021, yagejejwe imbere y’urukiko ngo aburane ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, avuga ko yimwe uburenganzira bwo kuvugana n’umuryango we. Munyenyezi yinjiye mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, yambaye amapingu n’imyenda ya siporo, yari yunganiwe mu mategeko na Me Gatera Gashabana. Munyenyezi ufungiwe kuri station ya […]
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yamaganye imbaraga z’umurengera zikoreshwa ku bakekwaho ibyaha
Komisiyo yâigihugu yâuburenganzira bwa muntu mu Rwanda iramagana abantu cyangwa inzego zikoresha ingufu z’ikirenga mu gihe hakurikiranwa abakekwaho gukora ibyaha. Iyi Komisiyo itangaza ko irimo gukurikirana aho icyo kibazo cyabaye hose. Komisiyo yâigihugu yâuburenganzira bwa muntu mu Rwanda ikavuga ko itajya irebera ibibazo nkâibi. Mu kiganiro kihariye umuyobozi wâiyi Komisiyo Madame Mukasine Maire Claire, yahaye […]
Hari abarambiwe serivisi mbi itangwa n’Irembo
Abaturage bakenera serivisi zitandukanye banyuze ku rubuga rwâikoranabuhanga Irembo baravuga ko barambiwe serivisi zitanoze bahabwa binyuze kuri uru rubuga bigatuma hari ibyangombwa batabona. Umwe muri bo, Vestine Niyontagorama aganira na RBA ati ” Irembo iyo urebye barihaye serivisi nyinshi kuko hari aho ugera ibyo warugiye gukoresha bikanga,hari nâigihe bakubwira ngo jya kwishyura hariya bikanga,tugasaba ko […]
Malawi: Impunzi zirimo Abanyarwanda hagati y’urupfu n’umupfumu
Urukiko rukuru i Lilongwe n’i Blantyre muri Malawi habura amasaha make, ku mugoroba wo kuwa kabiri zatangaje ibyemezo byo guhagarika ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cya leta cyo gusubiza mu nkambi impunzi zirimo Abanyarwanda, Abanye-Congo n’Abarundi ziba hanze y’inkambi. Izi nkiko zatangaje ibi mu gihe haburaga igihe kibarirwa ku masaha ngo itariki ntarengwa [28/04/2021] izi mpunzi […]
Pasiteri Bisaka Owobusobozi wiyitaga ‘ Imana’ wari uherutse gushyingurwa, yiyeretse abakirisitu be
Pasiteri Bisaka Owobusobozi wakunze kwiyita ‘Imana’ yongeye kwiyereka abamukurikiye mu idni ye nyuma y’igihe gito, ashyinguwe ubwo yicwaga na COVID-19 mu bitaro bya Aga Khan i Nairobi muri Kenya. Imihango yo gushyingura uyu washinze itorero ryitwa Unity of Faith, ikinyamakuru Blizz cyo muri Uganda kivuga ko abo mu itorero rya bavuga ko aherutse kubasura, aho […]
Yaciwe amande yanze gutanga impushya 138 z’abakobwa bagiye mu mihango
Uwahoze ari umuyobozi wa Kompanyi y’indege ya Asiana, Kim Soo-Cheon yaciwe amande ya $ 1,800 ku bwo kwanga gutanga impushya ku bakobwa 15 bagiye bazimusaba ubwo bajyaga mu mihango. Uyu mubosi yagiye yima aba bakobwa ibiruhuko kandi babyemerewe n’amategeko muri Koreya y’Epfo. Izi mpushya Cheon ari kuzira yagiye azisabwa hagati ya 2014-2015 ariko ntazitange. Ababjijwe […]
Ubwoba bwatashye mu mpunzi z’Abanyarwanda baba mu mijyi yo muri Malawi
Impunzi ibihumbi zirimo: Abarundi, Abanyarwanda n’Abanye-Congo ziba mu mijyi itandukanye muri Malawi zivuga ko zihangayitse cyane kuko itariki ntarengwa zahawe na leta ko zigomba gusubira mu nkambi ari ku wa Gatatu tariki 28 Mata 2021. Mu ntangiriro za Mata 2021, Leta ya Malawi yasohoye itangazo rivuga ko “ku mpamvu z’umutekano impunzi zose ziba hanze y’inkambi” […]
Akari ku mutima wa S. Lt. Niyibaho wasohotse ayoboye abinjiye muri RDF mu 2021
Umusirikare ku ipeti rya 2nd Lt Alphonse Niyibaho ni we wahize abandi basoje amasomo abinjiza ku mugaragaro mu Ngabo z’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2021, akavuga ko ari inzozi ze zabaye impamo. Uyu musirikare Niyibaho ari mu bo umukuru w’igihugu kuri uyu wa mbere yahaye impeta za gisirikare ku bari abanyeshuri 721 binjiye mu […]
Dr Himbara: Umuvugizi wa Rujugiro?
