Madamu Jeannette Kagame yitabiriye amasengesho ya ‘Young Leaders Prayer Breakfast’

Kuri iki Cyumweru, itariki 26 Nzeri 2026, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye amasengesho yagenewe urubyiruko ruri mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfast’ yabareye muri Kigali Serena Hotel. Ni amasengesho yateguwe n’Umuryango Rwanda Leaders Fellowship, yibanda ku kubaka umuryango uhamye. Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Rwanda Leaders Fellowship, Moses Ndahiro, agaruka ku mpamvu yo gutegura […]

Uvira: Abasirikare 18 ba FARDC bakatiwe urwo gupfa kubera kugaragaza ubugwari ku rugamba

Urukiko rwa gisirikare rwa Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cyo kwicwa abasirikare 18 bo muri Batayo Simba ya FARDC bari bakurikiranweho kugira ubugwari ku rugamba. Mu kubasabira ibihano, ubushinjacyaha bwari bwasabye ko aba basirikare bahabwa igihano cy’urupfu bose uko bakabaye, bashinjwa kwerekana ubugwari ku rugamba. Mu […]

Perezida Kagame yakiriye abavuga rikijyana muri Atlético Madrid na Aston Villa

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 5 Nzeri 2026, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Ahmed Sadek Elsewedy, Umuyobozi Mukuru wa Elsewedy Electric, n’umugore we Anita Dravec; Miguel Ángel Gil MarĂ­n, Umuyobozi Mukuru akaba n’umunyamigabane mukuru wa AtlĂ©tico Madrid. Perezida Kagame kandi yakiriye Francesco Calvo, ushinzwe ibikorwa by’ubucuruzi muri AstonVilla; ndetse na Olivier Granet, Umuyobozi Mukuru […]

Uganda: George Kamurasi ni we ugiye gusimbura Umwami Oyo Nyimba wa Tooro 

Komite ishinzwe gushyiraho uzasimbura umwami mu Bwami bwa Tooro yatoranyije George Desmond Kamurasi nk’uzasimbura Umwami Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV (uherutse gupfa afite imyaka 34 y’amavuko adasize umwana), nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru Andrew Mwenda, umuntu wegereye bya hafi umuryango w’ibwami. Mwenda yavuze ko iyo komite igizwe n’abantu 21 yateraniye muri Fort Motel mu Mujyi wa […]

U Burundi bwasabye ibihugu byo mu karere kubaha abaturage babwo

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 5 Nzeri 2026, i Bujumbura, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, kwihuza kw’akarere n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Burundi, Edouard Bizimana, yagiranye inama n’abahagarariye ibihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu Burundi, aho ibiganiro byabo byibanze cyane ku makuru avuga ku ihohoterwa rikorerwa abaturage b’u Burundi, by’umwihariko muri Kenya no mu bindi […]

Guinea: Perezida Mamadi Doumbouya yafatiye ingamba zikarishye abagize guverinoma

Perezida wa Guinea yafashe ingamba zikomeye kurushaho mu buyobozi bwe, aho ku wa Kane, itariki ya 3 Nzeri 2026, Mamadi Doumbouya yashyizeho ibisabwa bitanu ku baminisitiri be, avuga ko ari ibintu bidashobora kuganirwaho cyangwa ngo bihindurwe. Mu nama y’Abaminisitiri yo ku wa Kane, imyanzuro yayo yatangajwe ku wa Gatanu, Umukuru w’Igihugu cya Guinea yasabye guverinoma […]

Tanzaniya: Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira Umusozi wa Kilimanjaro

Inkongi y’umuriro yadutse ku Musozi wa Kilimanjaro hafi y’umupaka wa Tanzaniya na Kenya, bituma habaho igikorwa cyo kuzimya inkongi mu buryo bwihutirwa. Nta muntu wakomeretse wagaragaye, kandi ibikorwa byo kuzamuka imisozi birakomeje nk’uko bisanzwe. Abayobozi bahise batangira iperereza ku cyateye iki kibazo mu gihe amatsinda abishinzwe yari arimo gukora ibishoboka byose kugira ngo bahagarike inkongi […]

Luanda: Ingabo za Angola 1500 zoherejwe muri RDC kurinda Katanga zateje impaka mu butegetsi 

