Hamenyekanye igihe umurambo wa Ubald uzagerera mu Rwanda n’igihe azashyingurirwa

img-20210220-wa0010.jpg

Umurambo wa nyakwigendera Padiri Ubald Rugirangoga witabye Imana muri Mutarama uyu mwaka, uzagera i Kigali ku wa Gatandatu tariki ya 27 Gashyantare nk’uko byatangajwe na Diyosezi Gatolika ya Cyangugu. Ku itariki ya 8 Mutarama 2021, ni bwo Ubald yitabye Imana aguye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, azize uburwayi bw’ibihaha yasigiwe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19. […]

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Perezida wa FIFA uri mu Rwanda (Amafoto)

img_20210219_212516.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu yakiriye mu biro bye Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, uri mu Rwanda. Urubuga rwa Twitter rw’Umukuru w’Igihugu rwatangaje ko aba bayobozi bombi bahuye, gusa ntihatangajwe ibyo baganiriyeho. Ubutumwa buri kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru buvuga ko “Mu masaha ya kare y’uyu munsi, Perezida […]

Gen Musemakweli yakoreye igihugu mu bwitange bukomeye atizigama_Perezida Kagame

img_20210219_224412.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze imyato Lt Gen Jacques Musemakweli uheruka gutabaruka, agaragaza ko yakoreye u Rwanda mu bwitange bukomeye kandi atizigama. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Lt Gen Musemakweli wari Umugenzuzi Mukuru mu Ngabo z’u Rwanda, yashyinguwe mu Irimbi rya Gisirikare i Kanombe, ashimirwa ubwitange yagize mu gukorera igihugu. Ni nyuma yo […]

Karasira Clarisse yasezeranye n’umukunzi we Dejoie (Amafoto)

img_20210219_083617.jpg

Umuririmbyikazi Karasira Clarisse uri mu bakobwa bakunzwe mu muziki Nyarwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ifashabayo Sylvain Dejoie. Ni umuhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Rusororo ho mu karere ka Gasabo, ejo ku wa Kane. Ni nyuma y’uko tariki 08 Mutarama 2021, Ifashabayo yari yafashe icyemezo cyo kwambika impeta uyu muhanzikazi amusaba ko yamubera umugore […]

Tuyisenge Jacques wa APR FC yateye ivi (Amafoto)

fb_img_16136774684279200.jpg

Rutahizamu wa APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Jacques Tuyisenge, yateye ivi kuri uyu mugoroba asaba umukunzi we witwa Jordin ko yazamubera umugore undi arabyemera. Ni umuhango wabereye i Nyamata mu Bugesera aho Jacques atuye akanabana n’uriya mukobwa bivugwa ko akomoka muri Uganda. Ni nyuma y’igihe kirekire aba bombi bakundana. Amafoto yagiye hanze agaragaza Jacques […]

Gusesa Abagina ni ukwihakana igihugu kavukire_Bamporiki yibasira Rusesabagina

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yifatiriye ku gahanga Paul Rusesabagina uheruka gutangaza ko atari Umunyarwanda. Ku wa Gatatu tariki ya 17 Gashyantare, ni bwo Rusesabagina n’abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FLN ushamikiye ku mpuzamashyaka ya MRCD yari abereye umuyobozi, batangiye kuburanishwa mu mizi. Bose uko ari 21 bakurikiranweho ibyaha bifitanye isano […]

Gen Muhoozi yasabye imbabazi ku bw’urugomo igisirikare cyakoreye abanyamakuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen David Muhoozi, yasabye imbabazi nyuma y’urugomo abasirikare ba kiriya gihugu baheruka gukorera abanyamakuru. Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 17 Gashyantare, ni bwo abasirikare ba Uganda bakubise abanyamakuru b’ibitangazamakuru bitandukanye, bazira kuba bari bagiye ku kicaro cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu, aho Bobi Wine […]

RDC: Jacques Mugabo yatawe muri yombi nyuma y’imyaka 11 ahigishwa uruhindu

Nyuma y’imyaka 11 ahigishwa uruhindu kubera uruhare akekwaho mu rupfu rw’impirimbanyi Floribert Chebeya, Jacques Mugabo wahoze ari umupolisi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatawe muri yombi. Floribert Chebeya wahoze ari w’ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa muntu “La Voix des sans Voix”, yishwe ku itariki ya 01 Kamena 2010 ari kumwe n’uwari umushoferi we witwa Fidèle […]

