Musanze: Ushinzwe ubutaka mu murenge yasenye inzu y’utishoboye ategekwa kongera kuyubaka
Umukozi ushinzwe ubutaka mu Murenge wa Nkotsi w’akarere ka Musanze, yasenye inzu y’umuturage utishoboye wari warubatse mu buryo bunyuranyije n’amategeko biba ngombwa ko ategekwa kongera kuyubaka. Uwasenyewe witwa Nyirasafari Joselyne, yabwiye Televiziyo ya BTN dukesha iyi nkuru ko iriya nzu yasenywe yari yarayiyubakiye, bijyanye n’uko we n’abana be batanu bari bamaze igihe batagira aho gukinga […]
Umusirikare wa MONUSCO yishwe n’inyeshyamba z’Abanyamulenge
Umusirikare wo mu ngabo za Loni ziri kugarura amahoro muri Congo Kinshasa (MONUSCO), yiciwe n’inyeshyamba mu gace ka Minembwe ho muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Uyu musirikare yishwe ku wa Gatanu tariki ya 30 Nzeri nk’uko byemejwe n’Igisirikare cya Congo Kinshasa. Umuvugizi wa Brigade ya 12 y’Ingabo za Congo Kinshasa zishinzwe […]
Leta y’u Burundi yasubije abibaza icyo Perezida Ndayishimiye yaba yarahoye Bunyoni
Leta y’u Burundi yatangaje ko kuba Perezida Evariste Ndayishimiye yarafashe icyemezo cyo kwirukana Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa kiriya gihugu ari ibisanzwe, ngo kuko nk’umukuru w’igihugu afite ububasha bwo guhindurira inshingano uwo ashaka. Ku itariki ya 07 Nzeri ni bwo Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi yemeje Lt. Gen Gervais Ndirakobuca nka Minisitiri w’Intebe […]
Umuhungu wa Museveni yagaragaje impamvu ashyigikiye u Burusiya n’icyo apfa na Amerika
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yongeye kugaragaza ko ari inyuma y’u Burusiya mu rugamba buhanganyemo na Ukraine. Ibihugu byombi biri mu ntambara kuva muri Gashyantare uyu mwaka, gusa u Burusiya ni kenshi bwagiye bwamaganwa n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi kubera iriya ntambara; kugeza bibufatiye ibihano. Gen […]
Polisi yateguje ibihano bishaririye abashoferi bifashishwa mu gukwirakwiza magendu
Polisi y’Igihugu yaburiye abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ibasaba kureka gufasha abakora ubucuruzi bwa magendu batwara ibicuruzwa byabo byinjizwa mu Rwanda bitasorewe mu kubikwirakwiza hirya no hino mu gihugu. Ni umuburo waje ukurikira ibikorwa byo kurwanya ubu bucuruzi butemewe byakozwe ku wa Kane tariki 29 Nzeri. Icyo gihe mu karere ka Muhanga […]
Myugariro Ngenderwaho w’Amavubi aravugwa muri shampiyona y’u Bushinwa
Myugariro ngenderwaho w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Nirisarike Salomon, biravugwa ko ashobora kujya gukomereza urugendo rwe rw’umupira w’amaguru muri shampiyona y’u Bushinwa. Uyu musore kuri ubu nta kipe afite nyuma yo gusezererwa na Urartu FC yo muri Armenia yahoze akinira. Nirisarike Salomon kuri ubu uri mu Bubiligi n’umuryango we, amakuru avuga ko isaha n’isaha ashobora kwerekeza mu […]
Lt Col Damiba wari Perezida wa Burkina Faso yahiritswe na mugenzi we w’ipeti rya Capitaine
Itsinda ry’abasirikare ba Burkina Faso kuri uyu wa Gatanu, ryatangaje ko ryavanye ku butegetsi Lt Col Paul-Henri Damiba wayoboraga kiriya gihugu kuva muri Mutarama uyu mwaka. Itangazo ryasomewe kuri Televisiyo y’Igihugu na Capitaine Ibrahim Traoré wahise afata ubutegetsi, rivuga ko usibye uriya mwanzuro, Guverinoma n’Inteko Ishinga amategeko ya Burkina Faso byombi byasheshwe, ndetse n’imipaka yose […]
Putin yatangaje ku mugaragaro ko uduce 4 twari utwa Ukraine twahindutse utw’u Burusiya
Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, yatangaje ku mugaragaro ko uduce tune twari dusanzwe ari utwa Ukraine twamaze guhinduka urw’igihugu cye. Ni nyuma y’amatora ya kamarampaka yabaye ntangiriro z’iki cyumweru yo kwemeza niba utu duce twa Donetsk, Luhansk, Kherson na Zaporizhzhia tugomba guhinduka utw’u Burusiya, nyuma y’uko Ingabo zabwo zitwambuye iza Ukraine. Perezida Vladimir Putin mu […]
Imyigaragambyo muri Burkina Faso, barasaba ko Col. Zoungrana ‘wagerageje’ Coup d’état afungurwa
Amagana y’abanya-Burkina Faso bamaze gutangira imyigaragambyo i Ouagadougou mu murwa mukuru, mu gihe muri iki gihugu hakomeje guhwihwiswa amakuru ya Coup d’état. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo abatuye i Ouagadougou baramutse bumva urusaku rwinshi rw’imbunda zoroheje n’iziremereye rwumvikanye ruturuka mu kigo cya gisirikare cy’ingenzi muri iki gihugu. Abasirikare benshi bagaragaye bafata […]
Kera kabaye u Burundi bwongeye gufungura imipaka yabwo n’u Rwanda
Leta y’u Burundi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Nzeri, yongeye gufungura imipaka ihuza iki gihugu n’u Rwanda nyuma y’imyaka itandatu ifunzwe. U Burundi bwari bwarafunze imipaka yabwo n’u Rwanda kuva muri 2016, nyuma y’uko Leta y’u Burundi ishinje iy’u Rwanda kugira uruhare muri Coup d’etat y’abashakaga guhirika ubutegetsi bw’uwari […]
Ndayishimiye yavugurujwe n’umuvugizi we ku ‘bihangange’ byashatse kumukorera Coup d’état
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yavugurujwe n’umuvugizi we ku bo mu minsi yise ibihangange byashakaga kumuhirika ku butegetsi. Tariki ya 02 Nzeri 2022 ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye yari mu mujyi wa Gitega mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza, yasabye abo yise ibihangange bifite gahunda yo kumuhirika ku butegetsi gusubiza inkota mu rwubati, ngo kuko nta […]
Umujyanama wa Tshisekedi yatawe muri yombi azira gufata ku ngufu umwana
Antoine Ababifuanina usanzwe ari umujyanama wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yatawe muri yombi na Polisi akurikiranweho gusambanya ku ngufu umwana. Ababifuanina asanzwe ari umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu bijyanye na Peteroli na gaz. Yatawe muri yombi ejo ku wa Kane. INFOS.CD yatangaje ko amakuru ikesha bamwe mu bo muri Polisi ya Congo […]
M23 yaba yamaze kwimura abatuye Kabindi kugira ngo ibone neza uko iharwanira na FARDC
Amakuru aturuka muri Congo Kinshasa aravuga ko inyeshyamba za M23 zaba zamaze gusaba abatuye umudugudu wa Kabindi ho muri Teritwari ya Rutshuru kuhimuka, mu gihe hanugwanugwa imirwano hagati yazo na FARDC. Ni amakuru anemezwa n’inzego z’ibanze zo muri kariya gace nk’uko Radio Okapi y’Umuryango w’Abibumbye ibitangaza. Amakuru avuga ko kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru […]
Kabuga yanze kwitabira iburanisha mu mizi ry’urubanza rwe
Umunyarwanda Kabuga Felcien ukurikiranweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ntabwo yitabira iburanisha mu mizi ry’urubanza rwe rutangira kuri uyu wa Kane. Urubanza rw’uyu munyemari ruratangira uyu munsi n’ejo ku wa Gatanu, nyuma y’imyaka ibiri afatiwe mu Bufaransa aho yari yihishe nyuma y’imyaka ibarirwa muri 25 ahigishwa uruhindu. Kabuga ashinjwa ibyaha birimo […]
Rulindo: Abatari bake bakomerekeye mu mpanuka ikomeye y’imodoka
Abantu babarirwa muri 15 bakomeretse, nyuma y’impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zagonganye yabereye mu karere ka Rulindo. Iyi mpanuka yabereye i Shyorongi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Nzeri 2022. Intandaro yayo amakuru avuga ko yabaye ikamyo yaturukaga mu mujyi wa Kigali yerekezaga mu majyaruguru y’igihugu yagonze minibus yo mu bwoko bwa […]
