Tottenham yirukanye umutoza nâabamwungirije nyuma yo kunyagirwa na Manchester United
Ubuyobozi bukuru bwa Tottenham Hotspur bumaze gufata icyemezo cyo kwirukana umutoza mukuru, Nuno Espirito Santo na babiri bari bamwungirije, Rui Barbosa na Antonio Dias bazira umusaruro mubi. Umuyobozi ushinzwe umupira wâamaguru muri Tottenham, Fabio Paratici yagize ati; âNuno ndamuzi neza, hamwe nâabamwungirije bifuzaga gutsinda, mbabajwe no kuba twafashe iki cyemezo.â Nuno nâabamwungirije birukanwe nyuma yâaho […]
Dr Mutua ntiyumva ukuntu peteroli mu Rwanda ihenduka kurusha muri Kenya kandi ruyikura i Mombasa
Guverineri wa Machakos muri Kenya, Dr Alfred Mutua uteganya kwiyamamariza kuyobora iki gihugu, ntabwo yumva ukuntu peteroli yo mu Rwanda ihenduka kurusha iyâiwabo kandi ari yo ituruka. Yabitangarije ku rubuga rwa Twitter guhera tariki ya 28 Ukwakira 2021 nyuma yâuruzinduko aherutse kugirira mu Rwanda. Dr Mutua yasuye sitasiyo yâibikomoka muri peteroli mu mujyi wa Kigali […]
Ba GĂ©nĂ©ral bayoboye Kivu yâAmajyaruguru na Ituri barasabwa kwegura
Abadepite bahagarariye intara ya Kivu yâAmajyaruguru na Ituri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), barasabira abasirikare babiri bayoboye izi ntara kwegura kuri iyi nshingano kuko batabashije gukemura ikibazo cyâumutekano muke nkâuko babyitezeho. Aba basirikare ni Lieutenant-GĂ©nĂ©ral Ndima Constant Kongba uyoboye Kivu yâAmajyaruguru na Lieutenant-GĂ©nĂ©ral Luboya NâKashama Johnny uboye Ituri, bahawe iyi nshingano na Perezida […]
Perezida Kagame yatanze inshingano aranirukana, Rashid muri yombi, Senateri Evode arasezerana; inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 25 Ukwakira 2021 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru ziganjemo izerekeye politiki, ubutabera nâumutekano. Harimo ko: Perezida Kagame yatanze inshingano aranirukana Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame tariki ya 27 Ukwakira 2021 yahinduriye inshingano uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbutegetsi bwâIgihugu (MINALOC) ushinzwe imibereho myiza yâabaturage, Nyirarukundo Ignatienne. Nyirarukundo yagizwe umujyanama […]
Ezekiel na Esther begukanye EAGT mu 2019 bavuga ko batarahabwa Frw agera kuri miliyoni 50 batsindiye

Itsinda ryâabavandimwe babiri bafite impano yo kuririmba bakomoka muri Uganda, Ezekiel na Esther Mutesasira rivuga ko ritarahabwa amadolari ya Amerika ($) 50,000 batsindiye ubwo begukanaga irushanwa rya East Africa Got Talent riheruka. Tariki ya 6 Ukwakira 2019 ni bwo Ezekiel wâimyaka 13 yâamavuko na Esther wâimyaka 16 begukanye iri rushanwa, babikesha impano idasanzwe bagaragaje mu […]
Israel: Umukobwa amaze gufungwa gatatu azira kwanga kujya mu gisirikare
Umukobwa wâimyaka 19 yâamavuko wo muri Israel witwa Shahar Perets avuga ko amaze gufungwa inshuro eshatu azira kwanga kujya gukora imyitozo mu gisirikare cyâigihugu. Shahar mu kiganiro yagiranye na BBC, ubwo yari afunguwe nyuma yo kumara iminsi 18 muri gereza yâigisirikare yavuze ko yafashe iki cyemezo kubera ko ngo adashyigikiye ko Israel ikomeza kwanga ubwigenge […]
Cabo Delgado: RDF na FADM birukanye ibyihebe mu birindiro bishya byari byarashinze

Ibyihebe byâumutwe wâiterabwoba ukorera mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique byari byarashinze ibindiro bishya bitandukanye nyuma yo kwirukanwa nâingabo zâu Rwanda ku bufatanye nâizâiki gihugu. Tariki ya 9 Nyakanga 2021 ni bwo u Rwanda rwatangiye kohereza ingabo muri Mozambique, ubu iziriyo zikaba zikabakaba 2000 nkâuko biherutse gutangazwa na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Mu […]
Perezida Kenyatta yavuze ko mu bifuza kumusimbura harimo ibisambo nâamabandi