Kohereza Ingabo za Angola muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) byateje amacakubiri mu bayobozi i Luanda, aho bivugwa ko itangazwa ryerekeye kohereza izo ngabo ryateje impaka zikomeye mu nzego z’ubutegetsi bwa Angola, nk’aho mu nteko ishinga amategeko basanga iki gikorwa kitubahirije amategeko. Nk’uko amakuru aturuka mu butegetsi bwa Luanda akomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, […]

Perezida Kagame yanenze ibigo by’imari muri Afurika biheza urubyiruko mu kugera ku gishoro

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje intenge zikiri muri sisitemu z’imari ku mugabane wa Afurika, aho usanga zikomeza guha igishoro abasanzwe bafite amafaranga, ugasanga urubyiruko rufite ibitekerezo rukomeje kugorwa no kubona igishoro. Ibi Perezida Kagame yabitangaje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane ushize muri Kigali Convention Centre, aho yifanyije n’abitabiriye  inama nyafurika ku kwihaza […]

Kalehe: Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 n’ihuriro rya FARDC na Wazalendo

Imirwano ikaze yakoreshejwemo intwaro ziremereye yahuje kuva saa saba z’amanywa kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 3 Nzeri 2026, abarwanyi ba AFC/M23 n’ihuriro rya Wazalendo na FARDC ahitwa Chinono muri Kivu y’Amajyepfo. Iyo mirwano nk’uko tubikesha urubuga rwa Kivu Morning Post, yabereye mu gace ka Chinono gahuza uduce twa Ziralo na Mubuku muri Sheferi […]

RDC: Lt. Gen. Yav Philemon yasabiwe gufungwa burundu

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 3 Nzeri 2026, ubushinjacyaha muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwasabye ko Gen. PhilĂ©mon Yav yakatirwa igifungo cya burundu. Ari kuburanishirizwa imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ku byaha byo “kugambanira igihugu no kugira uruhare mu mutwe w’abagizi ba nabi bagamije guhirika ubutegetsi.” “Turasaba Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kwemeza ko […]

Liùge: Ikigo cy’ikoranabuhanga rya gisirikare gifitanye isano na Israel cyatwitswe

Ubuyobozi bwatangaje ko isosiyete y’ikoranabuhanga rya gisirikare yo mu Bubiligi ifitanye isano na Israel yibasiwe mu gitero cyo kuyitwika mu mujyi wa Liege, mu gihe Minisitiri w’Ingabo, Theo Francken, abatavuga rumwe na guverinoma kubigiramo uruhare. Inkongi y’umuriro yadutse ahagana saa cyenda n’iminota mirongo ine za mu gitondo ku isaha yo mu Bubiligi (0140GMT) kuwa Mbere […]

Ukraine: Inzego 2 zikomeye z’umutekano zarasanye bamwe barakomereka

Amashami abiri akomeye  ashinzwe umutekano wa Ukraine mu gitondo cyo kuri yu wa Gatatu ushize, itariki 2 Nzeri 2026 yakozanyijeho, bamwe barakomereka, ubwo bari mu iperereza ku mugabo utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burusiya witwa Stepan Kaplunov. Urwego rushinzwe Umutekano wa Leta muri Ukraine (SBU) rwavuze ko rwari rurimo gukora iperereza ku mugambi w’igitero cy’iterabwoba w’u […]

Umupolisi w’Umurundi yagaragaye mu mpuzankano y’Igisirikare cy’u Burusiya

Igihugu cy’u Burundi cyaba cyaratangiye kohereza bamwe mu bagize inzego z’umutekano zabwo mu ntambara yo muri Ukraine mu rwego rwo gushaka ubunararibonye nk’uko amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga abigaragaza. Amafoto y’umupolisi w’Umurundi witwa Hassan Nimubona bakunze kwita Mohamed Love, ni amwe mu yahererekanyijwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho amugaragaza yambaye impuzankano y’Igisirikare cy’u Burusiya iriho […]