Icyo Rwasamanzi avuga ku isanganya Amavubi U-23 yahuye na ryo mu rugendo rujya muri Libya
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 23, Yves Rwasamanzi, yavuze ko ntawe yifuriza guhura n’ibyo abakinnyi atoza bahuye na byo, nyuma y’urugendo rukomeye bakoze bajya ndetse banava muri Libya. Rwasamanzi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’umukino Amavubi U-23 yari amaze gusezereramo Libya mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 giteganyijwe […]
Nyaruguru: Des centres de développement des talents, une nécessité

Depuis 2020, chaque année, plus de 20 jeunes agés de 5 à 22 ans, sont selectionnés dans le district de Nyaruguru, après des compétitions organisées par l’Organisation Non Gouvernementale, Compassion International, dans son programme appelé “détection des talents”. Aujourd’hui, ces jeunes doués dans plus de 10 disciplines diffèrentes comme le football, l’athlétisme, la danse et […]
Indi kajugujugu ya UPDF yakoze impanuka, hapfa abasirikare barenga 10
Abasirikare barenga 10 bo mu gisirikare cya Uganda (UPDF), baguye mu mpanuka ya kajugujugu yabaye ku munsi w’ejo. Iyi kajugujugu yo mu bwoko bwa MI-17 yakoreye impanuka mu gace ka Rwenzori, hafi y’umupaka wa Uganda na Congo Kinshasa. Amakuru avuga ko iyi ndege yakoze impanuka nyuma y’iminota mike ihagurutse muri Uganda, ikaba yari yerekeje muri […]
Amavubi yasuzugurikiye imbere ya St Eloi Lupopo yo muri RDC
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ kuri uyu wa Kabiri yatsinzwe na St Eloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitego 3-1, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo. Ni umukino wabereye kuri Stade ya El Arb Zaouli muri Maroc. Uyu mukino wari uwa kabiri wa gicuti iyi kipe y’umutoza Carlos Alos Ferrer ikinnye, nyuma […]
Remontada! Amavubi U-23 yakoze ibitatekerezwaga, asezerera Libya
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 23, yageze mu ijonjora rya kabiri mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Libya ku gitego cyo hanze. Iyi kipe y’umutoza Rwasamanzi Yves yari yakiriye Libya kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ryo gushaka itike ya CAN y’abatarengeje imyaka 23 izabera izabera muri Maroc […]
Umugore w’umwe muri ba Perezida ba Afurika yagaragaye yidoga ko nta wakorera Coup d’état umugabo we
Umufasha wa Perezida Julius Maada Bio wa Sierra Léone, yatangaje ko umugabo we afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) mu gukumira za Coup d’État; bityo ko nta wufite ubushobozi bwo kuba yamuhirika ku butegetsi. Fatima Maada Bio yatangaje ibi binyuze mu mashusho ari guhererekanywa cyane ku mbuga nkoranyambaga. Muri aya mashusho, yumvikana yidoga cyane agira ati: “Muravuga […]
M23 yagize icyo ivuga ku makuru ari kuvuga ko abarwanyi bayo bavuye mu Bunagana
Umutwe wa M23 wanyomoje amakuru akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga abarwanyi bawo bavuye muri uyu mujyi, ushimangira ko nta gahunda ufite yo kuva muri uyu mujyi. Kuva mu ijoro ryakeye ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo urwa Twitter hatangiye gukwirakwizwa inkuru za bamwe mu banye-Congo bavugaga ko kera kabaye abarwanyi ba M23 bamaze kuva mu mujyi […]
Perezida Kagame yazamuye mu ntera Maj Gen Innocent Kabandana