Perezida wa Repubulika ya Kenya, Uhuru Kenyatta, yabwiye abaturage ko mu bifuza kumusimbura ku mwanya wâUmukuru wâIgihugu harimo ibisambo nâamabandi, abasaba kutazabatora kuko ngo bakwangiza ibyo yabagejejeho. Perezida Kenyatta yabitangarije abatuye mu Karere ka Kiambu ubwo yabasuraga ku wa 29 Ukwakira 2021. Ku mahitamo yâuzamusimbura, Perezida Kenyatta yasabye aba baturage ati; âNdabasaba kudashukwa. Muhitemo abayobozi […]
Twahuye nâamakipe akomeye ariko yavuye mu Rwanda yiyushye akuya_Gen. Kabarebe kuri APR FC
Umuyobozi wâicyubahiro wa APR FC, Gen. James Kabarebe kuri uyu wa 30 Ukwakira 2021 yasuye iyi kipe mbere yâuko itangira shampiyona mu mwaka wâimikino mushya, 2021/2022 na nyuma yo gusezererwa mu ijonjora rya CAF Champions League. Muri iri jonjora, APR FC yasezereye Mogadishu City Club (Banadir) yo muri Somalia, iyitsindiye i Kigali ibitego 2-1 tariki […]
Muhire yakoze ubukwe nâumukunzi we wamurwaje igihe kirekire, akanamuha impyiko

Muhire Jean Claude ufite umuryango Love the Kids ufasha abana bavuka mu miryango itishoboye ukorera mu Murenge wa Kimisagara Karere ka Nyarugenge, yakoze ubukwe nâumukunzi we Uwera Ingabire Marie Reine wamurwaje igihe kirekire, akanamuha impyiko. Ubu bukwe bwabereye muri kiliziya yitiriwe Mutagatifu Dominiko (St Dominic Chapel) ku Kacyiru, mu Karere ka Gasabo ya Kigali, kuri […]
Abasivili barimo abana bari gufasha igisirikare kurwanya TPLF na TDF

Abasivili barimo abana bafite imyaka yâamavuko iri munsi ya 18 bari gufasha igisirikare cyâakarere ka Amhara muri Ethiopia kurwanya umutwe witwaje intwaro wa TPLF na TDF iharanira ubwigenge bwâakarere ka Tigray. Aba basivili biganjemo urubyiruko batangiye kwiyunga nâigisirikare muri Nyakanga 2021 ubwo umuyobozi wâakarere, Agegnehu Teshager yabahamagariraga gufata intwaro, nabo bakarwanya iyi mitwe yijwaje intwaro […]
Sudani yâEpfo: Ingabo zâu Rwanda zatabaye uwakoze impanuka

Ingabo zâu Rwanda (abasirikare nâabapolisi) ziri mu butumwa bwâamahoro bwâUmuryango wâAbibumbye muri Sudani yâEpfo (UNMISS), zatabaye umushoferi wakoze impanuka, zimuha ubufasha bwâibanze. UNMISS ku rubuga rwa Twitter yahatangarije ko izi ngabo zabikoze zari ku burinzi zerekeza mu gace ka Aru, zisanga uyu mushoferi yakoze impanuka ikomeye. Zahise zimuha ubufasha bwâibanze burimo kumupfuka ahari ibikomere, zirangiza […]
Edgar Lungu wabaye Perezida wa Zambia yasabye imbabazi, ngo yarahemutse
Edgar Lungu wabaye Perezida wa Repubulika ya Zambia yasabye abaturage bose imbabazi kubera ko yabahemukiye, akabatererana mu myaka 10 yamaze ku butegetsi. Mu butumwa uyu munyapolitiki yatanze kuri uyu wa 29 Ukwakira 2021, yavuze ko we nâishyaka PF bakoze amakosa, batuma abaturage babatakariza icyizere, ntibongera kumutora. Yagize ati: âTwakoze amakosa mu kazi, twakoze bike mu […]
Ibitaro bya MBC byari biherutse gufungwa burundu, byakomorewe
Minisiteri yâUbuzima yafashe icyemezo cyo gukomorera ibitaro byigenga bya MBC nyuma yâibyumweru bitatu birenga gato ibifunze burundu kubera amakosa atandukanye yatumaga biha abakiriya serivisi mbi. Tariki ya 1 Ukwakira 2021 ni bwo MINISANTE yafashe icyemezo cyâuko guhera tariki ya 6 ifunga burundu ibi bitaro, bigendanye nâubugenzuzi yari imaze ikora mu mavuriro yigenga, aho yasanze MBC […]
Hakuzimana Rashid yari yitabye RIB yitwaje uburoso bwâamenyo na kambambiri
Hakuzimana Abdou Rashid wamenyekaniye mu biganiro bitavugwaho rumwe ku rubuga rwa YouTube, yatangaje ko yitabye urwego rwâigihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, yitwaje uburoso bwâamenyo nâinkweto za kambambiri zo gukarabiramo, atekereza ko ashobora gutabwa muri yombi. Mu masaa yine yâigitondo cyo kuri uyu wa 28 Ukwakira 2021 ni bwo Hakuzimana wari uherekejwe nâumugore we hamwe nâumwunganizi we […]