kuwa 25 Mata 2021, hasohotse itangazo ryamagana raporo ya Counter Extremisim Project (CEP) ishinja umuherwe w’Umunyarwanda, Ayabatwa Tribert Rujugiro, kuba inyuma y’umutekano muke mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Ntibisanzwe kuko iri tangazo Chimpreports yavuze ko ari irya sohowe na mwarimu, umushakashatsi n’impuguke mu bukungu, Dr David Himbara ubusanzwe bitazwi neza (mu mboni za rubanda ibonesha […]
EU yareze uruganda rwa AstraZeneca
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) watanze ikirego mu rukiko urega uruganda rwa AstraZeneca rukora inkingo za coronavirus. Akanama k’Uburayi – ishami ry’ubutegetsi rya EU – kavuze ko kareze AstraZeneca kubera kutubahiriza ibyo iyi kompanyi yiyemeje muri kontaro yo kugeza urukingo muri EU, no kutagira gahunda “yizewe” yo gutuma inkingo zihagera ku gihe. Uruganda rwa AstraZeneca rwavuze […]
Ziragora yiyahuye nyuma yo kubwira bagenzi be ko agomba gupfa
Umugabo witwa Ziragora Emmanuel wo mu Karere ka Kisoro muri Uganda ahitwa Karambi muri Nyarusiza yasanzwe yimanitse ku mugozi uri mu cyumba cye nyuma yo kubwira insuti ze ko ” agomba gupfa.” Uyu w’imyaka 32 yabonetse kuwa Gatandatu yapfuye gusa nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate we avuga ko, bamenye ko […]
Abo mu muryango wa Gen Ndayirukiye bavuze icyo bazi ku rupfu rwe giteye kwibazwaho
Abo mu muryango wa General Cyrille Ndayirukiye uherutse gupfa bitunguranye bavuga ko nta byinshi bazi kuri urwo rupfu rwa mwenewabo. General Ndayirukiye wafatwaga nka nimero ya kabiri inyuma ya General Godefroid Niyombare mu bari kw’isonga ry’umugambi wo guhirika ubutegetsi muri 2015, yapfuye urupfu rudasobanutse, atarigeze arwara. Abo mu muryango we batashatse kumenyekana bavuga ko babyakiriye […]
Bakwiriye kwirengera kungira umunyabyaha – Rujugiro ku gutera inkunga iterabwoba mu karere
Umuherwe Tribert Rujugiro Ayabatwa, umucuruzi wâUmunyarwanda wahunze avuga ko raporo iherutse kumutunga agatoki mu bikorwa byo gutera inkunga iterabwoba mu karere u Rwanda ruherereyemo atari iyo kwizerwa, yamushinje ibyaha, itigeze imusaba kugira icyo abivugaho. Raporo iherutse gushyirwa hanze muri uku kwezi, yiswe ” An Unholy Alliance: Links between Extremism and Illicit Trade in East Africaâ […]
Mogadishu: Ingabo za Leta zarasanye, abahaguye ntibaramenyekana
Muri Somaliya, abasirikare badacana uwaka muri Leta barasanye kuri Cyumweru ku Murwa Mukuru, Mogadishu, aho abaguye muri iyo mirwano bataramenyekana. Iyi mirwano bivugwa ko yaturutse ku mwuka mubi uri mu gisirikare nyuma y’aho ibiganiro ku itegurwa ry’amatora, bihagarariye. Ababonye uku kurasana muri Mogadishu, bavuze ko abarasanye ari abasirikare bashyigikiye Perezida Mohamed Abdullahi Mohamed n’abashyigikiye abatavuga […]
Ikibazo cy’impunzi z’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda kiri kuganirwaho
Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), Filippo Grandi, avuga ko ikibazo cy’impunzi z’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, bifuza gutaha kiri kuganirwaho n’impande bireba. Filippo Grandi ari mu ruzinduko mu Rwanda rugamije kureba uko ibibazo by’impunzi ziri muri iki gihugu bihagaze. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Grandi yavuze ko inzara ivugwa mu nkambi z’impunzi z’Abanye-Congo n’Abarundi ihangayikishije […]