Sheikh Habimana Hamdan akurikiranweho kwiba umunyamakuru wa B&B FM

Sheikh Habimana Hamdan usanzwe ari umuyobozi w’Ishyirahamwe Ijabo Ryawe Rwanda, ari mu maboko y’ubushinjacyaha akurikiranweho icyaha cy’ubujura. Ku wa Gatatu nibwo abanyamakuru b’igitangazamakuru cya Siporo B&B FM Umwezi batangaje ko bibwe n’umwe mu bantu babarizwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda. Ni inkuru bavuzeho mu gihe gishyira ku isaha imwe, bagaragaza ko batunguwe no kubona uyu […]

Rusesabagina yasize umugani nyuma yo kwihakana Ubunyarwanda ubugira gatanu

Paul Rusesabagina yahawe urw’amenyo n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kwihakana ko ari Umunyarwanda ubugira gatanu. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Gashyantare, ni bwo Rusesabagina n’abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FLN ushamikiye ku mpuzamashyaka ya MRCD yari abereye umuyobozi, batangiye kuburanishwa mu mizi. Bose uko ari 21 bakurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba, byakorewe mu […]

Uganda: Abanyamakuru bagizwe intere n’abasirikare bazira Bobi Wine (Amafoto)

img_20210217_134041.jpg

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda, bahondaguwe n’abasirikare (Military Police) bazira kujya gutara inkuru aho Bobi Wine yagiye. Amafoto yafashwe na bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda agaragaza bamwe mu banyamakuru bava amaraso, nyuma yo guhondagurwa n’abasirikare. Abakubiswe barimo Josephine Namakumbi wa Televiziyo ya NBS, Timothy Murungi na Henry Ssekanjako b’ikinyamakuru The New Vision […]

Mwene Habyarimana mu bantu mbarwa bitabiriye imyigaragambyo yamagana ifungwa rya Idamange

Umuhungu wa Habyarimana wahoze ayobora u Rwanda, Léon Habyarimana, ari mu bantu mbarwa bakoze imyigaragambyo bamagana ifungwa rya Idamange Iryamugwiza Yvonne. Uyu Idamange yatawe muri yombi ku mugoroba wo ku wa Mbere n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranweho ibyaha bitandukanye. RIB ivuga ko akurikiranweho ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda” no “kwigomeka ku buyobozi”. Ni nyuma y’uko […]

PSG yihimuye kuri FC Barcelona ijya kuyinyagirira ku kibuga cyayo

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa, yihimuriye kuri FC Barcelona iyinyagira ibitego 4-1 iyisanze ku kibuga cyayo cya Camp Nou. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league. FC Barcelona ni yo yafunguye amazamu mbere ku gitego cya penaliti ya Messi yo ku munota wa 27 w’umukino, nyuma y’ikosa […]

Bene Habyarimana batabarije Idamange, bahabwa urw’amenyo

img_20210216_174259.jpg

Umuryango wa Habyarimana Juvénal wasabye Umuryango Mpuzamahanga kuba maso ku kibazo cya Idamange Iryamugwiza Yvonne uheruka gutabwa muri yombi, uhabwa urw’amenyo. Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 15 Gashyantare ni bwo Idamange yatawe muri yombi, kubera ibyaha bitandukanye akurikiranweho. Uyu mugore yatawe muri yombi akurikiranweho ibyaha birimo guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda, nk’uko […]

Perezida wa PSG yiswe ‘Igisambo, umwana w’indaya’ azira Lionel Messi

Abafana ba FC Barcelona bakirije ibitutsi Perezida wa PSG, Nasser Al-Khelaifi, bamuhora Lionel Messi, mbere y’umukino ubanza wa UEFA Champions league wa 1/8 cy’irangiza ikipe yabo ihuriramo n’iriya kipe y’i Paris. Marca ivuga ko abafana ba Barcelona bateye Perezida wa PSG kuri Hoteli acumbitsemo bakamutuka, ndetse banajya guturikiriza ibishashi by’umuriro hanze ya Hoteli PSG icumbitsemo […]