Umunyamakuru yategetswe kwishyura uwabaye Minisitiri indishyi ya Frw arenga miliyari ebyiri

Urukiko rukuru rwa Dar es Salaam muri Tanzania rwategetse umuyobozi wâigitangazamakuru Tanzanite, Cyprian Musiba kwishyura Bernard Kamillius Membe wabaye Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga indishyi ya miliyari 6 zâamashilingi (Frw miliyari 2.6). Urukiko rwafashe iki cyemezo nyuma yo guhamya Musiba icyaha cyo kwanduriza izina Membe mu 2018. Muri uwo mwaka ni bwo Membe yitabaje ubutabera arega Musiba […]
U Bwongereza burakura ibihugu byose ku rutonde rutukura
Guverinoma yâu Bwongereza yafashe icyemezo cyo gukura ibihugu byose ku rutonde rutukura rusanzwe ruriho ibyibasiwe cyane nâicyorezo cya Covid-19. Nyuma yâimpinduka ziherutse gukorwa mu ntangiriro zâuku kwezi, ibihugu birindwi (7) ni byo byari bisigaye kuri uru rutonde. Ibi ni: Ecuador, Dominican Republic, Colombia, Peru, Panama, Haiti na Vanezuela. Amabwiriza yâiki gihugu avuga ko abagenzi baturuka […]
Mu Bwongereza: Abakingiriwe Covid-19 mu Rwanda ntibazongera gufatwa nkâabatarakingiwe
Guverinoma yâu Bwongereza yafashe icyemezo cyo kongera u Rwanda ku rutonde rwâibihugu inkingo za Covid-19 zatangiwemo zizajya zihabwa agaciro mu gihe baba bagezeyo. Inkingo zemewe mu Bwongereza ni enye: Pfizer BioNTech, Oxford/AstraZeneca, Moderna na Janssen. Iki gihugu mu minsi ishize cyari giherutse gutangaza ko abagenzi baturutse ku mugabane wa Afurika, muri Amerika yâAmajyepfo no mu […]
UN yasabye CAR guhagarika imikoranire nâabacancuro ba Wagner
Impuguke zâUmuryango wâAbibumbye (UN) zasabye Repubulika ya Centrafrika (CAR) guhagarika imikoranire nâumutwe wâabacancuro Wagner Group, ukomoka mu Burusiya. Izi mpuguke zatanze ubu busabe kuri uyu wa 27 Ukwakira 2021 nyuma yâisuzuma zimaze igihe zikora ku basirikare bâuyu mutwe wigenga, bigendanye nâibyaha bashinjwa gukorera muri CAR birimo gukorera abasivili ihohotera ririmo irishingiye ku gitsina no kubatera […]
Mugabo yahishuye uko General Numbi yamuhungishije nyuma yo kwica Chebeya na Bazana
Jacques Mugabo wabaye umupolisi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kuri uyu wa 27 Ukwakira 2021 yahishuriye urukiko rwa gisirikare rwa Ndolo uko uwari Komiseri Mukuru, Gen. John Numbi yagiye amuhungisha nyuma yo kwica impirimbanyi yâuburenganzira bwa muntu, Floribert Chebeya nâumushoferi we FidĂšl Bazana. Chebeya na Bazana biciwe ku biro bikuru bya Polisi ya […]
Urubanza rwâabarimo umunyamakuru Nsengimana rwasubitswe
Iburanisha ku ifunga nâifungurwa ryâabantu 6 barimo umunyamakuru Nsengimana ThĂ©oneste wa Umubavu TV nâabayoboke bâishyaka DALFA Umurinzi ritaremerwa mu Rwanda ryasubitswe batarasomerwa ibyaha baregwa. Tariki ya 14 Ukwakira 2021 ni bwo urwego rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batandatu (6) barimo Nsengimana, bakurikiranweho gutangaza amakuru yâibihuha agamije guteza imvururu nâimidugararo muri rubanda. […]
Kenya: Abaganga 290 muri 300 bari baroherejwe gukorera mu Bwongereza, batsinzwe Icyongereza
Minisitiri wâUbuzima wa Kenya, Mutahi Kagwe yababajwe nâuko abashomeri 290 muri 300 bize ubuvuzi Leta yari yarashakiye amahirwe yo kujya gukorera mu Bwongereza, batsinzwe ikizamini cyâururimi rwâIcyongereza. Aba bashomeri baratoranyijwe ngo bakore ikizamini, abagitsinda bajye gukorera urwego rwâu Bwongereza rushinzwe ubuzima, hanyuma bazasubire muri Kenya bahabwe akazi. Bakoze ikizamini, gusa kuri uyu wa 27 Ukwakira, […]
Minisitiri WilmĂšs avuga ko amateka ashobora kwiyandikira âmu bujurire bwa Rusesabaginaâ
Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wâu Bubiligi, Sophie WilmĂšs yatangaje ko amateka ashobora kwiyandikira mu bujurire bwâumwenegihugu wabo akaba nâuwâu Rwanda, Paul Rusesabagina. Minisitiri WilmĂšs yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru kuri uyu 27 Ukwakira 2021 ubwo yari mu Rwanda, mu ruzinduko rwaranzwe nâibikorwa bitandukanye birimo kwitabira inama yâabaminisitiri bâibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze ubumwe, AU, nâuwâubumwe […]
Minisitiri Ndirakobuca yirukanye AIM Global mu Burundi
Minisitiri wâUmutekano wâImbere nâiterambere ryâabaturage, Gervais Ndirakobuca yirukanye umuryango witwa Alliance in Motion (AIM) Global mu Burundi awushinja gukora ibihabanye nâintego yayo. Itangazo Minisitiri Ndirakobuca yashyizeho umukono tariki ya 19 Ukwakira 2021, risobanura ko impamvu yâihagarikwa rya AIM Global ari uko ku ruhande rumwe ikora nka ASBL, ku rundi ruhande igakora nkâumuryango wâubucuruzi. Minisitiri Ndirakobuca […]
Perezida Kagame yeguje Umuyobozi Mukuru wa RFA
Perezida wa Repubulika yâu Rwanda kuri uyu wa 27 Ukwakira 2021 yeguje Mugabo Jean Pierre wari Umuyobozi Mukuru wâikigo cyâigihugu gishinzwe amashyamba, RFA. Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri wâIntebe, Dr Edouard Ngirente rivuga ko iyi mpinduka ihita ishyirwa mu bikorwa. Spridio Nshimiyimana ni we usimbuye Mugabo kuri iyi nshingano mu buryo bwâagateganyo.
Nyirarukundo Ignatienne yahinduriwe inshingano
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahinduriye inshingano abanyamabanga babiri muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, MINALOC. Aba ni Nyirarukundo Ignatienne wari umunyamabanga wa Leta muri MINALOC ashinzwe imibereho y’abaturage. Yagizwe umujyanama mukuru ushinzwe gahunda y’imibereho myiza y’abaturage mu biro bya Minisitiri w’Intebe. Undi ni Ingabire Assumpta wari umunyamabanga uhoraho muri MINALOC. Yasimbuye Nyirarukundo.
Kenya: Abavandimwe bishe murumuna wabo bamutwikishije peteroli
Polisi ya Kenya yataye muri yombi abavandimwe babiri nyuma yâaho batwitse murumuna wabo wâimyaka 14, bamukeka ko ashobora kuba yabareze ko bibye telefone. Nation dukesha aya makuru ivuga ko aba bavandimwe bakimara kumenya ko ubujura bwabo bwamenyekanye, bajyanye murumuna wabo mu nzu, bamusukaho peteroli hanyuma baramutwika. Uyu mwana wari wahiye cyane, kuri uyu wa 26 […]
Mutabazi wirukanwe muri Green Party ahakana ubugambanyi
Mutabazi Ferdinand uherutse kwirukanwa burundu mu ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) yari ahagarariye mu Ntara yâAmajyepfo, ahakana ubugambanyi. Tariki ya 24 Ukwakira 2021, ni bwo Komite Nyobozi Nshingwabikorwa y’iri shyaka yirukanye burundu Tuyishime Deogratious na Mutabazi, ngo âaho byagaragaye ko bafite imigambi mibisha kandi yâubugambanyi yo gusenya ishyaka, barisenyera mu ryo benda gushinga, […]
Ntabwo ingabo zâu Rwanda zagiye gusimbura iza SADC_Perezida Chakwera
Perezida wa Repubulika ya Malawi, Lazarus Chakwera yatangaje ko ingabo zâu Rwanda ziri mu butumwa bwâamahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique zitagiye gusimbura izâumuryango wâakarere ka Afurika yâamajyepfo, SADC. Perezida Chakwera unayoboye SADC yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa France 24, Marc Perelman cyerekeye politiki nâumutekano bya Afurika. Umunyamakuru yamubajije ku musanzu ingabo […]
Tanzania ntizongera guha ubwenegihugu impunzi zâAbarundi zitifuza gutaha
Leta ya Tanzania yatangaje ko itazongera guha ubwenegihugu impunzi zâAbarundi zitifuza gusubira mu gihugu cyazo, zivuga ko ikibazo cyâumutekano muke zahunze kikiriyo. Nkâuko VOA yabitangaje, umuyobozi ushinzwe impunzi muri Tanzania, Sudi Mwakibasi, avuga ko Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye mu ruzinduko rwâiminsi itatu aherutse kugirira mu gihugu cyabo, yavuze ko umutekano nâamahoro byagarutse, ku buryo […]