Burundi: Urusaku rw’amasasu rwakangaranyije abaturanye n’ingoro ya pererezida

Kurasana kwabaye hagati y’abasirikare babiri bashinzwe umutekano w’ingoro ya perezida iherereye i Bubanza, mu ntara ya Bujumbura mu burengerazuba bw’u Burundi, mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, kwakomerekeyemo umuntu umwe. Urusaku rw’amasasu rwumvikanye ahagana saa sita z’ijoro rwatumye habaho ubwoba mu mujyi kandi impamvu y’icyo gikorwa ntirasobanuka neza. Nk’uko amakuru aturuka […]

Uber yahagaritse ibikorwa byayo muri Nigeria na Uganda

Ikigo cya Uber gitanga serivisi zo gutwara abantu nka “taxi voiture” cyatangaje ko cyafunze ibikorwa byacyo muri Nigeria, igihugu gituwe cyane muri Afurika, no mu gihugu cya Uganda cyo muri Afurika y’Iburasirazuba, kandi bihita bitangira kubahirizwa ako kanya. Iyi kompanyi ikomeye ku Isi mu gutwara abantu yavuze ko yafashe “umwanzuro utoroshye” nyuma yo gusuzuma neza […]

CĂŽte d’Ivoire n’u Bufaransa mu bihugu bishinjwa kuba inyuma y’imyivumbagatanyo y’ingabo iherutse muri Niger

Nyuma y’imyivumbagatanyo iherutse kuba ku itariki ya 28 na 29 Kanama mu gihugu cya Niger, ubuyobozi bwa gisirikare bwatangaje kuri televiziyo ya leta ku wa Gatatu, itariki ya 2 Nzeri, ubuhamya bwa captain ushinja CĂŽte d’Ivoire, BĂ©nin, u Bufaransa, Tchad, ECOWAS, n’abegereye uwahoze ari perezida, Mohamed Bazoum, gushyigikira iki gikorwa cyo guhungabanya umutekano. Hagati aho, […]

U Rwanda na Botswana byiyemeje gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo za Botswana (BDF) zongeye gushimangira ubushake bwo kurushaho guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bya gisirikare, hibandwa by’umwihariko ku mahugurwa ya gisirikare no guteza imbere ubumenyi n’ubunyamwuga bw’abasirikare. Ibi byashimangiwe uyu munsi, ku Cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura, aho Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Jenerali MK MUBARAKH, yakiriye […]

FARDC irigamba kongera kwigarurira ibice byinshi muri Fizi na Uvira

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zatangaje ko zageye imbere cyane mu misozi ya Fizi na Uvira nyuma y’imirwano itandukanye n’abarwanyi ba AFC / M23 na Twirwaneho ndetse na Red-Tabara, muri iyi minsi bakomeje kwegeka kuri aba barwanyi mu rwego rwo kumvikanisha impamvu u Burundi buri muri iyi ntambara y’Abanyekongo. Amakuru yashyizwe ahagaragara […]

Madagascar: Uwari perezida wa sena yakatiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

Uwahoze ari Perezida wa Sena wa Madagascar, Richard Ravalomanana, ku wa Kabiri, itariki ya 1 Nzeri yakatiwe imyaka icumi y’imirimo y’agahato n’urukiko rwa Antananarivo. Ubutabera bwa Madagascar bwasanze uyu mugabo wahoze ari umuntu w’ingenzi mu butegetsi bwa Andry Rajoelina ari we wagize uruhare mu gukoresha ingufu z’umurengera mu guhosha imyigaragambyo yo muri Nzeri n’Ukwakira 2025 […]

Israel: Tshisekedi yagiranye ibiganiro na Netanyahu byibanze ku mutekano

Ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi i Yerusalemu, muri Israel, Perezida wa Repubulika, FĂ©lix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yagiranye inama zo ku rwego rwo hejuru, kuwa Kabiri itariki ya 1 Nzeri 2026, na Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu na Perezida Isaac Herzog. Ibi biganiro byibanze ku mutekano no gushimangira umubano wa dipolomasi n’ubufatanye hagati ya Repubulika ya Demokarasi […]

Burundi: Igipolisi kerekanye uwo kita Umunyarwanda wafatiwe mu mutwe wa RED-Tabara

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 1 Nzeri 2026, i Bujumbura, Polisi y’u Burundi yeretse itangazamakuru uwitwa Bonheur DieudonnĂ©, ivuga ko ari Umunyarwanda wafatiwe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo azira kuba mu mutwe wa Red-Tabara. Abayobozi b’u Burundi ngo babona ibi nk’ikindi gihamya gishyigikira ibirego byabo bivuga ko u Rwanda rushyigikiye […]