APR FC yasezeye kuri Gen Musemakweli, Manzi Thierry avuga icyo azahora amwibukiraho

9g8a8752-1-768x527.jpg

Ku cyumweru tariki ya 14 Gashyantare, abakozi ba APR FC basezeye kuri Nyakwigendera Lt Gen Jacques Musemakweli wabaye umuyobozi w’iyi kipe witabye Imana tariki ya 12 Gashyantare 2021. Ni igikorwa cyabereye mu urugo iwe mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, cytabirwa n’umunyamabanga wa APR FC bwana Masabo Michel, abakinnyi 11, abatoza 4 ndetse […]

Bruce Melodie yahagaritse imikoranire na Manager bari bamaranye imyaka itanu

Umuhanzi Itahiwacu Bruce ukunzwe mu muziki Nyarwanda nka ‘Bruce Melodie’, yatangaje ko yamaze gutandukana na Kabanda Jean de Dieu wari umaze imyaka itanu ari umujyanama we mu muziki (Manager). Bruce Melodie yemeje Aya makuru mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye kuri uyu wa Kabiri, arinyuza ku mbuga nkoranyambaga ze. Uyu muririmbyi yavuze ko yahisemo gutandukana n’uwari […]

Hamenyekanye akayabo Perezida Kagame yageneye Amavubi nk’ishimwe

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu yakinnye imikino ya CHAN 2020, bahawe ishimwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubilika y’u Rwanda ringana na Frw 4,500,00 yiyongera Frw 4,900,000 z’agahimbazamusyi bari bahawe. Ni nyuma yo kugarukira muri 1/4 cy’irangiza aho basezerewe na Guinée Conakry ibatsinze igitego 1-0. Ubwo Amavubi yari ageze mu Rwanda, tariki ya 7 Gashyantare 2021 Perezida Kagame […]

Idamange yasabiwe gutabwa muri yombi nyuma yo kuvuga ko Perezida Kagame atakiriho

Umugore witwa Idamange Iyamugwiza Yvonne yasabiwe gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, nyuma y’amagambo aheruka gutangaza abika Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Abakoresha imbuga nkoranyambaga bamaze igihe binubira uyu mugore, kubera amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi amaze iminsi atangaza yifashishije urubuga rwa YouTube, mu gihe amakuru avuga ko ari mu bayirokotse wanagobotswe n’Ikigega kigenewe Gutera […]

Eric Nshimiyimana yashinje umuyaga n’umusifuzi gutuma AS Kigali inyagirwa na Sfaxien

Umutoza wa AS Kigali, Eric Nshimiyimana, yashinje umuyaga n’umusifuzi kuba inyuma yo kuba ikipe atoza yaranyagiwe na CS Sfaxien ibitego 4-1. Ku wa Gatandatu ushize ni bwo AS Kigali yanyagiwe na CS Sfaxien yo muri Tunisia ibitego 4-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup wabereye muri kiriya gihugu cyo mu majyaruguru […]

Zari yabajijwe niba atwite nyuma yo kugaragaza umugabo bari mu munyenga w’urukundo

Umunya-Ugandakazi, Zari Hassan, yagaragaje umugabo mushya bari mu munyenga w’urukundo nyuma y’imyaka itatu atandukanye na Diamond Platnumz. Zari yamamaye mu rukundo n’umuhanzi Diamond banabyarana abana babiri, nyuma y’uko uyu mugore yari amaze gupfakazwa n’urupfu rw’umunya-Uganda, Ivan Semwanga. Ku Cyumweru tariki ya 14 ubwo Isi yizihizaga umunsi wa Saint-Valentin wahariwe abakundana, Zari ni bwo yagaragaje uyu […]

Muri Kigali icyorezo cyagabanutse bikomeye, mu turere ho ni ibindi bindi_Busingye

Minisitiri w’Ubutabera, Johnson Busingye, yagaragaje ko ubwandu bwa COVID-19 mu gihugu hose bwatangiye kugabanuka cyane, yibutsa rubanda gukomeza kwimakaza amabwiriza yo kwirinda kiriya cyorezo mu rwego rwo kugitsinda burundu. Minisitiri Busingye yatanze ubu butumwa mu gihe imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza koko ko ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kugabanuka haba mu mujyi wa Kigali no mu […]