Perezida wa Nigeria yamuritse ifaranga ryâikoranabuhanga, u Rwanda ruracyabyigaho
Perezida wa Repubulika ya Nigeria, Muhammadu Buhari yamuritse ifaranga ryâikoranabuhanga (digital currency) rizajya rikoreshwa mu gihugu cye, e-Naira rikomora izina ku rifatika (physical currency) risanzweyo. Uyu muhango wabaye ku wa Mbere tariki ya 25 Ukwakira 2021. Perezida Buhari yatangaje ko yishimiye kuba igihugu cye cyarabaye icya mbere ku mugabane cyemeje ku mugaragaro ikoreshwa ryâiri faranga, […]
Kayonza: Abaturage ntibashaka umuyobozi bavuga ko yegukanye umwanya batamutoye
Abaturage batuye mu Mudugudu wa Kabuye, Akagari ka Rurambi, Umurenge wa Nyamirama, bavuga ko batunguwe no kumva ngo hari uwegukanye umwanya wâushinzwe umutekano witwa Nzavugankize Claude kandi bataramutoye mu bahagararira Isibo. Aba baturage babitangarije BTN TV dukesha iyi nkuru ubwo bakoraga igisa nâimyigaragambyo, bamagana ishyirwaho ryâuyu muyobozi bavuga ko ritakurikije amabwiriza agenga amatora. Umwe muri […]
Perezida Museveni yahinduye Komanda wa Military Police

Perezida wa Repubulika ya Uganda akaba nâUmugaba wâIngabo wâIkirenga, Yoweri Museveni kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021 yahinduye umuyobozi wâumutwe wâigisirikare ushinzwe imyitwarire uzwi nka Military Police. Uwahawe iyi nshingano nshya ni Maj. Gen. Don Nabasa wari umaze umwaka ayoboye ingabo za Uganda ziri mu butumwa bwâamahoro bwâumuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) muri Somalia, […]
Kayonza: Umugabo yishe mugenzi we amuziza Frw ibiceri bibiri
Umugabo witwa Ntimugura utuye mu Mudugudu wa Kamonyi, Akagari ka Gikaya, Umurenge wa Nyamirama muri Kayonza, aravugwaho kwica mugenzi we witwa Ahirushakiye Jean Pierre amuziza amafaranga yâu Rwanda 200. BTN TV dukesha iyi nkuru yatangaje ko iki cyaha cyakozwe mu ijoro ryo ku wa 23 rishyira uwa 24 Ukwakira 2021. Uwo mu muryango we yasobanutse […]
Ingabo zâu Burundi, iza Uganda nâiza Somalia zirukanye Al Shabaab mu birindiro bikuru

Ingabo zâu Burundi nâiza Uganda ziri mu butumwa bwâamahoro bwâumuryango wa Afurika yunze ubumwe muri Somalia, AMISOM, zifatanyije nâizâiki gihugu kwirukana abarwanyi bâumutwe wâiterabwoba wa Al Shabaab mu birindiro byabo bikuru mu karere ba Basra. AMISOM kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021 yatangaje ko izi ngabo zabigezeho nyuma ya operasiyo yo guhiga aba barwanyi yatangiye […]
General Odongo wo muri Uganda ari mu Rwanda
Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa Uganda, General Jeje Odongo ari mu Rwanda kuva ejo ku wa 25 Ukwakira 2021. Akigera mu Rwanda, General Odongo yakiriwe na Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga nâUbutwererane, Dr Vincent Biruta. Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, uyu munyapolitiki wabaye umusirikare yasobanuye ko yaje kwitabira inama yâabaminisitiri bâibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze ubumwe, AU […]
Mbere yo kugera mu Rwanda, Minisitiri Riester yabanje muri Uganda
Minisitiri wâu Bufaransa ushinzwe ubucuruzi mu mahanga no kubaka ubukungu, Franck Riester yabanje muri Uganda, mbere yo kugera mu Rwanda kuri uyu wa 26 Ukwakira 2021. Muri Uganda, Riester yakiriwe na Perezida wâiki gihugu, Yoweri Museveni, amugezaho ubutumwa yahawe na mugenzi we wâu Bufaransa, Emmanuel Macron. Perezida Museveni amaze kubitangariza ku rukuta rwa Twitter, agira […]
RIB yongeye guhamagaza Hakuzimana Rashid