Ubutegetsi busubizwe abasivile vuba kandi neza- AU kuri Tchad
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU/UA) wasabye ko hasozwa ubutegetsi bwa gisirikare muri Tchad, iherutse gupfusha perezida yishwe n’inyeshyamba. Uwari Perezida Idriss DĂ©by Itno akimara gupfa igisirikare cyahise gitangaza ko umuhungu we amusimbuye. Akanama k’amahoro n’umutekano ka AU kavuze ko gafite “guhangayika gukomeye” gutewe no kuba igisirikare cyarashyizeho Jenerali Mahamat DĂ©by Itno w’imyaka 37 ngo abe umutegetsi […]
Bashyingiranwe inshuro enye mu kwezi kumwe batandukana inshuro eshatu
Umugabo n’umugore bo muri Taiwan baciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga ku bwo gushakana inshuro enye mu kwezi kumwe, bagatandukana inshuro eshatu. Byamenyekanye ubwo kompanyi umugabo akoramo imuhaye iminsi 32 mu gihe ikiruhuko kimwe kingana n’iminsi umunani. Aba buri minsi umunani bahitaga batandukana, bakongera gushakana, umugabo akongera agasaba uruhushya. Aya makuru yemejwe na Minisiteri y’abakozi, ivuga […]
Patriots BBC yabonye umutoza wo muri Amerika
Ikipe ya Patriots Basketball Club yabonye umutoza wo muri Amerika witwa Alan Major kuri ubu uri mu nzira yerekeza i Kigali. Patriots yabonye umutoza mushya, mu gihe biteganyijwe ko mu Rwanda hagiye gukinirwa Shampiyona Nyafurika ya Basketball. Biteganyijwe ko agera mu Rwanda kuri uyu wa 24 Mata 2021. Uyu mugabo yagiye atoza amakipe atandukanye, akaba […]
Umwanana w’insina wavamo ibiryo-Ubushakashatsi bwa Kaminuza ya Kabgayi
Abashakashatsi bo mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi bavuga ko umutumba w’insina wavamo impapuro nziza zikorwa udufuka batwaramo ibintu(enveloppe) mu gihe umwanana wo urimo ibiribwa bifitiye umubiri w’umuntu akamaro. Kuri uyu wa 23 Mata ni bwo bamuritse ibyavuye mu bushakashatsi bakoze ku nsina mu turere twa Muhanga Gisagara na Ngororero. Mu kwezi kwa cumi kwa […]
Umwanzi ntari kure- Perezida Ndayishimiye
Perezida w’ u Burundi, Evaritse Ndayishimiye yasabye Ingabo z’iki gihugu kuba maso kuko ngo n’ubundi ” umwanzi ntari kure.” Ibi biri mu byo yagarutseho kuwa Gatanu, ubwo yatangizaga umwaka w’ishuri rya gisirikare mu Burundi, ISCAM. Yahamagariye abasirikare bose kuba maso muri ino minsi no kwitegura kurwanya umwanzi aho yaturuka hose. Perezida Evariste Ndayishimiye yongeyeko ko […]
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare
Perezida wa Uganda akaba n’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo (UPDF), Gen. Kaguta Museveni Yoweli yakoze impinduka mu gisirikare, aho abasirikare barindwi bari ku ipeti rya Brigadier General, bazamuwe mu ntera, bakagirwa ba Major General. Itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Mata, rivuga ko Perezida Museveni yazamuye abarimo Gen. David Kyomukama Kasura, umuyobozi w’ishuri ry’imiyoborere […]
Umunyarwandakazi yiciwe Rukungiri muri Uganda
Umugabo w’imyaka 55, Babweyoreka Deogratius arahigwa bukware ku bwo gukekwaho kwica Umunyarwandakazi, Nyiramisago Veneranda w’imyaka 36. Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate avuga ko Nyiramisago yari acumbitse kwa Babweyoreka we n’umugabo, Namara Francis we mu Mudugudu wa Rushinya mu Kagari ka Bwambara mu Karere ka Rukungiri kuva mu mezi abiri ashize gusa […]