Centrafrica: Brig. Gen. Joseph Mokwena wa MINUSCA yasuye Ingabo za RDF zigize RWA BG VIII

Umuyobozi w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu Butumwa bwo Kubungabunga Amahoro muri Centrafrica (MINUSCA) zikorera mu Gace k’Amajyaruguru y’Uburasirazuba bw’icyo gihugu, Brigadier General Joseph Douglas Mokwena, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubwo butumwa, zibarizwa mu Mutwe wa Battle Group VIII (RWA BG VIII), mu kigo cyazo kiri i Bria. Uwo muyobozi w’ako gace yakiriwe n’Umuyobozi […]

USA: FBI yemeje ko Perezida Bola Tinubu wa Nigeria yakozweho iperereza

Itangazo ryatanzwe mbere yo kurahira na FBI mu rukiko rwa leta ya Amerika ryongeye kwemeza ko Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu yakozweho iperereza ku byaha rifitanye isano n’ikigo gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri Amerika (DEA) mu ntangiriro z’i 1990. Ibi byatangajwe ku itariki ya 28 Kanama mu Rukiko rw’Akarere rwa Amerika rw’Akarere ka Columbia, mu […]

USA: Urukiko rwahamije icyaha cy’ubwicanyi Duane Davis washinjwaga kwica Tupac

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Duane Davis, uzwi ku izina rya “Keefe D” akaba n’uwahoze ari umwe mu bagize itsinda rya South Side Compton Crips, itsinda ry’abagizi ba nabi bo muri Los Angeles, yahamijwe icyaha kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 31 Kanama, cyo kwica umuraperi w’umunyamerika Tupac Shakur mu 1996. Nyuma y’imyaka […]

Minembwe: Kinshasa ikomeje kurunda abacanshuro, ingabo n’ibikoresho yitegura urugamba simusiga kuri Point Zero

Ihuriro ry’ingabo ziyobowe n’igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) rikomeje ryihutishije imyiteguro y’igitero gikomeye mu nkengero za Minembwe, ryohereza abandi bacancuro ndetse ryongerera imbaraga ibirindiro bitandukanye mu gihe rishaka kwigarurira agace ka Point Zero kari mu maboko y’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Kinshasa, nk’uko amakuru aturuka ku bantu bazi neza ibyo bikorwa byo kohereza […]

France: Edouard Balladur wabaye minisitiri w’intebe wa nyuma wa Mitterand yapfuye

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa, Édouard Balladur, yapfiriye i Paris kuri uyu wa Mbere, itariki ya 31 Kanama, afite imyaka 97 y’amavuko nk’uko umuryango we wabitangarije AFP. Iyo soko y’amakuru yongeyeho ko “hazakorwa misa mu muhezo, mu muryango gusa,” ariko nta yandi makuru arambuye yatanzwe. Édouard Balladur yabaye Minisitiri w’Intebe wa nyuma wa […]

USA: Uwari umunyamabanga muri minisiteri y’ingabo yeguye

Uwari Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ushinzwe ingabo zirwanira ku butaka, Dan Driscoll yeguye ku mirimo ye nyuma y’amezi 18 yari amaze kuri uwo mwanya. Aya makuru yemejwe n’igitangazamakuru CBS, gikorana na BBC muri Amerika, cyatangaje ko kwegura kwaje nyuma y’amezi hari amakimbirane hagati ye na Minisitiri w’ingabo Pete Hegseth. […]

Perezida Felix Tshisekedi ari mu ruzinduko muri Israel

Ku butumire bwa mugenzi we, Perezida wa Israel, Isaac Herzog, Umukuru w’Igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Antoine FĂ©lix Tshisekedi, yageze i Tel-Aviv kuri uyu wa Mbere, itariki ya 31 Kanama 2026, mu ruzinduko rw’akazi. Muri uru ruzinduko, Umukuru w’Igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo azagirana ibiganiro i Yeruzalemu na Perezida Isaac Herzog […]