Perezida Paul Kagame usanzwe ari Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazamuye mu ntera Maj Gen Innocent Kabandana amugira Lieutenant General. Maj Gen Kabandana yazamuwe mu ntera nyuma yo kurangiza ubutumwa yari amazemo umwaka muri Mozambique, aho yari afite inshingano zo guhuza ibikorwa by’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado. […]
RDF yashyikirije FARDC umukomando wayo wari umaze iminsi afungiye mu Rwanda
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Mbere cyashyikirije icya Congo Kinshasa (FARDC) umusirikare wacyo, nyuma y’iminsi ibiri afungiye mu Rwanda. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo uyu musirikare wa Congo yafatiwe mu Rwanda bigaragara ko yasinze, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga. Uruhande rwa Congo rwo ruvuga ko yari yaje […]
RDF yemeje ko yafatiye mu Rwanda umusirikare wa FARDC yasinze
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyemeje ko giheruka gufatira ku butaka bw’u Rwanda umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) byagaragaraga ko yari yasinze. Congo Kinshasa yaherukaga gutangaza ko uyu musirikare yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda ku wa Gatandatu tariki 24 Nzeri. Iby’ifatwa rye byanemejwe n’Umuyobozi wa Polisi ya Congo Kinshasa muri […]
Kenya: 11 biganjemo abapolisi bishwe n’abajura b’inka
Abantu 11 barimo abapolisi umunani, biciwe mu majyaruguru ya Kenya nyuma yo gutegwa igico n’abajura b’inka birukankagaho. Agace aba bantu uko ari 11 biciwemo, kamaze igihe karangwamo cyane ubujura bw’inka ahanini kubera amapfa yatumye inzuri n’amazi biba ingume. Polisi ya Kenya ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yatangaje ko kiriya gico “cy’ubugizi bwa nabi kandi […]
RDC iravuga ko hari umusirikare wayo ufunzwe na RDF
Inzego z’umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziravuga ko hari umusirikare w’iki gihugu ufunzwe n’Igisirikare cy’u Rwanda nyuma yo kumufatira ku butaka bw’u Rwanda yaje gutashya inkwi. ACTUALITE.CD yatangaje ko uyu musirikare yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda ku wa Gatandatu tariki 24 Nzeri. Iki gitangazamakuru cyasonanuye ko yambutse umupaka uhuza Congo Kinshasa n’u Rwanda […]
Igitero ku Burusiya ni igitero kuri Afurika_Gen Muhoozi wahumurije Putin
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yahurije Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, amubwira ko uwagaba igitero ku gihugu cye yaba akigabye no kuri Afurika. Ni mu butumwa uyu mugabo usanzwe ari imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni yanditse kuri Twitter ye. Ati: “Perezida Putin ntakwiye gukangisha intambara y’intwaro kirimbuzi. Turamwumva. […]
Abarimo bashyingura bayabangiye ingata nyuma yo kubona uwo bashyinguraga asohotse mu sanduku
Abatuye mu gace ka Angalu ho muri Leta ya Nasarawa muri Nigeria, bakijijwe n’amaguru ubwo barimo bashyingura hanyuma uwo bashyinguraga bakabona asohotse mu isanduku. Ku wa 05 Nzeri 2022 ni bwo abaganga bemeje ko Godwin Ugeelu Amadu w’imyaka 59 y’amavuko ari na we washyingurwaga yashizemo umwuka. Icyo gihe byabaye ngombwa ko bamufureba imyenda bamujyana mu […]
APR FC yavuguruje umutoza Adil ku cyemezo gikomeye yari yarafashe
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwamaze kubabarira abakinnyi batatu basanzwe bakinira iyi kipe, nyuma y’igihe barafatiwe ibihano n’umutoza Mohammed Adil Erradi. Mu ntangiriro z’uku kwezi ni bwo umutoza Adil yari yafatiye ibihano abakinnyi bane barimo Lague Byiringiro, Ishimwe Anicet, Nizeyimana Djuma na Nsengiyumva Ir’Shad Parfait. Uko ari bane umutoza yari yarafashe icyemezo cyo kubamanura mu […]