Ange Kagame yamaganye inkuru imushyira mu rukundo na Kizito Mihigo

img_20210214_230624.jpg

Umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ingabire Ange Kagame, yamaganye inkuru yatambutse mu kinyamakuru The Guardian ivuga ko yigeze kuvugwa mu rukundo na Nyakwigendera Kizito Mihigo. Iyi inkuru yanditswe n’Umwongerezakazi, Michela Wrong, itangazwa na The Guardian kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2021. Ni inkuru yatangajwe habura iminsi itatu ngo hizihizwe umwaka umwe ushize umuhanzi […]

Rubavu: Barashinja Gitifu kubarandurira ibigori, we akavuga ko byari ku bw’umutekano wabo

Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi ho mu karere ka Rubavu, barashinja ubuyobozi bw’uriya murenge kubaranduza ibigori bari barahinze ku ngufu, ku buryo bishobora kuzabateza inzara. Abavuganye n’iki gitangazamakuru bavuze ko mu mwaka ushize ubuyobozi bw’uriya murenge bwabakoresheje inama, bukabasaba ko abafite amasambu aherereye kuri metero 100 uvuye ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira […]

Mu Rwanda COVID-19 nta muntu yishe, abayikize ni 540

Nyuma y’igihe icyorezo cya COVID-19 kica abatari bake mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu iki cyorezo nta muntu kishe nk’uko bigaragara mu mibare ya Minisiteri y’Ubuzima. Imibare y’abandura iki cyorezo na yo yagabanutse kuko abacyanduye ari 67, mu gihe abagikize ari 540, gusa abarembejwe na cyo baracyari benshi kuko hakiri 14. Muri rusange COVID-19 mu […]

Uko Afurika yabereye Gerard Piqué na Shakira imbarutso y’urukundo rwabo

Myugariro Gerard Piqué ukinira FC Barcelona y’iwabo muri Espagne n’umunya-Colombiakazi Shakira Isabel Mebarak Ripoll uzwi mu muziki nka Shakira, ni bamwe mu byamamare bifite Couple zikomeye ku Isi. Aba bombi bamaze imyaka ikabakaba 10 babana nk’umugabo n’umugore, by’umwihariko bakaba bafitanye abana babiri b’abahungu, Milan w’imyaka irindwi na Sasha ufite itanu. Shakira w’imyaka 44 y’amavuko na […]

AS Kigali yanyagiriwe muri Tunisia na CS Sfaxien

Ikipe ya AS Kigali inyagiriwe muri Tunisia ibitego 4-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup wayihuzaga na Club Sportif Sfaxien. Ni umukino waberaga kuri Stade Taïeb Mhiri iherereye mu mujyi wa Sfax, mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’umurwa mukuru wa Tunisia, Tunis. Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye AS Kigali itsinzwe igitego 1-0. […]

Rusizi: Abitwaje intwaro bateye abaturage barasamo umwe

Abajura bitwaje intwaro bari bambaye imyenda ya gisirikare, bategeye abaturage mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, babambura amafaranga banasiga barashemo umwe. Byabaye mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu tariki 12 Gashyantare 2021. Abo bajura bitwaje intwaro bagiye mu Kagari ka Kabahinda mu Murenge wa Mururu batangira gukusanya abaturage babambura […]

Rusesabagina: Busingye yashinje inteko y’Uburayi kwivanga mu butabera bw’u Rwanda

Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnson, yavuze ko ibiheruka kubera mu nteko y’Ubumwe bw’u Burayi ari ukwivanga mu nzira y’ubutabera ikomeje mu Rwanda, nyamara u Rwanda ari igihugu gifite ubusugire bwacyo n’inkiko zigenga bigomba kurekwa bigakora akazi kabyo. Busingye usanzwe ari n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, yatangaje ibi nyuma y’uko ku wa Kane Inteko Ishinga amategeko […]

Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda yamaganye ‘ibinyoma’ by’iya EU kuri Rusesabagina