Nigeria: Abanyeshuri ba kaminuza bishwe n’ababashimuse
Abanyeshuri batatu, bari mu bashimuswe ku wa kabiri kuri kaminuza iri muri leta ya Kaduna mu majyaruguru ya Nigeria, babonetse bishwe barashwe, nkuko abategetsi babivuga. Imirambo yabo yabonetse ku wa gatanu mu cyaro cya Kwanan Bature, hafi y’iyo kaminuza. Ubu yajyanwe mu buruhukiro (morgue). Umubare utaramenyekana w’abanyeshuri bashimutiwe kuri Kaminuza yigenga ya Greenfield iri mu […]
Kampala:Umunyarwandakazi yafashwe ashinjwa gushaka kwica Gen Sabiiti

Umunyarwandakazi witwa Jennifer Byukusenge yatawe muri yombi i Kampala, muri Uganda, aho akekwaho gushaka kwica umuyobozi wa Luweero Industries, Maj. Gen Steven Sabiiti Muzeeyi Magyenyi wahoze ari Umuyobozi wungirije wa Polisi ya Uganda. Chimpreports, kimwe mu binyamakuru bivugwaho kuba hafi ya Leta ya Kampala gitangaza ko umwe mu bayobozi ba Uganda utashatse ko amazina ye […]
RIB yafunze batatu bamburaga abaturage bababwira ko bagiye gushyira iminara mu masambu yabo
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha, RIB rufunze abitwa Bizimungu J.Baptiste, Hitiyaremye Alfred na Musabimana Simon, bakurikiranyweho kwambura abaturage batandukanye bakoresheje uburiganya. RIB ivuga ko aba bagabo uko ari batatu bashaka amakuru ku muntu ufite ikibanza, bakamubeshya ko ari abakozi ba sosiyete yâitumanaho bityo bashaka ibibanza byo gushyiramo iminara. Ivuga ko iyo bageze kuri uwo muntu bamubwira ko […]
Hari Abanyarwanda bavuga ko kuba ubwiyunge mu Rwanda bwaba kuri 94% bishobora kuba aribyo cyangwa gukabya
Igipimo cy’ubwiyunge mu Rwanda kigeze kuri 94% nk’uko bitangazwa n’ubushakashatsi bushya bwa 2020 komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge bukorwa buri myaka itanu, gusa hari bamwe bavuga ko bishoboka kuba aribyo mu gihe bamwe bavuga ko ari ugukabya. Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bantu 12,600 bo mu midugudu 810 yatoranyijwe mu turere twose tw’u Rwanda, muri gereza no […]
Ibuye ryagaragaye ntiriba ricyishe isuka- Amb. Willy Nyamitwe asubiza Prof. Nshuti Manasseh
Umuyobozi ushinzwe Itumanaho muri Perezidansi y’ u Burundi, Amb. Willy Nyamitwe yifashishije umugani ngo ” Ibuye rigaragaye ntiriba ricyishe isuka” mu gusubiza ibyari byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika yâIburasirazuba (EAC), Prof. Nshuti Manasseh wavuze ko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kutoherereza u Burundi abo bushinja kugerageza guhirika Pierre […]
Perezida wa Tanzania avuga ko myinshi mu mishinga ya Magufuli ariyo izakomeza gushyirwa mu bikorwa
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan avuga ko nta cyahindutse, ko imishinga migari izashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’ubutegetsi bwe, ari iyo nyakwigendera, Magufuli yari yaragejeje ku nteko ubwo yatsindaga amatora. Ubwo yagezaga ku nteko ishinga amategeko icyerekezo cy’igihugu, Perezida Samia kuri uyu wa Kane tariki 2 Mata 2021, yavuze ko nk’uko yigeze kubikomozaho, we […]
Abadepite bo muri Tanzania babujijwe kwambara karuvati zitukura uyu munsi