Biri guhwihwiswa ko Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa yaba yakorewe Coup d’État
Amakuru u Bushinwa butaragira icyo buvugaho aravuga ko Perezida wabwo, Xi Jinping yaba yahiritswe ku butegetsi. Ibihuha by’uko Perezida Xi Jinping yaba yahiritswe ku butegetsi byatangiye guhwihwiswa kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, mbere yo gufata indi ntera kuri murandasi. Kuri ubu ijambo u Bushinwa n’izina Xi ni amwe mu yari kuvugwaho cyane […]
Kajugujugu y’intambara ya UPDF yakoze impanuka
Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu y’Igisirikare cya Uganda (UPDF), yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu igonga urugo rw’umukecuru. Iyi kajugujugu yo mu bwoko bwa MI 24 yakoreye impanuka ahitwa Isaaka, nyuma y’iminota mike ihagurutse ku kibuga cy’indege cyo mu gace ka Fort-Portal. Umuvugizi wa Diviziyo y’Ingabo za Uganda zirwanira mu misozi, […]
William Ruto yahishuye impamvu yahaye Kenyatta inshingano nshya akimara kumusimbura
Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yahisemo guha inshingano nshya Uhuru Kenyatta yasimbuye ku butegetsi, mu rwego rwo kwirinda ko ibibazo by’amakimbirane yugarije akarere Kenya iherereyemo byabangamira ubutegetsi bwe. Ku wa 13 Nzeri ni bwo Perezida William Ruto yatangaje ko yahaye inshingano Uhuru Kenyatta zo gukurikirana ibikorwa by’amahoro Kenya yagiye iharanira mu karere iherereyemo. […]
Amavubi U-17 asa n’atakibaho nanone ntakitabiriye CECAFA
Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 17, ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ntabwo izitabira irushanwa rya CECAFA y’uyu mwaka igomba kubera muri Ethiopia. Ni irushanwa rigomba kubera i Addis Ababa kuva ku wa 30 z’uku kwezi, aho byitezwe ko rigomba kwitabirwa n’ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati. U Rwanda nka kimwe mu bihugu […]
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni
Perezida Paul Kagame ku wa Gatanu tariki ya 24 Nzeri, yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres; bagirana ibiganiro. Ibiganiro by’abayobozi bombi byagarutse ku ruhare rw’u Rwanda mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, ibikorwa by’iterambere biri kugerwaho mu gihugu ndetse n’ikibazo cy’umutekano mu Karere k’Ibiyaga bigari. Ikibazo cy’umutekano muke muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri […]
Tshisekedi yatangaje ko Gen Philémon Yav afungiwe ‘gukorana n’u Rwanda’ ngo M23 ifate Goma
Perezida Félix Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yatangaje ko Lt Gen Philémon Yav ufunzwe akurikiranweho kuba ashinjwa na bagenzi be bo muri FARDC gushaka gufasha inyeshyamba za M23 kwigarurira Umujyi wa Goma mu izina ry’u Rwanda. Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 19 Nzeri ni bwo Gén Yav bakunda kwita ’Tigre’ yatawe muri yombi […]
Perezida Evariste Ndayishimiye yishimiye kwakirwa mu cyubahiro na Joe Biden
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yahuye na mugenzi we Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashimiye ku bw’urugwiro we n’abaturage be bamugaragarije i New York. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi ni umwe mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bari bitabiriye Inteko rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye, anageza ijambo ku bayitabiriye. Perezida Ndayishimiye abinyujije ku […]
Gen Muhoozi agiye kongera gusura ‘se wabo’ Perezida Kagame