Perezida Trump yijeje Iran kuyikubita ahababaza

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yateye ubwoba Tehran nyuma y’ibitero bya Iran byo kwihimura ku “birindiro bya Amerika” muri Jordania, aho yavuze ati: “tugiye kubikubita bikomeye”. Mu nama yahuje ibihugu byombi iruhande rw’inama ya SCO hagati ya Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, na Perezida wa Iran washimangiye ko “Iran itigeze ishaka intambara” ariko Amerika […]

Sudani: Leta iremeza ko abarwanyi benshi ba RSF bakomeje kwiyunga ku ngabo z’igihugu

Itangazamakuru rya leta muri Sudani ryatangaje kuri iki Cyumweru gishize ko abarwanyi bagera kuri 200 bitandukanyije n’umutwe urwanya ubutegetsi wa Rapid Support Forces (RSF) binjira mu Gisirikare cya Sudani, aho basanga abandi bivugwa ko bamaze iminsi bitandukanya n’uyu mutwe. Iri tsinda, ryari rigizwe n’abayobozi bakomeye ku rugamba, ryakiriwe muri Omdurman, mu burengerazuba bw’umurwa mukuru, Khartoum, […]

Turkiya: Abasirikare 4 b’Abanyarwanda bahawe ipeti rya Sous-Lieutenant na Perezida Erdogan

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 30 Kanama 2026, i Ankara, Abanyarwanda bane (Byiringiro Arnauld, Cyizere Prince, Mbanzabugabo Daniel, na Mugabe Robert) basoje amasomo mu mu mashuri makuru, irya gisirikare n’iry’igisirikare cyo mu Kirere ya Kaminuza y’Igihugu ya Gisirikare muri Turkiya. Nk’uko tubikesha Ambasade y’u Rwanda, aba bahawe ipeti rya Sous-Lieutenant na Perezida wa Repubulika ya […]

RDC: Ibitero bya FARDC n’abafatanyabikorwa bikomeje kwisukiranya mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 31 Kanama 2026, ibitero by’Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa, FARDC, FDNB, FDLR, Wazalendo n’abacanshuro, byakomeje mu bice bitandukanye muri Kivu y’Amajyepfo, aho abaturage b’inzirakarengane ari bo bakomeje kubigenderamo. Nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga, Kuri uyu wa Mbere, itariki 31 Kanama 2026 habaye kwiyongera kw’ibitero by’izi ngabo […]

Ibihugu 10 bya mbere muri Afurika bifitiye imyenda myinshi IMF

Inguzanyo z’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) ni ingenzi cyane ku bihugu bifite ikibazo cyo kugabanuka kw’amafaranga y’amahanga cyangwa ibura ry’inguzanyo zo hanze, cyane cyane muri Afurika. Ideni ryinshi rya IMF rishobora kugaragaza intege nke mu bukungu, cyane cyane mu gihe cy’izamuka ku rugero ruto ry’ubukungu cyangwa igabanuka ry’agaciro k’ifaranga. Gukoresha inguzanyo nini za IMF bibangamira ingengo […]

Abanyeshuri 7,188 bakekwaho gukopera bagiye gusubiramo ibizamini bya leta

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abanyeshuri 7,188, iperereza ryasanze baragize uruhare mu bikorwa byo gukopera mu bizamini bya leta bisoza amashuri abanza bya 2025-26 bahawe amahirwe yo gusubiramo ibizamini nyuma yo gusanga ibyo bikorwa byo gukopera byarateguwe cyangwa bikagirwamo uruhare n’abantu bakuru. Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara ku Cyumweru, rivuga ko ibizamini bizasubirwamo kuva ku itariki […]

Amerika yasenye ibitwaro birasa misile bya Iran

Ingabo za Amerika zarashe ibitwaro bibiri birasa misile bya Iran ku kirwa cya Larak nyuma y’uko abategetsi bavuze ko Ingabo zishinzwe kurinda Impinduramatwara ya Kisilamu za Iran zagaragaye zitegura kurasa ibisasu bya roketi no gushyira ibisasu bya mine mu mazi mu Muhora wa Hormuz. Iki gitero cyo ku Cyumweru kije nyuma y’uko Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo […]

Polisi yihakanye umupolisi wagaragaye asubiza inyuma abakobwa batikwije kuri BK Arena