Umuyobozi w’Inteko y’Abadepite muri Tanzania, Job Ndugai yibukije bagenzi be ko nta muntu wemerewe kuza mu nteko yambaye karuvati itukura kuko yemerewe perezida wenyine. Ibi Ndugai yabisabye abadepite kuri uyu wa Kane tariki 22 Mata 2021, ubwo yavugaga ko bagomba kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwambara igihe bari mu nteko. Avuga ko ari ibara noneho kwambara […]
Bantunze imbunda ndetse barimo basakuza bati haguruka,haguruka- Perezida Kagame avuga uko yigeze gufungirwa mu Bufaransa
Umudipolomate wâUmufaransa Paul Dijoud wayoboye imishyikirano ya RPF na Guverinoma ya Habyarimana mu 1991, yavugaga ko icyo u Bufaransa bushaka ari ukugarura amahoro ku mupaka wâu Rwanda na Uganda bityo Perezida Kagame yatumiwe mu Bufaransa gusa biza kuba nabi, bigera n’aho bamufata, baramufunga. Iby’ugufungwa kwa Kagame, ni we ubwe ubigarukaho mu buhamya yatanze hakorwa raporo […]
RDF yakuye mu menyo ya rubamba abakozi ba LONI barashweho, badaheruka kurya
Ubwo abakozi 20 bâUmuryango wâAbibumbye bacaga ahitwa Longiro muri Sudani yâepfo bagategwa igico nâabarwanyi babarasaho, ingabo zâu Rwanda ziyobowe na Major AimĂ© Uwimana zabatabaye zirabatabara. Aba bakozi nk’uko UNMAS yabitangaje, bari mu gikorwa cyo gushyira ibiribwa nâimiti nâibindi bikoresho bagenzi babo bakorera i Longiro. Uko ari 20 bari baturutse i Torit mu Burasirazuba bwa Sudani […]
Newyork: Buri muntu wahawe urukingo rwa Coronavirus yari yemerewe urumogi nk’ishimwe (videwo)
Abaturage bo mu Mujyi wa Newyork babashije guhabwa urukingo rwa Coronavirus, bagiye bahabwa umusogoto w’urumogi nk’ishimwe. Mu bukangurambaga bwo kuwa Gatatu tariki 21 Mata 2021, abaharanira ko urumogi rwakwemerwa nibo bagiye batanga ibihembo ku babaga bashaka guhabwa urumogi. Ibi byarabaye no mu Mujyi wa Manhattan aho nibura uwabaga yarahawe dozi imwe y’urukingo, yaba yemerewe guhabwa […]
Umusore w’imyaka 28 yishe nyina amurya amusangiye n’imbwa
Umugabo w’imyaka 28 wo muri Esipanye, Alberto SĂĄnchez GĂłmez ari mu mabaoko y’ubutabera nyuma yo kwica nyina, akamucamo ibice, akamurya agahaho n’imbwa. Uyu yishe nyina w’imyaka 66 apakira bimwe mu bice by’umubiri we mu mufuka ariko umwe mu bo bari kumwe ajya kubibwira polisi. Alberto SĂĄnchez GĂłmez avuga ko atibuka neza niba koko yaba yarishe […]
Kisangani: Bivugwa ko isoni zari ku maso ya Brig. Mayombo na Gen Otafiire bari bagotewe na RDF mu ruganda rw’imyenda

Uhereye tariki ya 5 kugera tariki ya 10 Kamena 2,000 ingabo zâu Rwanda (RDF) zasakiranye nâiza Uganda (UPDF) ibintu biradogera, hagwa abasirikare bigoye kwemeza umubare mu gihe bivugwa ko Brig. Gen. Noble Mayombo na Gen. Kahinda Otafiire bari bagotewe mu ruganda rw’imyenda. Urugamba rwo gukuraho Mobutu Sese Seko no kugeza Kabila ku butegetsi. U Rwanda […]
Col. Marc Nizeyimana wo muri FLN yemeye ko yakoranye na bamwe mu basirikare b’u Burundi mu kugaba ibitero mu Rwanda
Marc Nizeyimana, kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Mata 2021, yemereye urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambuka Imbibi, ko yemera ibyaha byose aregwa ko, yabikoze binyuze mu gukorana na bamwe mu basirikare b’u Burundi. Ni urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina nâabandi 20 bari abarwanyi nâabayobozi bâumutwe wa MRCD-FLN. Ubushinjacyaha bwakomereje ku byaha icyenda burega […]
Rulindo: Ivuriro ryahaye RSSB imibare y’abo ryavuye harimo abatarigeze barigana, abapfuye n’abatakiba mu Rwanda