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko vuba aha agiye kongera kugaruka mu Rwanda gusura Perezida Paul Kagame yita se wabo. Gen Muhoozi yemeje inkuru y’uru ruzinduko rwe mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter. Ni uruzinduko yavuze ko azaba aje kwigiramo ubumenyi bw’ibijyanye no korora inka. Yagize […]
Hahishuwe uko Paul Pogba yateje ibinyugunyugu abarebaga umukino wa nyuma wa Euro 2016
Mathias Pogba, umuvandimwe w’Umufaransa Paul Pogba usanzwe akinira Juventus yo mu Butaliyani, yahishuye ko murumuna we yahamagaye ibinyugunyugu ubwo habaga umukino wa nyuma wa Euro 2016 binyuze mu mupfumu we. Ni ibikubiye mu butumwa bwinshi ndetse n’amashusho ya Videwo zibarirwa muri 30 Mathias yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Uyu musore ufite inkomoko muri Guinée-Conakry […]
Amajyepfo: Biyemeje gukumira amakimbirane ataraba ibyaha

Gukemura amakimbirane agitangira, mbere yuko ahinduka ibyaha bijya mu bugenzacyaha ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu kiganiro Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze, inzego z’umutekano n’iz’ubutabera, amadini n’abandi bafatanyabikorwa bo mu Ntara y’Amajyepfo. Icyo kiganiro cyabereye mu karere ka Gisagara kuri uyu wa 22 Nzeli 2022. Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), […]
Wa rutahizamu w’umunya-Côte d’Ivoire yatangiye imyitozo mu Mavubi (Amafoto)

Rutahizamu Gerard Bi Goua Gohou ufite inkomoko mu gihugu cya Côte d’Ivoire, yamaze gutangira imyitozo mu kipe y’Igihugu ‘Amavubi’. Amakuru y’uko uyu rutahizamu w’ibigango yahamagawe n’Amavubi yamenyekanye kuri uyu wa Kane, atangajwe bwa mbere n’ikipe ya FC Aktobe yo mu gihugu cya Kazakhstan asanzwe akinira. Gerard Bi Goua Gouhou ni rutahizamu ufite inkomoko i Abidjan […]
Ba Perezida William Ruto na Tshisekedi bakiriwe na Joe Biden
Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yakiriye ba Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Dr William Ruto wa Kenya. Biden n’aba bakuru n’ibihugu byombi bahuriye i New York, mu musangiro Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Madamu we bateguriye abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye […]
Rutahizamu w’umunya-Côte d’Ivoire yahamagawe mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’
Ikipe ya FC Aktobe yo mu gihugu cya Kazakhstan, yatangaje ko umunya-Côte d’Ivoire Gerard Bi Goua Gohou usanzwe ayikinira yahamagawe n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’. Iyi kipe yemeje aya makuru mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Instagram kuri uyu wa Kane. Gerard Bi Goua Gouhou ni rutahizamu ufite inkomoko i Abidjan muri Côte d’Ivoire, akaba yahamagawe […]
Abanyarwanda bagiriwe inama yo kwirinda gukorera ingendo zitari ngombwa muri Uganda

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Kane yasabye Abanyarwanda gukaza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Ebola, ishyiraho amabwiriza yo kugikumira. Ni nyuma y’uko mu ntangiriro z’iki cyumweru muri district ya Mubende ho muri Uganda hagaragaye umurwayi w’iki cyorezo, ndetse bikanarangira kimuhitanye. Minisiteri y’Ubuzima mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Nzeri, […]
RDC: Abasirikare 75 ba hafi ya Gen Philémon Yav na bo batawe muri yombi
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Kane cyataye muri yombi abasirikare 75 ba hafi ya Lt Gén Philémon Yav kugira ngo kibakoreho iperereza ryerekeye umugambi wa Coup d’état ashinjwa. Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 19 Nzeri ni bwo Gén Yav bakunda kwita ‘Tigre’ yatawe muri yombi n’ubutasi […]