Polisi y’u Rwanda yitakanye umupolisi wagaragaye kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 29 Kanama 2026, ahaberaga igitaramo cya Diamond Platnums asubiza inyuma abakobwa bambaye imyenda migufi ngo bajye kwambara bikwize. Igipolisi cyasubizaga kuri iki Cyumweru, umuntu ukoresha X wabazaga niba polisi yaba yamenye ibyabereye kuri BK Arena bikozwe n’umupolisi. Polisi yasubije ko yamenye icyo kibazo […]

Gen. Gasita wavugirijwe induru muri Kivu y’Amajyepfo yatangiye imirimo ye mishya muri Katanga

Nyuma yo kurangiza ku mugaragaro igikorwa cyo guhererekanya ububasha n’uwo yasimbuye, Gen. Olivier Gasita, wavugirijwe induru ubwo yoherezwaga gukorera muri Kivu y’Amajyepfo yitwa Umunyarwanda, yakiriwe n’abayobozi b’Intara ya Katanga, aho agiye gukorera imirimo ye mishya, bayobowe na Martin Kazembe Shula, guverineri w’iyo ntara by’agateganyo. Ba Komanda bashya b’Akarere ka 2 Gisirikare batangiye imirimo yabo ku […]

Uruzinduko koko rwarabaye kandi ibiganiro birakomeje – Nduhungirehe ku bihugu 5 bishaka kohereza abimukira

Abahagarariye ibihugu byinshi by’i Burayi basuye u Rwanda muri iki cyumweru, nk’uko Guverinoma y’u Rwanda, ibinyujije kuri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yabitangarije AFP, aho bari baje mu biganiro birimo gukorwa kugira ngo rube ahantu hanyura abimukira birukanwe mu Burayi. Ikinyamakuru cy’Abadage cyitwa Der Spiegel cyari cyatangaje mu cyumweru gishize ko u Budage, Autrichia, Danemark, […]

RDC: Ihuriro C64 ryanze kuzitabira ibiganiro byateguwe na Tshisekedi

Umwuka mubi ukomeje kwiyongera mu rwego rwa politiki muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko Perezida FĂ©lix Tshisekedi yemeye ibiganiro hagati y’abanyagihugu byakomeje gusabwa cyane n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’amadini akomeye yo muri icyo gihugu kugira ngo hakemurwe ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba n’amakimbirane ya politiki akomeje mu gihugu. Ariko, nubwo yemera iyi nzira y’ibiganiro, perezida […]

Burundi: Hizihijwe Umunsi wahariwe Imbonerakure ku nshuro ya 10

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 29 Kanama 2026, urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD, riri ku butegetsi mu Burundi, rwizihije umunsi warugenewe (Imbonerakure Day) wizihizwaga ku nshuro ya cumi. Ibirori byo kwizihiza Umunsi wahariwe Imbonerakure, ku nshuro ya cumi, byabereye i Gitega, umurwa mukuru wa politiki w’u Burundi, ahari abayoboke b’ishyaka (Bagumyabanga) n’urubyiruko rw’Imbonerakure ibihumbi n’ibihumbi […]

Ba ofisiye muri RDF, RNP na RCS basoje imyitozo yari imaze amezi 5 i Gabiro

Ba Ofisiye bakuru, abato n’abandi bo mu nzego zitandukanye bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda (RNP) n’Urwego rushinzwe Igorora (RCS), barangije amahugurwa ya gisirikare yari amaze amezi atanu abera mu Kigo cy’Amahugurwa ya Gisirikare i Gabiro. Aya mahugurwa yahaye abayitabiriye ubumenyi n’ubushobozi bukenewe kugira ngo bashobore gukora kinyamwuga nk’abayobozi ba Kompanyi (Company), […]

Zimbabwe: Umukazana wa Perezida Mnangagwa akurikiranweho gucuruza ibiyobyabwenge

Kelsea Tafirenyika, umugore w’umuhungu wa Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa, yatawe muri yombi mu ntangiriro za Kanama ari mu rugo rwe i Greystone Park, agace k’abakire mu mujyi wa Harare, akurikiranweho gucuruza ibiyobyabwenge. Polisi yasanze uyu mugore w’imyaka 22 ari kubara amacupa mato (ampoules) arimo imiti ya pethidine na morphine. Hafi amacupa 200 yari yahishwe […]