Inteko ishingamategeko y’u Rwanda, yamaganye icyemezo cy’inteko ishingamategeko y’Ubumwe bw’Uburayi, kijyanye na Paul Rusesabagina ivuga ko “cyuzuyemo ibinyoma no kwirengagiza nkana ukuri”. Mu nama yabaye ku wa Gatanu hifashishijwe ikoranabuhanga, abadepite b’u Rwanda bavuze ko ibyemejwe n’abadepite b’inteko y’u Burayi birimo “kwinjira mu budahangarwa bw’igihugu no mu nzego z’ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda no guhakana […]

RIB yataye muri yombi Padiri wahungaga akekwaho gusambanya umwana w’umuhungu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwaraye muri yombi umupadiri witwa Habimfura Jean Baptiste ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’imyaka 17 y’amavuko. Uyu mupadiri wo muri Paruwasi ya Ntarabana muri Diyosezi ya Kabgayi mu karere ka Nyamabuye, afungiye kuri Sitasiyo ya Nyamabuye nk’uko umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabitangarije ikigo cy’Igihugu cy’Itangazanakuru […]

Abarimo Rayon Sports bihanganishije APR FC yabuze Gen Musemakweli

Abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda, bihanganishije ikipe ya APR FC nyuma y’urupfu rwa Lt Gen Jacques Musemakweli wahoze ari umuyobozi wayo. Mu ijoro ryakeye ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko Gen Musemakweli wari umugenzuzi Mukuru w’ingabo z’u Rwanda yitabye Imana. Minisiteri y’Ingabo ku rubuga rwayo, yavuze ko Gen Musemakweli yazize “uburwayi karemano”. Abanyarwanda mu byiciro bitandukanye […]

Amb. Karega yasubije Martin Fayulu wavuze ko Perezida Kagame ari we uyoboye RDC

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega, yavuze ko u Rwanda “nta gihugu na kimwe ku Isi rucunga cyangwa rwakoronije”, asubiza umunya-Politiki Martin Fayulu urushinja gusa n’urukoroniza Congo Kinshasa. Amb. Karega yatangaje ariya magambo, asubiza umunya-Politiki Martin Fayulu watangaje ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari we uyoboye Repubulika Iharanira Demokarasi […]

Bayern Munich yatwaye Igikombe cy’Isi, Al Ahly itwara umwanya wa gatatu (Amafoto)

img_20210212_074059.jpg

Ikipe ya Bayern Munich yaraye yegukanye Igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs cyari kimaze iminsi kibera muri Qatar, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Tigre yo muri Mexique igitego 1-0. Iki gitego cyo ku munota wa 59 cya myugariro w’Umufaransa, Benjamin Pavard, cyari gihagije ngo Bayern Munich y’umutoza Hans Flick itware igikombe cya gatandatu mu mwaka umwe […]

Gisoro: Abasore babiri bakatiwe gufungwa imyaka 100 kuri buri umwe

Abasore babiri bo mu karere ka Kisoro/Gisoro ho muri Uganda, bakatiwe imyaka 100 y’igifungo kuri buri umwe nyuma yo guhamywa ibyaha birimo icyo kwica umupolisi n’urukiko rwa gisirikare rwa Makenke i Mbarara. Aba basore bashinjwaga ibyaha bitatu birimo ubwicanyi, ubujura bwitwaje intwaro n’ubushimusi bombi bemeye. Abahawe kiriya gifungo barimo Paul Dusingizimana uzwi nka ‘Never Give […]

Sugira Ernest yavuze ku nkumi yifuje ko yayitera inda

Rutahizamu wa Rayon Sports n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ Sugira Erneste, yavuze ko atahaye agaciro ibyatangajwe n’umukobwa wamusabye ko yamutera inda nyuma yo guhesha Abanyarwanda ibyishimo muri CHAN. Ku itariki ya 26 Mutarama ni bwo Sugira yafashije Amavubi kugera muri 1/4 cy’irangiza cya CHAN yaberaga mu gihugu cya Caméroun, nyuma yo gufasha Amavubi gutsinda Togo ibitego 3-2. […]

Ishuri ry’i Gatsibo riheruka kubamo imyigaragambyo ryafunzwe na MINEDUC

img_20210211_085735.jpg

Minisiteri y’Uburezi kuri uyu wa Gatatu, yafunze ishuri Gakoni Adventist School riherereye i Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, nyuma y’iminsi ibiri rivuzwemo imyigaragambyo y’abanyeshuri. Kuva ku Cyumweru tariki ya 07 Gashyantare 2021 ni bwo hamenyekanye inkuru y’uko abanyeshuri 16 b’ishuri Gakoni Adventist College bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Kiramuruzi, bazira guteza imyigaragambyo. Ni […]