Posite de Sante ya Kamushenyi iri mu Kagari ka Murama, Umurenge wa Kisaro mu Karere ka Rulindo, mu mwaka wa 2020 yahaye Ikigo cy’igihugu cy’ubwiteganyirize, RSSB, umubare munini w’abantu bahivurije mu gihe byasuzumwe bikaboneka ko bamwe bari barapfuye, abandi barimutse, yewe abandi ngo ntibigeze bajya kwivuza. Iri vuriro rirebererwa n’Ikigo Nderabuzima cya Kisaro, ryashyikirije RSSB […]
Derek Chauvin yahamwe n’icyaha cyo kwica George Floyd wamubwiraga ko ‘atabasha guhumeka’

Uwari umupolisi, Derek Chauvin,umuzungu, yahamwe n’icyaha cyo kwica umwirabura George Floyd mu Mujyi wa Minneapolis muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka ushize. Umucamanza yasanze ibirego bitatu byose bihama Chauvin, abari aho batera hejuru bigaragaza ukwishimira uyu mwanzuro. Abunganira Chauvin bo bavugaga ko Floyd yapfuye kuko yakoreshaga ibiyobyabwenge, ngo yari arwaye. Umucamanza yatangaje ko […]
Kwibuka27: Uturere tuza imbere mu kugira imiryango myinshi yazimye kubera Jenoside
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG Nsengiyaremye Fidele, avuga ko kuva muri 2009 kugeza mu 2019, uyu muryango watangiye gukora ubushakashatsi bugamije kumenya imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho basanze imibare iri hejuru mu Turere twa Karongi na Nyamagabe. Nsengiyaremye avuga ko ubushakashatsi n’ubu bukomeje, akemeza ko hamaze kuboneka […]
Perezida Kagame i Luanda (amafoto)

Perezida w’ u Rwanda, Paul Kagame yageze muri Angola aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yâumutekano ku karere kâibiyaga bigari (ICGLR) yiga ku bibazo by’umutekano muri Centrafurika. Perezidansi itangaza ko mukuru w’igihugu yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Angola, JoĂŁo Lourenço. Ntihatangajwe ibyo aba bombi baganiriyeho. Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Angola, JoĂŁo Lourenço […]
Igitutu kiremereye Haruna Niyonzima
Kapiteni wâikipe yâigihugu yâumupira wâamaguru y’ u Rwanda akaba n’umukinnyi wa Young Africans yo muri Tanzania, Haruna Hakizimana Fadhil Niyonzima avuga ko ku giti cye hari igitutu cyo gutwara igikombe cya shampiyona muri Tanzania mu ikipe ye. Haruna avuga ko igitutu ari cyinshi cyane bitewe n’uko bidasanzwe ko kuva yatangira gukina kinyamwuga, Yanga nta na […]
Icyo u Bufaransa buvuga kuri Raporo y’ u Rwanda ibushinja kurebera ikorwa rya jenoside
Mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubufaransa, Minisitiri Jean-Yves Le Drian yavuze kuri Raporo y’ u Rwanda ivuga ko iki gihugu ntacyo cyakoze ngo gihagarike Jenoside yakorewe Abatutsi, yemeza ko ari ‘indi ntambwe iganisha ku kumva amateka ahuriweho’. Le Drian avuga ko Ubufaransa “bwifatanyije n’ubushake bwerekanywe n’abategetsi b’u Rwanda bwo kubaka igice gishya mu mubano […]
Kigeme: Impunzi yariyahuye, indi bayikura mu mugozi kubera inzara
Nyuma y’amezi hafi abiri inkunga yo kurya igabanyijwe ku mpunzi zihabwa imfashanyo ziri mu nkambi mu Rwanda ubu, izo mu Nkambi ya Kigeme ziravuga ko zugarijwe n’inzara ikabije, aho zimwe zivuga ko umwe muri zo yiyahuye, undi bakamukura mu mugozi ashaka kwiyahura kubera inzara. Ukugabanuka kw’inkunga kwatumye umuntu umwe w’impunzi wagenerwaga 7,600Frw y’imfashanyo yo kumutunga […]