Ukraine: Abantu 37 biciwe mu gitero ku bubiko bw’intwaro

Abantu 37 bapfuye naho abagera kuri 400 bakuwe mu byabo nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote z’u Burusiya cyagabwe ku bubiko bw’ibikoresho bya gisirikare bya Ukraine hafi y’aho batuye mu nkengero za Kyiv. Iki gitero cyatumye ibisasu, za mine na drones biturika mu masaha ya nimugoroba kuwa Gatanu, bitera iturika rihambaye ryangije imitungo yo hafi aho […]

Huye: Umusore w’imyaka 24 arakekwaho kwica umuntu

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umusore w’imyaka 24 ukekwaho kwica umuntu amuteye icyuma mu ijosi. Icyaha akurikiranweho cyakozwe mu ijoro ryo ku wa 13 Kanama 2026, mu Karere ka Huye, Umurenge wa Save, Akagari ka Gatoki, Umudugudu wa Kavumu. Mu ibazwa rye, nk’uko inkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ikomeza ivuga, uregwa yemeye icyaha akurikiranyweho. […]

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakatiwe igifungo cya burundu mu Buholandi

Kuri uyu wa Gatanu, urukiko rwo mu Buholandi rwakatiye igifungo cya burundu umugabo w’imyaka 67 kubera ibyaha by’intambara na Jenoside yakorewe Abatusi mu Rwanda mu 1994, aho urukiko rwavuze ko yagize uruhare mu kwica Abatutsi bagera ku 3,000 bari bahungiye mu kibuga cy’imikino mu cyahoze ari Komini Mbazi, mu majyepfo. Uregwa, Ntambara Eugene, yari yahungiye […]

Imirimo yo kubaka Urugomero rwa Nyabarongo II igeze kuri 75% – Amafoto

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG) kiratangaza ko imirimo yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo ya II irimbanyije ndetse igeze ku kigero cya 75%, hakaba hari amatsinda akora ku manywa na ninjoro hagamijwe ko imirimo yarangira mu mpera za 2027. Nirwuzura ruzatanga megawati 43.5 (43.5 MW), akaba ari rwo rugomero rwa mbere ruri mu bwoko […]

Kenya: Polisi yakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambya kubera izamuka ry’imisoro

Imyigaragambyo yadutse mu Gace k’Ubucuruzi (CBD) ka Nairobi kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 28 Kanama, ubwo abacuruzi bato binjiraga mu mihanda bamagana icyo bise “izamuka ry’imisoro ridafite ishingiro ryakozwe n’Ikigo cy’Imisoro cya Kenya (KRA)”, igipolisi kikaba cyakoresheje ibyuka biryani mu maso mu gutatanya abigaragambya. Aba bacuruzi batangiye imyigaragambyo yabo bava i Kamukunji mbere yo […]

Erdogan na Kagame bemeranyije gukomeza imikoranire mu bya gisirikare

Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdoğan, yagiranye ibiganiro kuri telefone na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, baganira ku bufatanye bw’ibihugu byombi no ku mihate yo guteza imbere amahoro arambye mu karere. Mu kiganiro na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, nk’uko bitangazwa n’urubuga dailysabah.com, Erdoğan yishimiye iterambere ry’ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, avuga ko Ankara na […]

Umwami Harald wa Norvege yatanze/yapfuye ku myaka 89

Umwami Harald wa Norvege, akaba ari na we mwami wari ukuze kurusha abandi bose bakiriho i Burayi, yapfuye afite imyaka 89 y’amavuko nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’ibwami kuri uyu wa Gatanu. Uyu mwami yari amaze igihe avurirwa indwara idasanzwe yo mu maraso yitwa “hemolytic anemia” mu Bitaro bya Kaminuza ya Oslo, aho yari amaze igihe kuva […]

CAR: RDF ikomeje gushimirwa ubunyamwuga buyiranga mu kubungabunga amahoro

Ingabo z’u Rwanda (RWANBATT-2) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA), kuwa Kane zambitswe imidali y’ishimwe ya Loni mu muhango wabereye mu kigo cya Gisirikare cya Bossembele. Iyo midali yambitswe abagize RWANBATT-2 mu rwego rwo kubashimira ubwitange, ubunyamwuga ndetse n’umusanzu wabo mu kwimakaza amahoro, umutekano n’ituze muri Repubulika ya Centrafrica (CAR). […]