Neymar yavunitse habura iminsi 6 ngo ahure na FC Barcelona yahozemo

Ikipe ya PSG ifite ubwoba bw’uko Neymar Jr ashobora kutagaragara mu mukino ifitanye na FC Barcelona mu cyumweru gitaha, nyuma yo gusohoka mu kibuga yavunitse mu ijoro ryakeye. Ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha ni bwo PSG izasura FC Barcelona i Camp Nou, mu mukino ubanza wa 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league. Ni wo mukino […]

Ykee Benda yandikiye Museveni amusaba gushyira Uganda muri Guma mu Rugo y’iminsi 3

Umuririmbyi Wycliffe Tugume ukunzwe mu muziki wa Uganda nka Ykee Benda, yandikiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni amusaba gushyira Uganda yose muri gahunda ya Guma mu Rugo. Ibaruwa Ykee Benda yandikiye Museveni yayanditse mu izina ry’Ishyirahamwe ‘Stingy men association of Uganda abereye umuyobozi. Guma mu Rugo uyu muhanzi yasabye yifuje ko yashyirwaho hagati y’itariki ya 12 […]

Shaddyboo na Bruce Melodie mu bamaganye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abarimo Umuhanzi Itahiwacu Bruce ‘Bruce Melodie’ na Mbabazi Shadia uzwi ku mbuga Nkoranyambaga nka Shaddyboo, bahuje imbaraga n’Abanyarwanda batari bake mu kwamagana abakomeje gukwirakwiza ubutumwa bupfobya n’ubuhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Kuva iki cyumweru cyatangira ku rubuga rwa Twitter hari kunyuzwa ubutumwa buri mu ntero igira iti: “Twiyamye Abapfobya”, bwamagana abakomeje gukoresha imiyoboro itandukanye y’itumanaho bakwirakwiza […]

Tanzania: Abajenerali batanu bishwe na COVID-19 mu gihe kitageze ku byumweru bibiri

Abasirikare batanu bo mu gisirikare cya Tanzania bo ku rwego rwa ba Brigadier General, bamaze gupfa mu gihe kitageze ku byumweru bibiri bazize icyorezo cya COVID-19, Guverinoma ya kiriya gihugu yo ikavuga ko bazize indwara z’ubuhumekero. Amakuru avuga ko aba basirikare uko ari batanu bapfuye mu gihe cy’iminsi 13, leta ikavuga ko bazize ‘umusonga’. Abapfuye […]

Aboutrika wagizwe icyihebe yarebye Al Ahly nyuma y’imyaka ine yarirukanwe mu Misiri (Amafoto)

img_20210209_140325.jpg

Umunya-Misiri, Mohamed Aboutrika, yongeye kureba Al Ahly yubakiyemo amateka ikina, nyuma y’imyaka ine yarahunze igihugu cye kubera gushyirwa ku rutonde rw’ibyihebe. Nta mukunzi w’umupira w’amaguru muri Afurika utaramenye Aboutrika, kubera ibigwi bikomeye yubatse mu mupira w’amaguru wa Afurika. Uyu mugabo w’imyaka 42 y’amavuko wamaze gusezera umupira w’amaguru, azwi cyane mu kipe ya Al Ahly yatwaranye […]

Abarimo Jimmy Gatete bagaragaje ibyanozwa ngo ruhago Nyarwanda itere imbere

img_20210209_111041.jpg

Abakinnyi bibumbiye mu Ishyirahamwe ry’abahoze bakinira ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ (FAPA), bandikiye Minisiteri ya Siporo mu Rwanda na FERWAFA bagaragaza ibikwiye kunozwa kugira ngo umupira w’amaguru mu Rwanda ukomeze gutera imbere. Biri mu bikubiye mu baruwa ndende bandikiye ziriya nzego. Iyi baruwa yanditswe mu izina ry’abakinnyi 18 bahoze bakinira Amavubi, barimo Murangwa Eugène, Eric Nshimiyimana, Kayiranga […]