Perezida Kagame yayoboye inama y’abaminisitiri idasanzwe
Perezida w’ u Rwanda, Paul Kagame yayoboye inama y’abaminisitiri idasanzwe, aho umunyamategeko Bob Muse ari gusobanura ibikubiye muri raporo nshya yâu Rwanda ku ruhare rwâu Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi. RBA itangaza ko iyi raporo yiswe âA Foreseeable Genocide: The Role of the French Government in Connection with the Genocide against the Tutsi.” Iyi raporo […]
Jose Mourinho yirukanwe
Umutoza wa Totenham Hotspurs, Jose Mourinho yirukanwe,ku bw’umusaruro mubi yagiye atanga kuva yatangira gutoza iyi kipe. Ni inkuru iri kugarukwaho n’ibinyamakuru bitandukanye byo mu Bwongereza. Ni nyuma y’aho iyi kipe yemeje ko izakina mu irushanwa rya Super League. Kurikira ibiganiro nâamavidewo binyura kuri Bwiza TV
Yabonanye n’umuryango we nyuma y’imyaka 27 bamwibuka nk’uwishwe muri jenoside
Umuturage witwa Uwamahoro Rosine yabonanye n’umuryango we nyuma y’ imyaka 27 Jenoside yakorewe ibaye mu 1994 mu gihe we yari azi ko umuryango we wazimye naho bo bakamamwibuka muri buri cyunamo, uko umwaka utashye. Uwamahoro kuri ubu ufite imyaka 31, yasanze bamwe mu bo mu muryango we bakiriho, batuye mu Kagari ka Munazi, mu Murenge […]
Sheikh Nshimiyimana w’imyaka 50 akurikiranweho gusambanya umuhungu w’imyaka 16
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Sheikh Nshimiyimana DamascĂšne uzwi ku mazina ya âSheikh Omar Josephâ ukekwaho gusambanya umwana wâumuhungu wamukoreraga akazi ko mu rugo. Sheikh Nshimiyimana wâimyaka 50 yafunzwe ku wa 14 Mata 2021, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana wâumuhungu wâimyaka 16. Hari amakuru ko Sheikh Nshimiyimana yashukishaga uwo mwana ibintu bitandukanye kugira […]
Gen. Kainerugaba arashakisha hasi hejuru umuntu wamushushanyije

Umuhungu wa Perezida wa Uganda akaba n’Umujyanama wa Se mu bya gisirikare, Umuyobozi w’Ingabo zidasanzwe, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba avuga ko akeneye guhura n’umwe mu banyabugeni bamushushanyije. Ku rubuga rwe rwa Twitter, Muhoozi avuga ko yifuza guhura n’uwo muntu wamushushanyije. Ati ” Ndacyakeneye guhura na we.” Muhoozi ati ” Ndacyakeneye guhura n’uyu munyabugeni w’agatangaza. Ndashaka […]
Perezida Samia yanenze abadepite bazana ibyo ku mbuga nkoranyambaga mu nteko
Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yabwiye abagize inteko ishingamategeko ko biteye impungenge kubona “ikintu kirimo kuvugwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga ari cyo kiba ngenderwaho mu mpaka zo nteko ishingamategeko”. Yavuze ko ababajwe no kuba inteko ishingamategeko ijya impaka ku ho atandukaniye n’uwo yasimbuye – wapfuye ku itariki ya 17 y’ukwezi kwa gatatu – aho […]
Aranenga abirirwa bareba televiziyo mu gihe Kigali yonyine irimo amoko y’inyoni 100
Burya koko âUwambaye ikirezi ntamenya ko cyera.â Uyu mugani uwawucira abaturage bo muri Kigali ntabwo yaba yibeshye. Biratangaje kubona bamwe mu baturage bo muri Kigali bahura nâingorane ziturutse ku mibereho ya buri munsi kandi umuti wazo uri aho babasha gutera ibuye. None se byasobanuka bite kugira agahinda gakabije, kubura aho utemberera cyangwa kwirirwa urebera kuri […]
Ramadhan: Umunani biteretse ibiryo ku manywa y’ihangu bahise bafungwa