Urwego rwâigihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, rwongeye guhamagaza Hakuzimana Abdou Rashid ukunze kumvikana mu biganiro bitavugwaho rumwe ku rubuga rwa YouTube. Ibaruwa ya RIB yashyizweho umukono nâumugenzacyaha Jules Mutabazi kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021 inakirwa na Hakuzimana uyu munsi, igira iti: ââŠutumiwe ku biro bikuru byâubugenzacyaha bikorera ku Kimihurura mu karere ka Gasabo ku itariki […]
Mali yirukanye uhagarariye ECOWAS
Guverinoma ya Mali yahaye uhagarariye umuryango wa Afurika yâUburengerazuba, Hamidou Boly amasaha 72 ngo abe yavuye mu gihugu cyayo. Itangazo iyi guverinoma yatambukije kuri televiziyo yâigihugu kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021, risobanura ko Hamidou Boly yirukanwe azira gukora ibitandukanye nâinshingano ye. Iri tangazo rigira riti: âGuverinoma ya Repubulika ya Mali yafashe icyemezo cyo kwemeza […]
Perezida wa Repubulika agira imbabazi ntemera_Ingabire Immaculée
Umuyobozi wâumuryango Transparency International-Rwanda urwanya ruswa nâakarengane, Ingabire Marie ImmaculĂ©e avuga ko Perezida wa Repubulika agira imbabazi atemera. Ingabire yabitangarije mu kiganiro Ishusho yâIcyumweru cyo kuri RBA cyatambutse kuri uyu wa 24 Ukwakira 2021, cyari cyerekeye ibyaha bya ruswa no kunyereza umutungo nâuburyo ababigiramo uruhare bakurikiranwa. Yavuze ko abakurikiranwaho iki cyaha mu Rwanda ari bake […]
Abandi ba Guverineri bo mu Rwanda barahura nâabo mu Burundi
Guverineri wâIntara yâIburasirazuba, CG Gasana Emmanuel nâuwâiyâAmajyepfo, Kayitesi Alice barahura na bagenzi babo bo mu Burundi, bagirane ibiganiro bigamije kuzahura umubano wâibihugu byombi. Iyi nama irabera ku mupaka wa Gasenyi-Nemba ahaherera mu Karere ka Bugesera, kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021. Ba Guverineri bo mu Burundi bitabira iyi nama ni uwâIntara ya Kirundo na Muyinga […]
Rulindo: Umugore wishinganishije ku buyobozi yishwe atwikishijwe lisansi
Mukagatare Clementine wari utuye mu Mudugudu wa Nyabyondo wâAkagari ka Rutonde kâUmurenge wa Shyorongi wâAkarere ka Rulindo, yishwe nâumuntu utaramenyekana wamusutseho lisansi, arangije aramutwika. Umuseke dukesha iyi nkuru watangaje ko Mukagatare wari ufite imyaka 45 yâamavuko yishwe tarikiya 20 Ukwakira 2021 ubwo yari hafi yâinzu ye. Amakuru yâibanze kuri Mukagatare avuga ko yari yarishinganishije ku […]
Sudani: Minisitiri wâIntebe nâabandi batanu bafunzwe nâabasirikare
Umutwe wâabasirikare bo muri Sudani bivugwa ko utazwi wataye muri yombi Minisitiri wâIntebe, ba Minisitiri bane nâumwe mu bagize akanama kayoboye igihugu. Televiziyo Al Hadath yo muri Sudani ivuga ko aba basirikare bagabye igitero ku rugo rwa Minisitiri wâIntebe, Abdallah Hamdok kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021, izâaba baminisitiri nâuyu muyobozi, zibafata bugwate. Itabwa muri […]
Abasirikare ba RDF muri RDC, aba FLN bashyikirijwe u Rwanda nâamavugurura mu burezi; inkuru nyamukuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 18 Ukwakira 2021 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru ziganjemo izirebana nâumutekano, ubutabera nâuburezi. Harimo: Abasirikare bâu Rwanda bisanze muri RDC Tariki ya 18 Ukwakira 2021, igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) cyatangaje ko mu gitondo cyâuwo munsi, abasirikare bâu Rwanda bakandagiye ku butaka bwabo mu gace ka Kibumba, habaho ukurasana […]
Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa Afurika yâEpfo araza mu Rwanda
Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga nâUbutwererane wa Afurika yâEpfo, Dr Naledi Pandor araza i Kigali mu Rwanda kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021. Ibiro bya Afurika yâEpfo bishinzwe ububanyi nâamahanga, DIRCO, bivuga ko Dr Pandor araba aje kwitabira inama ya kabiri ihuza abaminisitiri bâibihugu bigize umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) nâuwâubumwe bwâUburayi, EU. Iyi nama iraba […]