Mbarara: Maj. Gen. Karusisi na Maj. Gen. Muhanguzi baganiriye ku mutekano w’u Rwanda na Uganda

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF), riyobowe na Maj Gen Ruki KARUSISI, uyobora Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda, ryitabiriye inama ya 8 y’abayobozi b’ingabo bashinzwe ibice byegereye umupaka, yabereye i Mbarara muri Uganda, kuri uyu wa 27 Kanama 2026. Ubwo bageraga aho inama yabereye, bakiriwe na Maj Gen Paul MUHANGUZI, uyobora Diviziyo ya 2 mu […]

Umwami Oyo wa Tooro yapfiriye muri Amerika ku myaka 34

Umwami wa Tooro, Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV, yapfiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko byatangajwe n’isoko yizewe yo mu muryango w’ibwami. Uyu mwami wari ufite imyaka 34 bivugwa ko yashizemwo umwuka kuri uyu wa Kane nyuma yo kujyanwa kwa muganga kubera indwara ya kanseri. Ikinyamakuru ChimpReports nticyashoboye kwemeza byimazeyo amakuru ajyanye n’urupfu […]

Nepal: Abasaga 300 bamaze kubarwa mu bishwe n’umwuzure

Abatabazi bakomeje gushakisha abarokotse nyuma y’umwuzure ukaze w’igihe gito (flash flood) wabereye ku mupaka wa Nepal na Tibet, wasenye inzu nyinshi, ukangiza imihanda ndetse ugatembana ibiraro byinshi. Abantu barenga 900 baburiwe irengero, mu gihe abantu nibura 359 bamaze gupfa muri Nepal. Abavandimwe babiri b”abakobwa baracyategereje amakuru y’ababyeyi babo, bavuye muri Leta ya Texas muri Amerika bakajya […]

RDC: Fayulu na Dr Mukwege bashinje Kinshasa gutera indi ntambwe igamije gucamo igihugu ibice

Umwe mu banyapolitiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, ndetse na Dr Denis Mukwege banenze icyemezo cya leta cyo guhagarika amashuri makuru na kaminuza zo mu bice bigenzurwa na AFC/M23, bavuga ko iyi ari intambwe igamije gucamo igihugu ibice basaba ko yakwisubiraho. Ibi umunyapolitiki Fayulu yabitangaje kuri uyu wa […]

Aba-hackers bashyize ku karubanda amakuru bwite y’abapolisi n’intasi 70,000 ba Maroc

Amakuru y’abapolisi n’abakozi b’inzego z’ubutasi ba Maroc bagera ku 70,000, yashyizwe ku karubanda n’Itsinda ry’abajura b’amakuru y’ibanga kuri internet rizwi nka Jabaroot, ryigaragaza nk’irishyigikiye Algeria. Iri tsinda ryavuze ko ari “impano” ku Burayi nyuma y’ikibazo cy’abimukira giherutse kugaragara mu Mujyi wa Ceuta, uhana imbibe na Maroc, aho rishinja abashinzwe umutekano kuba ari bo borohereje abimukira […]

Goma/Bukavu: AFC/M23 yasabye za kaminuza gukomeza imirimo yishingira imishahara

Ihuriro AFC/M23 ryanenze icyemezo cya Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyo guhagarika ibikorwa by’amashuri mu mashuri makuru na kaminuza zo mu mijyi ya Goma na Bukavu, isaba abakozi gukomeza akazi kabo uko bisanzwe yizeza ko izita ku mishahara yabo. Kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Kanama mu itangazo ryashyize ahagaragara, ihuriro AFC/M23 ryavuze […]

Gen. Muhoozi yiteze amajwi 90% mu matora ya perezida ya 2031

Gen. Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, yatangaje, abinyujije ku rubuga rwa X, ko afite gahunda yo kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora ya perezida yo mu 2031. Muhoozi umaze igihe kirekire n’ubundi afatwa nk’uzasimbura se umaze inyaka 40 ku butegetsi, amaze igihe kirekire ategura inzira yo kugera ku butegetsi,  […]