Abantu umunani batawe muri yombi na polisi yo muri Leta ya Kano muri Nigeria nyuma yo gusangwa bicaye ku manywa y’ihangu bari kurya mu gihe cya Ramadhan. Muri Kano, hamwe mu hantu 12 hagendera kuri Sharia mu majyarurguru y’iki gihugu, aba bapolisi bahisemo gufunga abo bantu kuko bari barenze ku mabwiriza. Aba baplisi ba Hisbah […]
Kumugarura mu Rwanda bifite icyo bivuze- RIB kuri Munyenyezi woherejwe na Amerika
Urwego rw’Igihugu mu Rwanda (RIB) ruvuga ko hari icyo bivuze kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zohereje uwitwa Beatrice Munyenyezi ukekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi. Avugana n’abanyamakuru, Thierry Murangira avugira RIB yavuze ko Leta y’Amerika yasanze “itamugumana ku butaka bwayo imwohereza mu Rwanda”. Yavuze ko “kumugarura mu Rwanda bifite icyo bivuze, kandi n’inyungu ku […]
Niba atari ibyo nimunjyane gufungirwa i Mageragere- Byabagamba abwira urukiko
Tom Byabagamba wahoze ku ipeti rya koloneri (Col.) mu Ngabo zâu Rwanda yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko rudafite ububasha bwo kumuburanisha, kuko ari umusirikare ufungiye muri gereza ya gisirikare, ngo bitaba ibyo, yajyanwa i Mageragere ahafungirwa abasivili. Kuri uyu wa Gatanu Byabagamba wanayoboye abarinda umukuru w’igihugu, Republican Guard (GP), yitabye urukiko mu buryo bwâikoranabuhanga, […]
Abanyarwanda bacuruza muri Congo ntibavuga rumwe nâinzego zishinzwe abanjira nâabasohoka kuri Viza
Abanyarwanda bakora ubucuruzi buto bwambukiranya imipaka hagati yâUmujyi wa Kamembe mu Rwanda na Bukavu muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ntibavuga rumwe nâinzego zishinzwe abanjira nâamasohoka ku kiguzi cya viza. Bavuga ko kuva kuwa mbere wâiki cyumweru abashinzwe abinjira nâabasohoka ku ruhande rwa Kongo barimo kubishyuza amadolari 30. Bamwe muri abo bacuruzi biganjemo abagore bakora […]
Rulindo: Hataburuwe abantu mu nzu yâumupolisi, kubashyingura byakuruye impaka

Mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Shyorongi, Akagari ka Rutonde hafi yâUmujyi wa Kigali mu ntangiriro zâiki cyumweru hatahuwe abantu bane bivugwa ko bishwe mu mwaka wa 1994 gusa kuva abo baboneka, havutse agasigane ko kubashyingura by’umwihariko ku muntu uzabashyingura n’aho bazashyingurwa. Radio Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, yageze muri kariya gace ivuga […]
Muhanga: Ubujura bw’abitwaje inkota n’imihoro buteye inkeke
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga nâabo mu yindi mirenge ihana imbibi nâuwa Nyamabuye nka Cyeza bakorera muri uyu wa Nyamabuye barasaba ubuyobozi guhagurukira ikibazo cyâubujura nâubwambuzi bukoresheje ingufu nâintwaro gakondo. Radiyo Ijwi ry’Amerika ivuga yabonye amakuru ko mu Murenge wa Nyamabuye icyo kibazo ari icyâabantu batazwi batega abaturage nijoro; […]
Gen Salim Saleh aravugwaho uruhare mu ishyaka rya Samputu

Murumuna wa Perezida wa Uganda akaba n’umwe mu bakomeye mu ngingo zijyanye n’umutekano w’igihugu, Gen Caleb Akandwanaho uzwi nka Salim Saleh aravugwaho kuba umwe mu bantu ba hafi b’umuhanzi, Jean Paul Samputu batumye ashinga ishyaka. Ikinyamakuru Virunga Post gikunze kwikomwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ u Rwanda gitangaza ko uyu musirikare ari ku isonga mu baba […]