Umugabo yisabiye gufungwa, ngo aho kubana n’umugore we
Umunya-Albania wâimyaka 30 yâamavuko utuye mu Butaliyani yahunze umugore we, yishyira mu maboko yâurwego rushinzwe umutekano rwa Carabinieri kugira ngo rumufunge, ngo âaho kugira ngo bakomeze babane”. Uru rwego rwatangaje ko uyu mugabo yarugezeho kuri uyu wa 24 Ukwakira 2021, avuga ko atagishoboye kubana nâumugore we kuko urugo rwabo rumeze no mu kuzimu. Yagize ati: […]
Minisitiri Riester wo mu Bufaransa ategerejwe mu Rwanda
Minisitiri ushinzwe ubucuruzi mu mahanga no kubaka ubukungu wâu Bufaransa, Franck Riester ategerejwe mu Rwanda ku wa Kabiri tariki ya 26 Ukwakira 2021. Mu ruzinduko rwâumunsi umwe Minisitiri Riester azagirira mu Rwanda, azaba ari kumwe nâitsinda nâabahagarariye ibigo byâishoramari nâibyâubucuruzi. Mu Rwanda bazakirwa nâabaminisitiri barimo uwâUbucuruzi nâInganda, Habyarimana BĂ©ata nâitsinda ryâabahagarariye urwego rwâabikorera, baganire ku […]
Bruce Melodie yavuze ko atigeze agura imodoka ya Frw akabakaba miliyari
Umuhanzi Itahiwacu Bruce, Bruce Melodie, yanyomoje amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko yaguze imodoka ifite agaciro gakabakaba miliyari yâamafaranga yâu Rwanda. Muri Nzeri 2021 ni bwo byavuzwe ko uyu muhanzi yatumije/yaguze imodoka ya Brabus 700, imwe mu zo icyamamare mu mupira wâamaguru, Cristiano Ronaldo afite. Ni inkuru yasakaye nyuma yâigihe kijya kugera ku kwezi […]
Tuzatsinda ubu bugizi bwa nabi nkâuko twatsinze ubwâingurube_Museveni ku gitero cyagabwe i Kampala
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagaragaje ko yababajwe cyane nâabaraye bagabye igitero cyâiterabwoba muri Kampala, ahiga ko bazatsindwa nkâuko abo yise ingurube batsinzwe mu minsi ishize. Mu ijoro ryo kuri uyu wa 23 Ukwakira 2021 ni bwo muri Zone ya Kwata, Komamboga muri Diviziyo ya Kawempe haraye humvikanye iturika ryâigisasu cyatezwe nâabataramenyekana. […]
Nigeria: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 837, gereza isigaramo 70
Abitwaje intwaro bataramenyekana bagabye igitero kuri gereza yo muri Nigeria iherereye mu majyepfo yâuburengerazuba bwâigihugu, babohoramo 837 bataraburanishwa, hasigaramo 70 gusa. Umuvugizi wâurwego rushinzwe imfungwa nâabagororwa, Olanrewaju Anjorin yabwiye itangazamakuru ko abitwaje intwaro bagabye igitero kuri iyi gereza mu masaa tatu yâijoro ryo ku wa 22 Ukwakira 2021. Muri iryo joro, ngo aba bitwaje intwaro […]
Bruce Melodie yasubije abatemera amasezerano yasinye ya Frw miliyari
Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie yasubije abatemera inkuru yâuko yasinye amasezerano afite agaciro ka miliyari imwe yâamafaranga yâu Rwanda (Frw 1,000,000,000) nâikigo kigurishiriza ibiribwa kuri interineti cyitwa Food Bundles. Aya makuru yemejwe na nyirâiki kigo, Shikama Dioscore mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru muri Kanama 2021, ashimangira ko atari igihuha. Yagize ati: âNtabwo ari igihuha, […]
Perezida Kagame yizihije isabukuru yâamavuko nâinshuti nâumuryango

Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame yagaragaje ko yizihije isabukuru ye yâamavuko ari kumwe nâinshuti nâumuryango. Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2021, Perezida Kagame ni bwo yujuje imyaka 64 yâamavuko, yifurizwa umunsi mwiza na bamwe mu Banyarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga nka Twitter na bamwe mu bayobozi bakuru. Umukuru wâIgihugu mu rukerera rwâuyu wa 24 […]
Abanyamerika baba muri Kenya basabwe âkwirindaâ