Abasirikare babarirwa muri 20 b’u Burundi na RDC baguye mu mirwano na FNL
Imirwano ikomeye ku wa Kabiri w’iki cyumweru yasakiranyije Ingabo z’u Burundi, iza Congo Kinshasa ndetse n’inyeshyamba za FNL zirwanya ubutegetsi bw’u Burundi; igwamo abasirikare babarirwa muri 20. Iyi mirwano yabereye ahitwa Namaramara ho muri Teritwari ya Mwenga, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ingabo z’u Burundi ziri muri Congo Kinshasa zari zifatanyije muri iyi mirwano amakuru […]
Perezida Kagame na Tshisekedi baganiriye i New York ku buhuza bwa Macron
Amakuru aturuka i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aravuga ko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, bagiranye ibiganiro ku buhuza bwa Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa. Aba bakuru b’ibihugu uko ari batatu i New York bahitabiriye inteko rusange isanzwe ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye. Perezida Paul Kagame […]
Umukino wo kugerekanaho amakosa si wo uzakemura ibibazo_P. Kagame ku birego bya RDC
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko umukino Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irimo wo kugereka amakosa ku Rwanda atari wo uzakemura ikibazo cy’umutekano muke uyugarije, agaragaza ko gushaka uburyo bwihutirwa bwo kugikemura ari wo muti urambye. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Nzeri, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inteko rusange ya 77 […]
Nyaruguru: Lancement officiel de la saison agricole A, 2022/23

Le district de Nyaruguru a lancé officiellement, ce 19 septembre 2022, la saison agricole A 2022/2023, qui est la plus importante en terme de quantité de récoltes agricoles moyennes par an. La saison a été démarée par la culture du maïs dans le marais aménagé de Rwaganyoni situé dans le secteur de Kibeho. Le maire […]
Imikino PSG imaze gukina yatumye Mbappé ashinjwa kuba nyamwigendaho kuri Messi na Neymar
Umufaransa Kylian Mbappé nyuma yo kongera amasezerano muri Paris Saint-Germain, asa n’uwahindutse ‘boss’ wayo ndetse na nyirayo kubera uburyo akomeje kwitwara muri iyi kipe y’i Paris. Kugeza ubu uyu rutahizamu ukiri muto akomeje gushinjwa kuba ‘nyamwigendaho’, bitewe n’ubufatanye buke bukomeje kumuranga hagati ye na bagenzi be. Imibare iheruka gutangazwa n’imwe mu mateleviziyo yo mu Bufaransa, […]
U Burusiya bwatangiye gutegura inkeragutabara 300,000 zo guhangana na Ukraine
Perezida Vladimir Putin yatangaje ko yamaze gutangiza ubukangurambaga bugomba gusiga inkeragutabara zibarirwa mu 300,000 zigiye gutanga umusada mu ntambara Ingabo z’u Burusiya zimaze igihe zihanganyemo n’iza Ukraine. Ni icyemezo Perezida Vladimir Putin yatangaje, nyuma yo kubisabwa na Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya ndetse n’ubuyobozi bukuru bwazo. Yavuze ko icyemezo yafashe ari “icyemezo gikwiye”, bijyanye n’ikibazo cyugarije […]
USA: Tshisekedi yahinduye imvugo, ashinja u Rwanda gutera RDC no kwigarurira kamwe mu duce twayo
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahinduye imvugo ashinja u Rwanda gutera igihugu cye ndetse rukanigarurira Umujyi wa Bunagana wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Perezida Tshisekedi yashyize ibi birego ku Rwanda, ubwo yagezaga ijambo ku bakuru b’ibihugu bitabiriye inteko rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye ikomeje kubera i New York muri […]
Perezida Filipe Nyusi yasuye Ingabo z’u Rwanda (Amafoto)