Al Ahly yashimwe na benshi nyuma yo gutsindwa na Bayern Munich

Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, yaraye itsinzwe na Bayern Munich ibitego 2-0, gusa ishimwa n’abatari bake kubera umukino yagaragaje imbere y’iriya kipe y’igihangange yo mu Budage. Hari mu mukino wa 1/2 cy’igikombe cy’Isi cy’ama Clubs kiri kubera muri Qatar wabaye mu ijoro ryakeye. Ibitego bibiri by’umunya-Pologne, Robert Lewandowski, byari bihagije ngo […]

Abanyarwanda barenga 550,000 bazakena bikabije muri 2021_Banki y’Isi

Banki y’Isi yagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwasubiye inyuma kubera icyorezo cya COVID-19, ndetse ko iki cyorezo gishobora kubuhungabanya imyaka myinshi. Iyi Banki ku wa Mbere yatangaje ko ingaruka kiriya cyorezo cyagize ku bukungu, zateje ibibazo ku ngo nyinshi ku buryo ababarirwa mu bihumbi baguye mu bushomeri, amafaranga binjizaga aragabanuka ndetse n’ibiciro by’ibiribwa biriyongera ku […]

Igihembo cya MVP natwaye cyakabaye icyawe_Rahimi abwira Sylla wababaje Amavubi

Umunya-Maroc, Soufiane Rahimi yicishije bugufi cyane, agaragaza ko igihembo cy’umukinnyi mwiza waranze irushanwa rya CHAN 2020 yatwaye cyakabaye cyarahawe umunya-Guinéé-Conakry, Morlaye Sylla. Ejo ku Cyumweru ni bwo ikipe y’igihugu ya Maroc, Les Lions de l’Atlas, yegukanye igikombe cy’irushanwa rya CHAN ryari rimaze ibyumweru bitatu ribera muri Caméroun, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Mali […]

Nyaruguru: Batandatu bakekwaho gukubita umugabo bikamuviramo urupfu, barekuwe by’agateganyo

Ku wa 4 Gashyantare 2021, Urukiko rw’Ibanze wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru rwarekuye by’agateganyo abantu batandatu bakekwaho icyaha cyo gukubita Nsanzumuhire Innocent, bitaga “Gasongo”, bikamuviramo urupfu. Ni nyuma y’aho iperereza ryakozwe ryabuze ibimenyetso bihagije byatuma aba bose bakomeza kuburana bafunzwe. Icyemezo cy’urukiko kiragira giti: “Nta byagezweho bihagije mu iperereza byavamo impamvu ituma Murekezi Damascene, […]

Tanzania: Igitego Kagere yatsinze Azam cyatumye yigarurira shampiyona burundu (Amafoto)

img_20210208_165432.jpg

Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere, ayoboye urutonde rw’abamaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona ya Tanzania nyuma yo gufasha Simba SC akinira kunganya na Azam FC. Simba na Azam ku Cyumweru zanganyije ibitego 2-2, mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona ya Tanzania. Meddie Kagere ni we wafunguriye Simba amazamu ku munota wa 32 ku […]

Karius! Alisson Becker yahawe urw’amenyo nyuma yo gutuma Liverpool itsindwa na Man City

Abafana ba Liverpool bahaye urw’amenyo umuzamu wabo Alisson Becker, nyuma yo gukora amakosa abiri yatumye ikipe yabo inyagirwa na Manchester City ibitego 4-1. Liverpool yari yakiriye Manchester City ku kibuga Anfield Road, mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona y’Abongereza. Umunya-Brésil Alisson Becker yakoze amakosa abiri muri uyu mukino yatumye Liverpool itsindwa ibitego bibiri byihuse, […]

Kabale: Umuyobozi w’ishuri yapfuye ashaka gukubita umuhungu we

Justus Ariho Twinomujuni wari Umuyobozi Wungirije wa Koleji y’Ubucuruzi ya Uganda iherereye i Kabale, yapfuye agerageza gukubita umuhungu we. Abo mu muryango w’uyu muyobozi bavuze ko yapfuye yirukanka ku muhungu we wari wiganye imfunguzo z’ibyumba hafi ya byose by’urugo, bikarangira aguye. Amakuru avuga ko Ariho yakubise umutwe ku ibuye, yakwihutishirizwa ku bitaro by’ahitwa mu Rugarama […]