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zasabye abenegihugu kutajya mu duce twa Kenya twegereye umupaka wayo na Somalia bitewe ahanini nâimpungenge zâibikorwa byâiterabwoba. Itangazo ryashyizwe hanze na Ambasade ya USA muri Kenya kuri uyu wa 21 Ukwakira 2021, ribuza kandi Abanyamerika kujya mu gace ka Turkana bitewe nâibyaha byinshi bikorerwamo, Eastleigh na Kibera bitewe nâimpungenge […]
Rubavu: Umusore yishwe arashwe nâabataramenyekana
Umusore wâimyaka 20 yâamavuko witwa Hitimana Shurudiya wari utuye mu Kagari ka Nyamirango, Umurenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, mu rukerera rwo kuri uyu wa 22 Ukwakira 2021 yishwe arashwe nâabantu bataramenyekana. Mukuru wa nyakwigendera witwa Hazarerimana Joseph yemeje inkuru yâurupfu rwa murumuna we. Mu kiganiro yagiranye na Umuryango, yagize ati: âUriya mwana nta […]
AMISOM yemeje ko abasirikare ba Uganda bishe abasivili baragezwa mu rukiko
Akanama kâingabo ziri mu butumwa bwâamahoro bwâUmuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Somalia (AMISOM) gashinzwe iperereza, kamaze kwemeza ko abasirikare ba Uganda baburimo bishe abasivili 7 tariki ya 10 Kanama 2021, kanemeza ko bagiye gukurikiranwa nâubutabera. Aba basirikare ba Uganda bishe aba banya-Somalia mu gace ka Golweyn ubwo bari bamaze kugwa mu mutego wâumutwe wâiterabwoba […]
Urukiko rwakatiye babiri bafatanywe na Kizito Mihigo
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye abagabo babiri bafatanywe na nyakwigendera umuhanzi Kizito Mihigo mu 2020 ubwo bari bagiye kumwambutsa mu buryo butemewe, ajya mu Burundi avuye mu Karere ka Nyaruguru. Aba ni Jean Bosco Nkundimana wabaye umukozi wo mu rugo wa Kizito Mihigo na Joel Ngayabahiga, bashinjwaga icyaha cyo kuba icyitso cyo kwambuka cyangwa kwambutsa […]
Perezida Ndayishimiye ageze i Dodoma muri Tanzania

Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Evariste Ndayishimiye hamwe nâumufasha we Angeline Ndayubaha bageze Dodoma muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania. Ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Dodoma, Perezida Ndayishimiye yakiriwe na Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wa Tanzania, Ambasaderi Liberata Mulamula mu kanya gashize. Bavuye ku kibuga cyâindege berekeza ku biro byâUmukuru wâIgihugu wa Tanzania biherereye Chamwino, aho […]
Umwamikazi Elizabeth II yaraye mu bitaro nyuma yo kugirwa inama yo kutajya muri Northern Ireland
Umwamikazi wâu Bwongereza, Elizabeth II yaraye mu bitaro nyuma yâaho abaganga be bari bamaze kumugira inama yo kutagirira uruzinduko muri Northern Ireland; kimwe mu bihugu biri mu bwami bwe. Tariki ya 20 Ukwakira 2021 ni bwo abaganga bagiriye Umwamikazi iyi nama yo kutagira uru ruzinduko, bamusaba kuruhuka. Itangazo ryaturutse mu ngoro ye, Buckingham Palace kuri […]
Imyitozo yâingabo zâibihugu bya EAC iri gutegurwa
Abahagarariye ingabo zâibihugu bigize umuryango wâakarere ka Afurika yâIburasirazuba (EAC) bamaze iminsi itatu mu nama iri kubera muri hoteli Source of Nile muri Jinja ya Uganda, bategura imyitozo izi ngabo zihuriraho izwi nka Ushirikiano Imara. Iyi myitozo iba igamije kwitegura kurwanya icyahungabanya amahoro nâumutekano wâibihugu bigize uyu muryango no kwitegura ibikorwa byâubutumwa bwâamahoro. Col. Raphael […]
Col. Mukalayi yatanze andi makuru ku rupfu rwa Chebeya n’umushoferi
Col. Daniel Mukalayi uri kurangiza igifungo cyâimyaka 15 yakatiwe nâurukiko muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yavuze ko umugambi wo kwica impirimbanyi yâuburenganzira bwâikiremwamuntu, Floribert Chebeya nâumushoferi we, FidĂšle Bazana wari umaze igihe utegurwa. Col. Mukalayi ubwo yagezwaga mu rukiko rwa gisirikare rwa Ndolo kuri uyu wa 20 Ukwakira 2021 nkâumutangabuhamya, yasobanuye ko uyu […]