Perezida Filipe Jancito Nyusi wa Mozambique, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Nzeri yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro mu karere ka Mocimboa da Praia ho mu ntara ya Cabo Delgado. Aha Mocimboa da Praia Perezida Nyusi yaganirije abaturage baherutse gutahuka mu ngo zabo, nyuma y’igihe barahungiye mu nkambi z’impunzi. […]
Mozambique: Abasirikare benshi ba FADM na SAMIM biciwe mu gico cy’ibyihebe
Abasirikare bataramenyekana neza umubare bo mu ngabo za Mozambique ndetse n’ab’umiryango w’ibihugu bya Afurika y’Epfo bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri kiriya gihugu (SAMIM), biciwe mu gico baheruka gutegwa n’ibyihebe. Aba basirikare bishwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ubwo imodoka barimo zagwaga mu gico cy’ibyihebe, mu rugabano rw’uduce twa Chitama na Quinto Congresso ho […]
Umuraperi Danny Nanone yatawe muri yombi
Umuraperi Ntakirutimana Danny uzwi mu muziki nyarwanda nka Danny Nanone, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranweho gukubita umugore we. Uyu muririmbyi nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yatawe muri yombi ku wa Mbere Tariki ya 19 Nzeri kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Kicukiro. Dr Murangira yagize ati: “Afungiye […]
Amavubi U-23 yaguye miswi na Police FC mu mukino wabonetsemo ibitego byinshi
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 23, yaguye miswi na Police FC ibitego 3-3; mu mukino wa gicuti wabaye kuri uyu wa Mbere. Ni umukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mbere y’uko Amavubi acakirana na Libya mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23. Rutahizamu Rudasingwa Prince usanzwe akinira Rayon […]
Perezida Kagame mu baherekeje bwa nyuma umwamikazi Elizabeth II
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari mu bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza wabaye kuri uyu wa Mbere. Saa sita z’amanywa ni bwo imihango yo gusezera bwa nyuma ku mwamikazi w’u Bwongereza yatangiye. Ni imihango yabimburiwe n’igikorwa cyo kuvana umugogo we ahazwi nka Westminster Hall bawujyama ahitwa Westminster Abbey aho […]
Umutoza wa US Monastir yavuze umukinnyi wa APR FC uzaba igihangange nadasubira inyuma
Umunya-Serbie Darko Novic utoza ikipe ya US Monastir yo mu gihugu cya Tunisie, yashimye urwego rwa rutahizamu Mugunga Yves wa APR FC; avuga ko mu gihe yaba adasubiye inyuma ashobora kuzavamo umukinnyi mwiza. Uyu mutoza yabigarutseho nyuma y’umukino wa CAF Champions league ikipe ye yasezereyemo APR FC ku bitego 3-1 wabereye kuri Stade ya Mustapha […]
Ba Perezida 3 b’ibihugu bya EAC bagiye gushyingura umwamikazi Elizabeth II

Ba Perezida batatu b’ibihugu bitatu muri birindwi bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bari i Londres mu Bwongereza aho bitabiriye umuhango wo gutabariza [gushyingura] umwamikazi Elizabeth II. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Nzeri ni bwo Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza atabarizwa, mu muhango ubera ahitwa Westminster Abbey. Ni umuhango byitezwe ko witabirwa n’abashyitsi […]
Perezida wa Sena y’u Rwanda ari i Bujumbura mu Burundi
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Iyamuremye Augustin, kuva ejo ku Cyumweru tariki ya 18 Nzeri ari i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi aho yitabiriye inama ya ba Perezida ba za Sena z’ibihugu bya Afurika n’iby’Abarabu (ASSECAA). Iyi nama iri kuba ku nshuro yayo ya cyenda, iteganyijwe kubera i Bujumbura kuva kuri uyu wa Mbere tariki […]