Perezida Kagame yakomoje kuri direde za Kalisa Rashid, yihanangiriza Amavubi ku marozi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakomoje kuri Kalisa Rashid uheruka kogosha umusatsi wa direde (dreadlocks) yari afite, ashimangira ko kuvanaho imisatsi nk’iriya ari imwe mu nzira ziganisha kuri disipulini. Umukuru w’igihugu yabigarutseho ejo ku Cyumweru, mu kiganiro yagiranye n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ikubutse muri Caméroun, aho yari yitabiriye irushanwa rya CHAN. Ni irushanwa ryasojwe mu ijoro […]

CHAN: Perezida Kagame yemereye Amavubi ishimwe, ashimangira ko yibwe

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemereye Amavubi ishimwe kubera uko yitwaye muri CHAN iheruka kubera mu gihugu cya Caméroun, ashimangira ko iyi kipe yibiwe mu mukino yatsinzwemo na Guinée Conakry. Umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri iki Cyumweru, mu kiganiro yagiranye n’abakinnyi b’Amavubi cyabereye kuri Hoteli La Palisse Nyamata. Ni nyuma yo gukubuka mu gihugu cya Caméroun […]

Perezida Ndayishimiye yijeje ubufasha abarimo Dr Monique Nsanzabaganwa

Perezida w’u Burundi, Gen Evariste Ndayishimiye, yashimiye abarimo Umunyarwandakazi Monique Nsanzabaganwa bahawe inshingano nshya mu buyobozi bw’Umuryango wa Afuruka yunze ubumwe, abizeza ubufasha. Ku wa Gatandatu tariki ya 06 Gashyantare ni bwo hateranye inama ya 34 y’uyu muryango (isozwa kuri iki cyumweru), isiga unabonye abayobozi bashya. Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine […]

Abagabo bane bishwe na COVID-19 i Kigali, mu Rwanda abarenga 400 barayikira

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 06 Gashyantare 2021, abagabo bane bo mu mujyi wa Kigali bishwe n’icyorezo cya COVID-19, bituma abamaze guhitanwa n’iki cyorezo mu gihugu bagera kuri 217. Abitabye Imana ni abagabo barimo uw’imyaka 06.02.2021 Amakuru Mashya | Update Twihanganishije imiryango y’abagabo bane b’imyaka 79, 61, 56 na 51. […]

Ishimwe rya Monique Nsanzabaganwa watorewe kuba Umuyobozi Wungirije wa Komisiyo ya AU

Umunyarwandakazi Dr. Monique Nsanzabaganwa, yatorewe kuba Umuyobozi Wungirije wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe. Madamu Nsanzabaganwa yatorewe izi nshingano mu nama ya 34 y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe. Inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, bijyanye n’uko umugabane wa Afurika cyo kimwe n’Isi muri rusange bugarijwe n’icyorezo cya COVID-19. Madamu Nsanzabaganwa yatowe ku bwiganze bw’amajwi 42 kuri […]

Uwari umushoferi wa Transparency International Rwanda yishwe

Karemera Abraham wari umushoferi wa Transparency International Rwanda , umuryango urwanya ruswa n’akarengane, yishwe ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 5 Gashyantare avuye ku kazi. Bwiza yamenye amakuru ko uyu mushoferi, ashobora kuba yishwe n’abantu b’inshuti ze zarwanaga ashaka kuzikiza. Izi nshuti ze zikaba zari zanyoye inzoga nkuko byavuzwe n’uwari uhari wavuze ko umwe […]

Abakinnyi b’Amavubi biyogoshesheje bitegura umuhuro na Perezida Kagame

Abakinnyi b’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ikubutse mu gihugu cya Caméroun aho yari yitabiriye imikino ya CHAN, bamaze kwiyogoshesha bitegura guhura na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Amashusho yagiye hanze agaragaza abarimo Eric Rutanga wa Police FC bamaze kwiyogoshesha, mu gihe Kalisa Rashid ukina hagati mu kibuga mu kipe ya AS Kigali na we yakurwagaho umusatsi w’amadirede […]